• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Ubwanditsi 27 Jan 2019 HIRYA NO HINO

Nyuma yo kubazwa inshuro ebyiri akanagaragara mu bakobwa batanu, Nimwiza Meghan ni we wambitswe ikamba rya Miss Rwanda 2019, ugiye gusimbura Miss Iradukunda Liliane wari wambaye iri kamba.

Mu buryo busa n’ubutunguranye, Nimwiza Meghan yabanje kuboneka mu bakobwa batanu bitungura benshi, mu gihe hari abandi bahabwaga amahirwe batabonetse muri iki cyiciro cya nyuma.

Nimwiza Meghan ni we mukobwa w’umunyamahirwe ugiye guhembwa ibihumbi 800 by’amanyarwanda buri kwezi, ahembwe imodoka ya Suzuki Swift yambaye ibirango bya RAD197X anahabwe bindi bihembo bitandukanye birimo salon yo kumusokoza mu gihe kingana n’umwaka, ikinamba cy’imodoka mu gihe cy’umwaka, guhabwa amakanzu y’ibirori mu gihe cy’umwaka, guhagararira u Rwanda muri Miss w’isi, n’ibindi.

Abakobwa batanu bari bageze mu gace ka nyuma bajonjowemo Miss Rwanda ni Uwihirwe Yasipi Casmir, Gaju Anitha, Uwase Sangwa Odile, Ricca Michaella Kabahenda, na Ni mwiza Meghan wahise wambikwa iri kamba rya 2019.
Igisonga cya mbere cyahawe Miliyoni y’amanyarwanda ako kanya, naho igisonga cya kabiri gihabwa ibihumbi 500.

Igisonga cya kabiri cya miss Rwanda 2019 ni Uwase Sangwa Odile wasubirishijemo kenshi akanama nkemurampaka, ubwo yabazwaga ikibazo mu cyongereza, yahise ahabwa ibihumbi 500 by’amanyarwanda, naho Uwihirwe Yasipi Casmir aba igisonga cya mbere ahabwa miliyoni y’amanyarwanda.

Miss Rwanda Nimwiza Meghan yafashwe n’ikiniga cyinshi ubwo numero ye ya 32 yahamagarwaga ko ari we ubaye Miss Rwanda 2019, abanza kurira arangije yubura amaso ahobera abakobwa bari basigaye bahanganye.

Mu ijambo ritari rinini yavuze nyuma yo gutorwa, yagize ati “Ndashimira abanyarwanda banshyigikiye, ndashimira mwebwe mwese mwambaye hafi”
Abajijwe icyo yavuga ku bakobwa bari bahanganye yavuze ko abashimira kuba barabanye neza ati “Ndabakunda cyane kandi twabanye neza”

Yashimiye cyane ababyeyi be bamufashije, ashimira n’inshuti avuga ko zamubaye hafi mu rugendo rwa Miss Rwanda.

Umushinga wa Meghan ni ugufasha urubyiruko kwinjira mu buhinzi buteye imbere, abakiri bato bakihangira imirimo kandi n’u Rwanda rukagira abashoramari bakiri bato b’abahinzi.

Josiane Mwiseneza wavuzwe cyane yegukanye ikamba rya Miss Popularity

Josiane Mwiseneza wavuzwe cyane yegukanye ikamba rya Miss Popularity
JPEG - 102.5 kb
JPEG - 92.9 kb
Igisonga cya kabiri cya Miss Rwanda 2019
JPEG - 86.4 kb
Aba ni bo bakobwa batanu batowe mo Miss Rwanda 2019 n’ibisonga bye bibiri

Batanu bageze kuri Finali bamaze kwambara amakanzu yihariye

Batanu bageze kuri Finali bamaze kwambara amakanzu yihariye

Rusaro Carine, Mutesi Jolly, Rwabigwi Gilbert n'abandi nibo bari bagize akanama nkemurampaka

Rusaro Carine, Mutesi Jolly, Rwabigwi Gilbert n’abandi nibo bari bagize akanama nkemurampaka
JPEG - 70 kb
DJ Ira niwe washyuhije ibirori

2019-01-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Liverpool yatsinze Tottenham, yegukana UEFA Champions League ku nshuro ya gatandatu (Amafoto)

Ubwanditsi 02 Jun 2019
Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5

Perezida Kagame mu bitabiriye ’Car free Day’ kuri iki cyumweru tariki ya 5/5

Ubwanditsi 05 May 2019
Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Bugesera: Ababyeyi barasabwa Kurushaho Kuganiriza Abana babo Ubuzima Bw’imyororokere hagamijwe Gukumira Inda zitateguwe

Ubwanditsi 30 Nov 2021
Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Burundi: Babiri bari bajyanywe mu kato bakekwaho COVID-19 bishwe batagejejweyo

Ubwanditsi 05 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke  na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.
ITOHOZA

RNC ishaje ya Gen. Kayumba Nyamwasa na Gervais Cyondo baratanguranwa abayoboke na New-RNC ya Rudasingwa nk’indaya zitanguranwa abagabo Kampala road.

Ubwanditsi 09 Aug 2016
Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi
Mu Rwanda

Imyaka itanu irashize icyamamare Jean Christophe Matata avuye kuri iyi isi

Ubwanditsi 06 Jan 2016
Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo
Mu Mahanga

Tito Rutaremara Yatangaje ko kwambara Bikini kubakobwa atabibonamo ikibazo

Ubwanditsi 24 Feb 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru