• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Paris : Urujijo ni rwose mu rubanza rwa Ngenzi na Barahira

Editorial 09 May 2016 ITOHOZA

Urubanza ruzumvwa n’Urukiko rwa Paris rushinzwe imanza nshinjabyaha zikomeye ‘Cour d’assises’, ejo kuwa kabiri tariki 10 Gicurasi. Abacitseku icumu bategereje n’amatsiko menshi kumva uru rubanza ruregwamo Tito Barahira na Octavien Ngenzi bashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Paruwasi i Kabarondo ahahoze ari i Kibungo, ubu ni mu Ntara y’Iburasirazuba.

Hari amakuru avuga ko uru rubanza rurimo urujijo n’amacenga menshi nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru Igihe dukesha iyi nkuru, ukurikije ibiri kuvugwa ndetse n’ibyabanje mbere y’uko ruba.

Ku ikubitiro mu cyumweru gishize, umwe mu bashinjacyaha bagombaga kugaragara mu rubanza Aurelia Devos yarwivanyemo ku mpamvu zitasobanuwe haba nyir’ubwite cyangwa ubushinjacyaha.

Igihe kiravuga ko mu kiganiro bagiranye na Me Richard Gisagara uzaburanira bamwe mu bakorokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri uru rubanza, yavuze ko uru rubanza rwatangiye guteza ibibazo rutaratangira.

Me Gisagara yagize ati “Uru rubanza rwatangiye guteza ibibazo mbere y’uko rutangira bitewe n’iyegura ku buryo butunguranye ry’uwari uteganyijwe kuba umushinjacyaha w’ingenzi, Aurelia Devos.”

-2767.jpg

-102.png

Tito Barahira

Uyu mushinjacyaha ukora muri serivisi y’ubushinjacyaha yihariye i Paris ishinzwe kugenza by’umwihariko ibyaha bya jenoside n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu, azwiho kumenya ku buryo busesuye u Rwanda na jenoside yakorewe Abatutsi ndetse amaze imyaka myinshi akora ubugenzacyaha ku madosiye menshi areba u Rwanda.

Me Gisagara avuga ko kwivana muri uru rubanza kwa Devos ababikurikiranira hafi bavuga ko byaba byaratewe no kutumvikana n’umushinjacyaha umukuriye Philippe Courroye bagombaga gufatanya gushinja Tito Barahira na Octavien Ngenzi.

Gisagara akomeza avuga ko uku kwivana mu rubanza ikubagahu biteye impungenge ku migendekere myiza y’urubanza.

Me Gisagara ati “Igiteye impungenge rero ni uko niba Aurelia Devos avuye kuri uwo mwanya, uruhare rwo gushinja abo bantu ruzasigara rufitwe n’uwo mushinjacyaha Philippe Courroye, impungenge zikaba zituruka ku mibanire uyu Courroye afitanye na Me Jean Yves Dupeux wigaragaje cyane mu kubaranira abantu bashinjwa Jenoside yakorewe Abatutsi ndetse n’abayipfobya.”

Uyu Jean Yves Dupeux ni nawe uburanira Philippe Courroye mu rubanza yarezwemo kwica amategeko arengera abanyamakuru mu Bufaransa.

Me Richard Gisagara na bagenzi be bafatanyije kuburanira abacitse ku icumu muri urwo rubanza, bagejeje impungenge zabo ku mushinjacyaha mukuru wa Paris, ndetse bagomba kubonana bakabanza kuganira kuri icyo kibazo.

Urubanza rwa Octavien Ngenzi na Tito Barahira, biteganyijwe ko ruzatangira kuri uyu wa Kabiri, rukazasozwa tariki ya 10 Nyakanga.

Tito Barahira na Octavien Ngenzi basimburanye mu kuyobora Komini ya Kabarondo kuva mu 1977 kugeza mu 1994.

Octavien Ngenzi yafatiwe mu birwa bya Mayotte mu 2004 ashaka ubuhungiro akoresheje impapuro mpimbano mu gihe Tito Barahira yafatiwe i Toulouse aho yari atuye muri Mata 2013.

Source : Igihe.com

2016-05-09
Editorial

IZINDI NKURU

Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera

Ibya Kayumba Nyamwasa simbizi, tuzaba tugiye gutsura umubano- Minisitiri Sezibera

Editorial 21 Nov 2018
Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Burundi: Byinshi Ku Butegetsi Bw’igitugu Bwa Petero Nkurunziza Bushimuta Abantu, bagakorerwa iyicarubozo bafungiye mu ma kontineri – Igice cya II

Editorial 16 Sep 2019
Tumenye  bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Tumenye bamwe mu barwanya Leta y’u Rwanda ( Igice cya 4)

Editorial 07 Mar 2016
Opposition : Amahoriwacu basize umugani Montreal

Opposition : Amahoriwacu basize umugani Montreal

Editorial 02 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe
Amakuru

Perezida Museveni yahaye inshingano Andrew Mwenda zo kuguyaguya Bobi Wine bagahagarika ikirego cy’uko amatora yibwe

Editorial 03 Feb 2021
Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi
POLITIKI

Gaston Sindimwo yemejwe nk’umukandida wa UPRONA mu matora ya Perezida mu Burundi

Editorial 03 Feb 2020
Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC
POLITIKI

Col Aaron Nyamushebwa yahakanye amakuru avuga ko yatorotse igisirikare cya FARDC

Editorial 22 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru