• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Editorial 27 Jan 2019 HIRYA NO HINO

Nyuma yo kubazwa inshuro ebyiri akanagaragara mu bakobwa batanu, Nimwiza Meghan ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2019, ugiye gusimbura Miss Iradukunda Liliane wari wambaye iri kamba.

Mu buryo busa n’ubutunguranye, Nimwiza Meghan yabanje kuboneka mu bakobwa batanu bitungura benshi, mu gihe hari abandi bahabwaga amahirwe batabonetse muri iki cyiciro cya nyuma.

Nimwiza Meghan ni we mukobwa w’umunyamahirwe ugiye guhembwa ibihumbi 800 by’amanyarwanda buri kwezi, ahembwe imodoka ya Suzuki Swift yambaye ibirango bya RAD197X anahabwe bindi bihembo bitandukanye birimo salon yo kumusokoza mu gihe kingana n’umwaka, ikinamba cy’imodoka mu gihe cy’umwaka, guhabwa amakanzu y’ibirori mu gihe cy’umwaka, guhagararira u Rwanda muri Miss w’isi, n’ibindi.

Abakobwa batanu bari bageze mu gace ka nyuma bajonjowemo Miss Rwanda ni Uwihirwe Yasipi Casmir, Gaju Anitha, Uwase Sangwa Odile, Ricca Michaella Kabahenda, na Ni mwiza Meghan wahise wambikwa iri kamba rya 2019.
Igisonga cya mbere cyahawe Miliyoni y’amanyarwanda ako kanya, naho igisonga cya kabiri gihabwa ibihumbi 500.

Igisonga cya kabiri cya miss Rwanda 2019 ni Uwase Sangwa Odile wasubirishijemo kenshi akanama nkemurampaka, ubwo yabazwaga ikibazo mu cyongereza, yahise ahabwa ibihumbi 500 by’amanyarwanda, naho Uwihirwe Yasipi Casmir aba igisonga cya mbere ahabwa miliyoni y’amanyarwanda.

Miss Rwanda Nimwiza Meghan yafashwe n’ikiniga cyinshi ubwo numero ye ya 32 yahamagarwaga ko ari we ubaye Miss Rwanda 2019, abanza kurira arangije yubura amaso ahobera abakobwa bari basigaye bahanganye.

Mu ijambo ritari rinini yavuze nyuma yo gutorwa, yagize ati “Ndashimira abanyarwanda banshyigikiye, ndashimira mwebwe mwese mwambaye hafi”
Abajijwe icyo yavuga ku bakobwa bari bahanganye yavuze ko abashimira kuba barabanye neza ati “Ndabakunda cyane kandi twabanye neza”

Yashimiye cyane ababyeyi be bamufashije, ashimira n’inshuti avuga ko zamubaye hafi mu rugendo rwa Miss Rwanda.

Umushinga wa Meghan ni ugufasha urubyiruko kwinjira mu buhinzi buteye imbere, abakiri bato bakihangira imirimo kandi n’u Rwanda rukagira abashoramari bakiri bato b’abahinzi.

Josiane Mwiseneza wavuzwe cyane yegukanye ikamba rya Miss Popularity

Josiane Mwiseneza wavuzwe cyane yegukanye ikamba rya Miss Popularity
JPEG - 102.5 kb
JPEG - 92.9 kb
Igisonga cya kabiri cya Miss Rwanda 2019
JPEG - 86.4 kb
Aba ni bo bakobwa batanu batowe mo Miss Rwanda 2019 n’ibisonga bye bibiri

Batanu bageze kuri Finali bamaze kwambara amakanzu yihariye

Batanu bageze kuri Finali bamaze kwambara amakanzu yihariye

Rusaro Carine, Mutesi Jolly, Rwabigwi Gilbert n'abandi nibo bari bagize akanama nkemurampaka

Rusaro Carine, Mutesi Jolly, Rwabigwi Gilbert n’abandi nibo bari bagize akanama nkemurampaka
JPEG - 70 kb
DJ Ira niwe washyuhije ibirori

2019-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Amagambo y’urukundo Perezida Zuma yandikiwe n’umugore we muto yibajijweho

Editorial 02 Mar 2017
Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Nigeria: Abantu 31 baguye mu gitero cy’ubwiyahuzi

Editorial 18 Jun 2018
Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Umunyamabanga Mukuru Wungirije wa Commonwealth yagendereye u Rwanda

Editorial 07 Aug 2018
Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Uwahoze ari Visi Meya wa Musanze yangiwe kuburana yidegembya nubwo umugore yamusabiye imbabazi

Editorial 12 Sep 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bujumbura  abafaransa bakomeje guhigwa bukware
Mu Mahanga

Bujumbura abafaransa bakomeje guhigwa bukware

Editorial 25 Jun 2018
Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya
INKURU NYAMUKURU

Abayobozi batatu barahiriye inshingano nshya

Editorial 10 Apr 2018
Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127
HIRYA NO HINO

Abantu 7 mu Rwanda bakize Coronavirus, abanduye bagera ku 134 bavuye ku 127

Editorial 15 Apr 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru