• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Paris: Barasaba gusubukura iperereza ku ruhare rw’u Bufaransa mu byabereye mu Bisesero mu 1994 [ Video y’ubuhamya ]

Editorial 27 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Imiryango y’ingenzi mu yaharaniraga uburenganzira bwa muntu mu Bufaransa yasabye kongera gufungura iperereza ku cyo ingabo z’u Bufaransa zakoze ku bwicanyi bwo mu Bisesero mu burengerazuba bw’u Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Iyi miryango ari yo; FIDH (Fédération internationale des ligues des droits de l’homme), LDH (Ligue des droits de l’homme) na Survie, ishinja igisirikare cy’u Bufaransa kwirengagiza ubutabera muri ubwo bwicanyi bwabereye mu Bisesero kuva kuwa 27 Kamena kugeza kuwa 30 kamena 1994.

Iperereza ku myitwarire y’ingabo z’u Bufaransa aho hantu ryatangiye mu myaka 13 ishize, ariko nta kirego kiragezwa mu rukiko. Kuwa 27 Nyakanga, abacamanza b’iperereza bakaba bari banatangaje ko iperereza rishobora kuzarangira nta birego, maze muri Nzeri koko dosiye iteshwa agaciro havugwa ko habuze ibimenyetso.

Iyi nkuru dukesha France 24 ivuga ko mu kiganiro n’itangazamakuru I Paris kuri uyu wa Gatanu, itariki 26 Ukwakira, abahagarariye imiryango itatu twavuze batangaje ko guhagarika iyi dosiye byahutiweho, basaba ko hagaragazwa ukuri ku byabereye mu Bisesero.

Ubwicanyi bwo mu Bisesero bwahitanye abantu Magana bishwe n’abahoze ari ingabo z’u Rwanda [ Ex. FAR ] ndetse n’Interahamwe. Ni bumwe mu bwicanyi butera ipfunwe igisirikare cy’u Bufaransa cyari muri Operation Turquoise mu Rwanda mu gihe cya jenoside yaguyemo abasaga miliyoni bazira ubwoko bwabo.

Uyu muhamagaro wo kuri uyu wa gatanu uje ukurikira isohorwa rya video yashyizwe ahagaragara kuwa Kane n’urubuga Mediapart, yagaragaje amashusho y’umusirikare mukuru w’Umufaransa wagaragaye asa nk’utesha agaciro ibyaberaga mu Bisesero. Ni video bivugwa ko yafashwe kuwa 28 Kamena 1994 kandi iri mu bubiko bwa minisiteri y’ingabo y’u Bufaransa nk’uko iyi nkuru ivuga.

Muri iyo video hagaragara umusirikare w’Umufaransa agera k’umukuriye amuzaniye amakuru y’ibyo yari yabonye mu butumwa bwo kuneka.

Iyo video ndetse n’amajwi yumvikanisha uwo musirikare abwira umukuriye ko atibuka izina ry’igiturage, ariko ko umwuka  wari aho wagaragazaga ko nta kabuza haza kuba ubwicanyi bukomeye aho yavugaga ko abantu bari guhiga Abatutsi ku dusozi…amazu arimo gutwikwa.

Mu kumusubiza umukuriye ngo ntacyo yavuze usibye; “Uhm, uhm”

Ubwo yabazwaga kuri iyi video mu gihe cy’iperereza, Col Jacques Rosier ugaragaramo yabwiye abacamanza ko ayirebye n’ukuntu yiyizi yumva atabyumva ndetse ko bishoboka cyane ko atumvaga ibyo yamubwiraga  uwo musirikare yari akuriye.

Iyi miryango iharanira uburenganzira bwa muntu yo ishimangira ko u Bufaransa ku bushake bwananiwe gukumira ubwicanyi bwo mu Bisesero, mu gihe igisirikare cyo kivuga ko kitigeze kimenya iby’ubwo bwicanyi kugeza ku itariki ya 30 kamena nyuma y’iminsi 2 video ivugwa ifashwe.

Nyuma y’imyaka isaga 20 bibaye, nta musirikare mukuru n’umwe w’u Bufaransa wakozweho iperereza rya nyaryo ku myitwarire ari na ryo mu mategeko y’u Bufaransa rishobora kugeza ku gushinjwa icyaha mu butabera. [ VIDEO ]


2018-10-27
Editorial

IZINDI NKURU

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda barabaza Perezida Museveni inyungu afite mu gushotora Rwanda

Editorial 16 Jun 2020
DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

DRC: Inyeshyamba za RUD-URUNANA zageze mu birindiro byazo ari impehe, zibara inkuru mbi y’ibyo zaboneye mu Rwanda

Editorial 09 Oct 2019
Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Editorial 25 Mar 2019
Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Suéde yabaye indiri y’abarwanya leta y’uRwanda 

Editorial 21 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka
Mu Rwanda

Ikipe ya Maroc yageze mu Rwanda ije gukina imikino yo Kwibuka

Editorial 31 May 2017
Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI
INKURU NYAMUKURU

Uganda: Insoresore 40 zari zijyanywe na RNC gutorezwa muri Congo zatawe muri yombi mu gisa no kutumvikana hagati ya polisi na CMI

Editorial 12 Dec 2017
Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere
IKORANABUHANGA

Android 10 yatangiye gukoreshwa muri telefoni za mbere

Editorial 06 Sep 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru