• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Nyuma y’igihe atumvikana Joseph Sebarenzi yatangaje uko yakiriye inkuru y’iyicwa ry’umuryango we muri jenoside

Editorial 28 Sep 2018 HIRYA NO HINO

Nyuma y’igihe kirekire atumvikana mu itangazamakuru, Joseph Sebarenzi, wigeze kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko y’U Rwanda, kuri uyu wa Gatatu ushize, itariki 26 Nzeri yatanze ikiganiro muri Kaminuza ya Elon, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, agaruka ku mateka y’urugendo rwe ava mu busharirirwe agana ku kubabarira abamwiciye umuryango muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Muri Nyakanga 1994 nibwo Joseph Sebarenzi ngo yakiriye telephone y’umuvandimwe we yahise ihindura ubuzima bwe iteka. Ababyeyi be n’abavandimwe barindwi bari biciwe muri jenoside nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga, thetimesnews.com ikomeza ivuga.

Ni Jenoside yakorewe Abatutsi yatangiye muri Mata ihagarikwa muri Nyakanga, mu minsi itageze ku ijana inzirakarengane zisaga miliyoni zikaba zarishwe zizira icyo zari zo.

Joseph Sebarenzi wabaga Ontario mu gihugu cya Canada icyo gihe, ngo yashenguwe bikomeye no kumva ibyabaye bimutera umujinya ndetse uburakari butangira kumugiraho ingaruka.

Ati: “Iyo ushaririwe, mu kuri byangiza ubuzima bwawe,”

Sebarenzi yavuze ko yahoranaga umutwe udakira no kuribwa mu gifu ndetse ntabashe gusinzira buri munsi yibaza ati: “Kuki bishe umuryango wanjye?”

Sebarenzi yibukije imvugo ivuga ko iyo uheranwe n’umujinya ari nko kunywa uburozi kandi uba wifuza ko umwanzi wawe yapfa.

Ngo nyuma y’amezi yakiriye ayo makuru, Sebarenzi yafashe icyemezo cyo kugaruka mu Rwanda, asanga amazu yarasenywe, abarokotse bari ku mbago, naho ibihumbi by’abagize uruhare mu bwicanyi bifunze.

Yavuze ko iyo ashaka kwihorera byari kuba ariko yahisemo kubabarira.

Bwana Joseph Sebarenzi yavuze ko yaje gusura gereza nyinshi zuzuyemo abagize uruhare muri jenoside, akaza kubona n’uwahoze ari burugumesitiri wa komini akomokamo kandi ngo wari inshuti y’umuryango we. Uyu ngo akaba yari afunzwe ashinjwa kuba yarategetse guhiga uwitwa Umututsi wese akicwa muri ako karere.

Uyu mugabo ngo yari arwaye kandi ababaye.

Sebarenzi ati: “Ubwo twavuganaga, uburakari bwose, ubusharirirwe bwose nari narumvise mu mwaka wari ushize byaragiye ukuntu mu gihe andi marangamutima yazamukaga gahoro gahoro mugirira impuhwe kubera uko yari ameze,”

Ngo yasigiye uwo mugabo amafaranga yo kugura ibyo kurya arangije aragenda ava kuri gereza.

Sebarenzi yakomeje abaza niba ibyo yakoze akababarira hari icyo byamumariye, yisubiza avuga ko byamufashije nta gushidikanya. Ati: “Byaramfashije cyane mu buzima bwanjye. Ubuzima bwanjye bwarivuguruye bigaragara.”

Yakomeje avuga ko ubu asigaye aryama agasinzira nk’urutare, atakiribwa umutwe n’igifu bya hato na hato ndetse ngo byamuzamuyemo gukunda abana bakiri bato.

Sebarenzi yabaye Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko kuva mu 1997 kugeza mu 2000 nyuma gato ahunga igihugu.

Kuva ubwo yafashije benshi mu buzima bwabo bagiye bumva inkuru ze. Mu 2009 yanditse memoir yise “God Sleeps in Rwanda: A Journey of Transformation” ugenekereje mu Kinyarwanda wavuga “Imana irara I Rwanda: Urugendo rw’Impinduka”. Iki gitabo cye ariko abantu bahamya ko kirimo amakabyankuru ndetse n’amarangamutima ye.

2018-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Ibanga Satani Akoresha Ryagiye Ku Karubanda.”Deliverance”.

Editorial 21 Jun 2017
Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Umukobwa wa Perezida Museveni avuga ko yabonye Imana n’amaso ye bagirana ibiganiro

Editorial 10 Apr 2018
Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Besigye yanenze umunyamakuru wavuze ko pasiporo yahawe Mukankusi wo muri RNC ari impimbano

Editorial 21 Mar 2019
Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Uganda: Umwana w’amezi 8 ari mu barwayi 5 bashya banduye Covid-19

Editorial 26 Mar 2020

2 Ibitekerezo

  1. Ntareyekanwa
    September 29, 20183:09 pm -

    Pole sana Papa. Bwana yu nawe

    Subiza
  2. Peres
    October 9, 20188:20 am -

    Ko mutavuze se nuko yanditsemo uko yahunze??? Nibyo mwise amarangamutima Ye?

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani
UBUKERARUGENDO

RwandAir yemerewe gukoresha ibibuga by’indege byo mu Butaliyani

Editorial 20 Aug 2018
U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu
UBUKUNGU

U Bubiligi bwemereye u Rwanda inkunga ya miliyari zisaga 120 Frw mu myaka itanu

Editorial 30 Apr 2019
Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu
Amakuru

Ex FAR Ntwali John Williams ararashya imigeri nyuma yo Kubona Inkuru yanditswe na Rushyashya igaragaza ibikorwa bye bibisha bigambanira igihugu

Editorial 04 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru