• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Police Volleyball yafunguye irerero ryayo muri Lycée de Kigali   |   26 Jun 2025

  • Victoire Ingabire: Yahisemo kuba Umugaragu w’abifuza gusubiza u Rwanda habi   |   25 Jun 2025

  • Tuyishime Placide uzwi nka Trump yakoze ihererekanyabubasha na Nsengiyumva Richard umusimbuye mu kuyobora Musanze FC   |   25 Jun 2025

  • Uko Opération Turquoise Yakamye Ikimasa Mu Rwanda   |   25 Jun 2025

  • Amerika na Israel batangaje ibikomeye ku ntambara na Iran: “Ni igihe cyo guhitamo amahoro cyangwa kurimbuka”   |   24 Jun 2025

  • Intambara ziri kubera ku Isi muri iki gihe: Ingaruka, Impamvu n’Impungenge Mpuzamahanga   |   24 Jun 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Nyarugenge: Abaturage basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda kurwanya ibiyobyabwenge

Editorial 26 Mar 2017 Mu Rwanda

Ku itariki ya 25 Werurwe, abaturage b’umurenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge basabwe gufatanya na Polisi y’u Rwanda ndetse n’izindi nzego kurwanya ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka mbi ku mibereho yabo n’iterambere ry’imiryango yabo. Ubu butumwa bwahawe abo mu kagari ka Rwampara n’imidugudu ituranye nako bagera ku bihumbi 3 nyuma y’igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi, aho by’umwihariko bagejejweho ubutumwa bwo gukumira ibiyobyabwenge.

Uyu muganda wahuriwemo n’inzego zitandukanye zirimo iz’ibanze, inzego z’umutekano, urubyiruko rw’abakorerabushake mu gukumira no kurwanya ibyaha, abagize itsinda ry’abahanzi batandukanye barimo ab’indirimbo, amakinamico, abashinzwe gususurutsa ibirori binyuranye, abanyamakuru, n’abandi; bose bakaba ari ba ambasaderi ba Polisi y’u Rwanda mu kurwanya no gukumira ibyaha.

Ubwo yagezaga ijambo rye ku bitabiriye uwo muganda, umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge Madamu Kayisime Nzaramba, yavuze ko bishoboka ko abakoresha ibiyobyabwenge n’ababicuruza babireka kuko nta nyungu bakuramo. Yagize ati:” ubuyobozi bw’igihugu cyacu bwashyizeho gahunda nziza kandi nyinshi zifasha abaturage kwiteza imbere mu buryo butandukanye. Nta mpamvu rero n’imwe yatuma abantu bishora mu biyobyabwenge kuko bibagiraho ingaruka nyinshi zirimo igifungo mu gihe bafatiwe mu byaha bitandukanye birimo gukubita no gukomeretsa, ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’ibindi”.

Umuyobozi w’akarere ka Nyarugenge yasabye ko ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge bwagera kuri buri muturage bityo bigafasha buri wese kujya atanga amakuru mu rwego rwo kubirwanya. By’umwihariko yasabye abagore kugira uruhare mu kubirwanya, agaya bamwe muri bo bagiye babifatirwamo mu bihe byashize muri aka karere asaba buri wese kutabyishoramo.

Umuyobozi w’ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe imikoranire myiza n’ubufatanye hagati ya Polisi y’u Rwanda , abaturage n’izindi nzego Assistant Commissioner of Police (ACP) Celestin Twahirwa, yagarutse ku bubi bw’ibiyobyabwenge cyane cyane urumogi agira ati:” umuntu ubinywa usanga yaracitse intege ndetse ugasanga bimugiraho ingaruka zo kwandura indwara zitandukanye zirimo icyorezo cya Sida”.

Yakomeje avuga kandi ko n’igihugu kibihomberamo kuko abishora mu biyobyabwenge iyo bafashwe bafungwa, bityo imiryango yabo ikahagirira ingorane ndetse n’igihugu kikabatakazaho byinshi birimo no kubatunga kandi badakora.

ACP Twahirwa yakomeje avuga ko mu gukemura icyo kibazo, Polisi y’u Rwanda yafashe ingamba zitandukanye zirimo gukomeza kongera ubukangurambaga mu nzego zose n’abaturage bugamije kwirinda ibiyobyabwenge, gushyiraho imirongo ya terefone zitishyurwa abaturage batangaho amakuru yo kubirwanya, gukoresha itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga hanyuzwamo ubutumwa bwo kurwanya ibiyobyabwenge n’ibindi.

-6171.jpg

Yasabye abakibikoresha kubireka kuko nk’uko yasoje abivuga, abazavunira ibiti mu matwi bakanga kureka ibiyobyabwenge Polisi izakomeza kubafata ndetse ikabashyikiriza ubutabera.

Umwe mu bahanzi wari witabiriye icyo gikorwa witwa Muyombo Thomas uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Tom Close yavuze ko nk’abahanzi basanze ibihangano byabo bigera ku baturage benshi. Yagize ati:” twifuza ko bakomeza kudushyigikira. Ariko ko mu gihe nta buzima buzira umuze bamwe mu bafana bacu bafite nta cyo byaba bimaze. Niyo mpamvu rero twiyemeje natwe gutanga umusanzu wo kwirinda ibiyobyabwenge no gufatanya na Polisi dusaba abaturage kutabyishoramo, ubutumwa bukanyura mu bihangano byacu”.

2017-03-26
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Editorial 19 Jan 2016
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Editorial 20 Jan 2022
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Editorial 24 Oct 2017
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Editorial 19 Jan 2016
Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Menya Uburyo Birindabagabo Jean Paul Yafatanyije N’abasirikare Ba FAR Muri Jenoside Yakorewe Abatutsi Muri Sake

Editorial 20 Jan 2022
Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Burera: Polisi yakanguriye abahatuye kwirinda gukoresha abana imirimo ivunanye

Editorial 24 Oct 2017
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe  mu Burundi

Akanama k’umutekano ka LONI kagiye kwirebera uko byifashe mu Burundi

Editorial 19 Jan 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru