• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amafoto – Pyramids FC isezereye APR FC muri CAF Champions League ku bgiteranyo cy’ibitego 6-1 mu mikino yombi   |   29 Sep 2023

  • Inama ya Perezida Tshisekedi na Charles Onana igamije gukwirakwiza amagambo abiba urwango mu karere   |   28 Sep 2023

  • Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB   |   28 Sep 2023

  • Kiyovu SC yavuye mu maboko ya Mvukiyehe Juvenal ijya muya Ndorimana F. Regis “General”   |   27 Sep 2023

  • Perezida Paul Kagame yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru abarimo CG Emmanuel K.Gasana   |   27 Sep 2023

  • APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League   |   26 Sep 2023

 
You are at :Home»IMIKINO»Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Nkongwa muri Sport y’u Rwanda : Nzamwita Degaulle yongeye gushyikirizwa Inkiko

Editorial 18 Feb 2017 IMIKINO

Perezida w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, Nzamwita Vincent De Gaule n’uwari umunyamabanga mukuru w’iri shyirahamwe Mulindahabi Olivier, bongeye kugezwa imbere y’ubutabera nyuma y’uko bari baburanye mu mpera z’umwaka ushize, uyu Perezida wa FERWAFA akagirwa umwere ariko ubushinjacyaha ntibunyurwe n’umwanzuro w’urukiko

Kuwa Gatanu tariki 24 Kamena 2016, nibwo urukiko rwa Nyarugunga rwari rwasomye urubanza rwaregwagamo abayobozi bakuru b’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, aho bashinjwaga ibyaha byo gutanga isoko bakoresheje ikimenyane n’icyenewabo. Iri soko ni irya hoteli ya FERWAFA y’inyenyeri enye, igomba kubakwa mu ngengo y’imari ya miliyari enye z’amafaranga y’u Rwanda (4.000.000.000).

Abayobozi ba FERWAFA baregwaga muri uru rubanza, ni umunyamabanga mukuru Mulindahabi Olivier waraburanaga afunze, na Perezida w’iri shyirahamwe, Nzamwita Vincent De Gaule waburanaga ari hanze, bombi bakaba bareganwaga na Eng. Muhirwa Adolphe nawe washinjwaga ubufatanyacyaha.

Mu kugaragaza ikimenyane cyagaragaye mu itangwa ry’isoko, urukiko rwagaragaje ko kompanyi yitwa XPATCO yaritsindiye ku biciro biri hejuru ya 4.100.000.000, mu gihe Horizon yimwe isoko ku biciro by’asaga 3.900.000.000

Nzamwita Vincent De Gaule washinjwaga kuba yarasinyiye ibintu birimo amakosa, urukiko rwari rwasanze ari umwere naho Mulindahabi Olivier yari yahamwe n’icyaha kimwe na Eng. Muhirwa Adolphe ushinjwa ubutanyacyaha, bahanishwa igifungo cy’amezi atandatu, ariko ubushinjacyaha ntibwishimiye uwo mwanzuro.

Nyuma y’uko ubushinjacyaha bujuriye, Nzamwita Vincent De Gaule na bagenzi be bongeye kugezwa imbere y’ubutabera kuri uyu wa Kane mu rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo mu mujyi wa Kigali, ariko urubanza rukaba ruzasubukurwa tariki 2 Werurwe 2017, ubushinjacyaha bugaragaza ibindi bimenyetso bushingiraho bugaragaza ko igihano cyatanzwe no kuba umwe yarabaye umwere bitari bikwiye.

Umuyobozi wa Ferwafa Nzamwita Degaulle

2017-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Hahamagawe abakinnyi 26 b’Amavubi bitegura gukina na Guinea mu mikino ibiri ya gicuti izabera i Kigali

Editorial 30 Dec 2021
APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

APR FC yasezerewe na Etoile du Sahel mu mikino ya CAF Champions League ikomereza muri CAF Confederations Cup

Editorial 23 Oct 2021
Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Tubane James yeruye avuga impamvu yatumye asohoka muri Rayon Sports

Editorial 26 Aug 2016
Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Juventus yarokokeye kuri za Penalite maze isanga Miran AC ku mukino wa nyuma Copa Italia

Editorial 03 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

Ni iki cyatuma Ahubwo Perezida w’Abanyarwanda atiyamamaza 2024?

20 Sep 2023
Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

Abapolisi 288 basoje imyitozo y’ibikorwa by’ibanze byihariye

15 Sep 2023
Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

Abashinwa Bahize kurandura burundu Ubushomeri mu Rwanda

10 Sep 2023
Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

Perezida Kagame yitabiriye Inama yiga ku mihindagurikire y’ibihe muri Afurika irimo kubera muri Kenya

05 Sep 2023
Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

Polisi yasimbuje Umuvugizi maze CP Kabera JB Ahabwa inshingano nshya

30 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

Kurya igi rimwe ku munsi ni umuti ukomeye ku buzima bwa muntu

24 Sep 2023
JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

JAMBO ASBL yimanike: Dore Perezida Kagame yavuze ko nta mugambi wo kohereza undi Ambasaderi mu Bubiligi nyuma yo kwanga kwakira Vincent Karega

20 Sep 2023
Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

Ubwiza bwa Pariki y’Igihugu ya Nyungwe yashyizwe mu murage w’Isi wa UNESCO

20 Sep 2023
Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo ruratangaza ko rugiye kwitumiriza Kabuga mu rubanza rw’imitungo aregwamo

29 Aug 2023
Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

26 Aug 2023
Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

Umubare w’Abashaka Kumenya Amateka y’Urugamba Bagasura ku Murindi w’intwari Ukomeje Gutumbagira

22 Aug 2023
Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

Haba hakiri Abanyarwanda bagihohotererwa muri Gereza za CMI muri Uganda, Fred yaguye muri Gereza yayo

22 Aug 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru