• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Ninde Diane Rutabana Akwiye Kuryoza Ibura Ry’umugabo We? RNC Na Kayumba CyangwaUganda Na Abel Kandiho?

Editorial 21 Oct 2019 ITOHOZA

Iminsi 41 irirenze Benjamin Rutabana (Ben Rutabana) komiseri muri RNC ushinzwe kongera ubushobozi (Capacity development) aburiwe irengero ubwo yari ari muruzinduko rw’akazi mu gihugu cya Uganda ubusanzwe gisanzwe gifitanye umubano w’akadasohoka n’uyu mutwe w’iterabwoba wa RNC.

Igitangaje ariko, nuko ubwo umugore we, Diane Rutabana yandikaga ibaruwa asaba ubuyobozi bwa RNC bwari bwamwohereje mukazi kumubwira aho umugabo we ari, bwaruciye bukarumira, ndetse na Condo Gervain wagerageje kuvuga akamutera utwatsi avuga ko batazi aho ari kandi ko nta n’akazi bari bamwoherejemo.

Nkuko byagiye bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye byo mukarere ku rugendo rwa Ben Rutabana, amakuru mashya  avuga ko ubwo Rutabana yageraga muri Uganda yakiriwe na Dr. Sam Ruvuma, umunyamuryango ukomeye muri RNC, n’abofisiye bo mu rwego rw’ubutasi rwa gisirikare muri Uganda, CMI. Gusa ku wa 8 Nzeri 2018, umuryango wa Rutabana uvuga ko utongeye kumenya irengero rye.

Nibyinshi umuntu wese yakwibaza ku ibura ry’uyu muyobozi muri RNC. Umugore we Diane Rutabana yemezako mbere yo guhaguruka I Burayi aza muri Uganda yamubwiye ko afitanye ikibazo na Frank Ntwali, uyu akaba ari muramu wa Kayumba Nyamwasa akaba ari na komiseri ushinzwe urubyiruko muri RNC, akaba mugihe Rutabana yazaga muri Uganda undi nawe yari ahari, amakuru yizewe akaba ahamya ko yari ahari kuva tariki ya 24 Kanama kugeza 10 Nzeri. Ibi ngo bikaba byari biteye impungenge Rutabana cyane cyane kumutekano we, nkuko yabibwiye umuryango we n’inshuti ze za bugufi mbere yo guhaguruka.

Kayumba Nyamwasa akomeje kwica amatwi.

Ibivugwa byose ku ibura ry’uyu muyobozi, bisa naho byatesheje umutwe abayobozi ba RNC n’abinzego z’ubutasi za Uganda kuko bigaruka k’uruhare rwabo mu ibura rye. Cyangwase ibaruwa ya Diane Rutabana ikaba idasobanura neza ukwiye kuryozwa ibura rya Ben Rutabana. Abanyarwanda baciye umugani ngo “Zitukwamo nkuru”, None kuki Kayumba Nyamwasa adafata umwanya ngo asobanurire Diane Rutabana n’umuryango we aho ari? Niba akiri no mukazi umuryango ukabimenya. Ikindi kandi Diane yifuza ko Kayumba asobanura, ni icyari cyazanye Frank Ntwali muri Uganda bigahurirana nuko na Ben agiyeyo kandi badacana uwaka, nkuko yasize abimubwiye.

Undi muntu ukwiye kubazwa iby’ibura rya Rutabana ni Uganda biciye munzego z’ubutasi zayo. Ntibyunvikana ukuntu Rutabana yageze Entebe akajya kwakirwa na bamwe mubagize inzego z’ubutasi za Gisirikare bakamujyana, none ubu bakaba baricecekeye kubijyanye n’ibura rye.

Amakuru yizewe ahamya ko Dr. Sam Ruvuma ariwe uzi neza aho  yaba ari kuko niwe wajyanye na CMI kumwakira ku kibuga cy’indege ndetse banatemberana ahantu henshi harimo  na Mbarara guhura na Bamwe mubayobozi ba RNC muri ako gace. Bityo rero Diane Rutabana akwiye gufata telephone agahamagara Dr. Sam Ruvuma akamubwira aho bamushyize.

Uyu Dr Ruvuma wakiriye Ben, asanzwe amenyereye Uganda ndetse akaba ari mubantu b’inararibonye mukwinjiza abayoboke n’abarwanyi muri RNC afatanyije na CMI, bityo rero yakabaye aba mubambere babazwa ibijyanye n’ibura rya Ben Rutabana.

Dr. Sam Ruvuma

Ibinyamakuru bitandukanye byasesenguye ko kimwe mu bintu Rutabana yaba ngo yarazize aruko yagiye yikoma Kayumba Nyamwasa kubera itonesha akoresha mubikorwa by’ishyaka aho Sande Mugisha na muramu we Frank Ntwali aribo bazaga imbere, mugihe Rutabana we yabonaga ari abana mu kazi.

Burya ngo “akajya gupfa ntikumva ihoni koko”, Rutabana ngo yaba yaraburiwe ko ashobora gufungwa aramutse agarutse Uganda akabihinyura, agakomeza kugendera ku cyizere cyo kuba yari amenyereye muri Uganda, kandi yafatwaga neza na Guverinoma y’icyo gihugu kimwe n’inzego z’umutekano zacyo, yibwira ko ibintu birakomeza kuba nk’ibisanzwe.

Nta gushidikanya  rero ko ubuyobozi bwa RNC burangajwe imbere na Jerome Nayigiziki ndestse na Kayumba Nyamwasa bazi neza aho Ben Rutabana aherereye, hashingiwe: kuburyo asanzwe aza Uganda, ubuhamya bw’umugore we bwemeza ko abayobi ba RNC bari bamutumye mukazi nubwo Gervain Condo akomeje kujijisha ariko akanivuguruza avuga ko atazi aho ari kandi nanone akemeza ko ngo bamubonye mukarere. Uburyo Yakiriwe kandi na bamwe mubagize  RNC barimo Sam Ruvuma n’abakozi ba CMI ku kibuga cy’indege n’i Mbarara, bigaragaza ko Uganda ubwayo izi aho ari.

2019-10-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Ubutegetsi bwa Trump bwatanze amabwiriza akarishye yo kwagura gahunda yo kwirukana abimukira

Editorial 22 Feb 2017
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017
Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Rose Mukankomeje ashobora kongera gutabwa muri yombi

Editorial 14 Sep 2016
Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Abari abayobozi ba ADEPR bitabye Urukiko Rukuru bajuririra gufungwa by’agateganyo

Editorial 01 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE
Mu Rwanda

UMUFARANSA UDASANZWE! INKURU IDASANZWE

Editorial 12 Jun 2018
Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?
Amakuru

Abo muri”opozisiyo” basobanura bate ko bafitiye Abanyarwanda imigambi mizima, kandi nabo ubwabo basubiranamo buri munsi?

Editorial 07 Oct 2021
M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana
Amakuru

M.I Entertainment yatandukanye n’itsinda rya Vestine na Dorcas bazwi mu ndirimbo zo guhimbaza Imana

Editorial 07 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru