• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

  • Mu mvugo yuje icyizere, Perezida Tshisekedi yashimye amasezerano y’amahoro yasinywe n’u Rwanda na Congo muri Amerika   |   01 Jul 2025

  • Mu burezi budaheza buzira ikandamiza n’iringaniza Abanyeshuri basaga Ibihumbi 220 basoje Amashuri Abanza batangiye ibizamini bya Leta   |   01 Jul 2025

  • U Rwanda ruracyagaragaza umuhate mu gushaka amahoro mu karere k’Ibiyaga bigari   |   30 Jun 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016 ITOHOZA

Urubanza ruzumvwa n’Urukiko rwa Paris rushinzwe imanza nshinjabyaha zikomeye ‘Cour d’assises’, ejo kuwa kabiri tariki 10 Gicurasi. Abacitseku icumu bategereje n’amatsiko menshi kumva uru rubanza ruregwamo Tito Barahira na Octavien Ngenzi bashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Paruwasi i Kabarondo ahahoze ari i Kibungo, ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.

Hari amakuru avuga ko uru rubanza rurimo urujijo n’amacenga menshi nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, ukurikije ibiri kuvugwa ndetse n’ibyabanje mbere y’uko ruba.

Ku ikubitiro mu cyumweru gishize, umwe mu bashinjacyaha bagombaga kugaragara mu rubanza Aurelia Devos yarwivanyemo ku mpamvu zitasobanuwe haba nyir’ubwite cyangwa ubushinjacyaha.

Igihe kiravuga ko mu kiganiro bagiranye na Me Richard Gisagara uzaburanira bamwe mu bakorokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri uru rubanza, yavuze ko uru rubanza rwatangiye guteza ibibazo rutaratangira.

Me Gisagara yagize ati “Uru rubanza rwatangiye guteza ibibazo mbere y’uko rutangira bitewe n’iyegura ku buryo butunguranye ry’uwari uteganyijwe kuba umushinjacyaha w’ingenzi, Aurelia Devos.”

-2767.jpg

-102.png

Tito Barahira

Uyu mushinjacyaha ukora muri serivisi y’ubushinjacyaha yihariye i Paris ishinzwe kugenza by’umwihariko ibyaha bya jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu, azwiho kumenya ku buryo busesuye u Rwanda na jenoside yakorewe Abatutsi ndetse amaze imyaka myinshi akora ubugenzacyaha ku madosiye menshi areba u Rwanda.

Me Gisagara avuga ko kwivana muri uru rubanza kwa Devos ababikurikiranira hafi bavuga ko byaba byaratewe no kutumvikana n’umushinjacyaha umukuriye Philippe Courroye bagombaga gufatanya gushinja Tito Barahira na Octavien Ngenzi.

Gisagara akomeza avuga ko uku kwivana mu rubanza ikubagahu biteye impungenge ku migendekere myiza y’urubanza.

Me Gisagara ati “Igiteye impungenge rero ni uko niba Aurelia Devos avuye kuri uwo mwanya, uruhare rwo gushinja abo bantu ruzasigara rufitwe n’uwo mushinjacyaha Philippe Courroye, impungenge zikaba zituruka ku mibanire uyu Courroye afitanye na Me Jean Yves Dupeux wigaragaje cyane mu kubaranira abantu bashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayipfobya.”

Uyu Jean Yves Dupeux ni nawe uburanira Philippe Courroye mu rubanza yarezwemo kwica amategeko arengera abanyamakuru mu Bufaransa.

Me Richard Gisagara na bagenzi be bafatanyije kuburanira abacitse ku icumu muri urwo rubanza, bagejeje impungenge zabo ku mushinjacyaha mukuru wa Paris, ndetse bagomba kubonana bakabanza kuganira kuri icyo kibazo.

Urubanza rwa Octavien Ngenzi na Tito Barahira, biteganyijwe ko ruzatangira kuri uyu wa Kabiri, rukazasozwa tariki ya 10 Nyakanga.

Tito Barahira na Octavien Ngenzi basimburanye mu kuyobora Komini ya Kabarondo kuva mu 1977 kugeza mu 1994.

Octavien Ngenzi yafatiwe mu birwa bya Mayotte mu 2004 ashaka ubuhungiro akoresheje impapuro mpimbano mu gihe Tito Barahira yafatiwe i Toulouse aho yari atuye muri Mata 2013.

Source : Igihe.com

2016-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Editorial 18 Oct 2024
Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Editorial 06 Sep 2023
Abanyamakuru  ba Red Pepper  bazize kwandika  amabanga ya Museveni  bateje uruntu runtu hagati ya Uganda na Amerika

Abanyamakuru ba Red Pepper bazize kwandika amabanga ya Museveni bateje uruntu runtu hagati ya Uganda na Amerika

Editorial 07 Dec 2017
Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Editorial 18 Oct 2024
Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Rusahurira mu nduru Jean Paul Turayishimye yihishe inyuma y’Umwicanyi Kazungu Denis ngo yibonere Views

Editorial 06 Sep 2023
Abanyamakuru  ba Red Pepper  bazize kwandika  amabanga ya Museveni  bateje uruntu runtu hagati ya Uganda na Amerika

Abanyamakuru ba Red Pepper bazize kwandika amabanga ya Museveni bateje uruntu runtu hagati ya Uganda na Amerika

Editorial 07 Dec 2017
Gakenke: Umwarimu  yatawe muri yombi  akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Gakenke: Umwarimu yatawe muri yombi akekwaho gukubita umunyeshuri agapfa

Editorial 15 Jun 2017
Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Charles ONANA wigize akahebwe, ni muntu ki? 

Editorial 18 Oct 2024
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru