• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Perezida Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hari abamurusha amaboko yisubiraho kubyo yari yatangaje ko abayobozi muri icyo gihugu bagaragaza imitungo

Editorial 28 Sep 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Ishyirahamwe rishinzwe kurwanya ruswa mu gihugu cy’u Burundi OLUCOME binyuze mu ijwi ry’umuyobozi waryo Bwana Gabriel Rupfiri ntavuga rumwe na Perezida w’iki gihugu Evariste Ndayishimiye kuko amushinja kuganzwa na bamwe mu bakomeye mu butegetsi bwe bigatuma babona urwaho rwo kunyereza umutungo wa leta bikarangira ntanumwe ukurikiranywe n’ubutabera.

Ibyo byavuzweho cyane nyuma y’ikiganiro uyu mutegetsi mushya w’u Burundi yagiranye n’abanyamakuru taliki 25 Nzeri uyu mwaka aho yagiye abazwa icyo kibazo cyane maze nawe ntiyagira byinshi akivugaho ahubwo akavuga ko hari benshi babifata nabi kuko ngo waba ugiye kuburana umutungo bwite w’umuntu kandi ngo uba ari ibanga nkuko yabitangaje mu ijambo rye yivugiye ko habaho gukurikiranwa bikorwa umuntu yaravuye mu inshingano aho ngo leta ikora iperereza kuwo ikeka irebeye ku mushahara yahembwaga igihe yari ku mirimo.

Iyi mvugo ya General Ndayishimiye Evariste ntiyavuzweho rumwe na benshi cyane cyane OLUCOME, yaje ishimangira ko hari itegeko aho mu Burundi rivuga ko buri mutegetsi wese agomba kugaragaza isooko y’imitungo yabo ndetse abakekwaho kunyereza umutungo w’igihugu bagomba no gukurikiranwa n’amategeko mbere y’uko inshingano zabo zirangira iyo ikaba ari yo mpamvu bagomba kwerekana imitungo yabo bagitangira inshingano, bityo ko ibirimo gukorwa na leta ya Evariste binyuranye n’amategeko arimo na mpuzamahanga u Burundi nabwo bwemeje.

Mu kwiregura ku bivugwa na OLUCOME, ubutegetsi bw’u Burundi bwavuze ko ayo mategeko adasobanutse neza kandi ko ngo imihini mishya itera amabavu, gusa ngo uru ni urwitwazo kuko bamwe mu banyereza umutungo wa leta ari abakomeye mu butegetsi ndetse no mu ishyaka rifite ubutegetsi mu Burundi rya CNDD-FDD bishoboka ko baba barateye ubwoba uyu mugabo wasizwe yimitswe na Petero Nkurunziza ku gitutu cy’abajenerali. Ndayishimye yari yatangaje ko hari igihe byafata icyumweru ngo habarurwe imitungo y’umuntu umwe. Ukibaza aho yaba ivuye mugihe abari ku butegetsi mu Burundi bavuye mu ishyamba ejobundi nta nurwara rwo kwishima bagiraga. Ku isonga havugwa General Alain Guillaume Bunyoni uvugwa kwigwizaho imitungo kuburyo bw’umurengera.

Muri raporo iheruka ya Banki y’isi yavugaga ko hejuru ya 15% y’inkunga igenera icyo gihugu birangira yigiriye mu mifuka ya bamwe mu bakomeye mu Burundi; bikaba ari bimwe mu nenge zikomereye ubutegetsi bwa Ndayishimiye Evariste, Mu minsi ishize kandi bamwe mu baharanira iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu bashinje ubutegetsi bwa Jenerali Neva gukomereza mu migambi mibisha yakorwaga nuwo yasimbuye yo gushimuta abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa CNDD-FDD ndetse icyanatangaje benshi ni uko muri leta ye ntamuntu numwe uva muyandi mashyaka atavuga rumwe na leta ye wagaragayemo bikagaragara ko politiki ye yakomereje mu murongo w’itonesha bizatuma hakomeza kuzamuka icyuka cy’akaduruvayo mu Burundi bumaze imyaka isaga itanu mu mutekano muke nyuma yuko Petero Nkurunziza yari afashe umwanzuro wo kwiyamamariza kuyobora u Burundi kuri manda ya gatatu.

2020-09-28
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Museveni  yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Perezida Museveni yateye utwatsi ubusabe bwa Mugenzi we Nkurunziza

Editorial 27 Nov 2018
Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Abanyarwanda batunguwe n’ifungwa ry’umupaka wa Goma

Editorial 30 Dec 2018
RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

RDC: Inyeshyamba za FDLR zirashinjwa gushimuta abaturage 13 zibasanze mu mirima

Editorial 15 Jun 2018
Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Muri FDLR uburozi buravuza ubuhuha kubera amacakubiri ashingiye ku karere

Editorial 11 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye
Mu Rwanda

Ubutabera ni inkingi ya mwamba y’amahoro n’umutekano birambye – Minisitiri Busingye

Editorial 09 May 2017
Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?
Amakuru

Tshisekedi yashyize yemera kuganira na M23, ikibazo nyamukuru amasezerano bazagirana azayubahiriza?

Editorial 12 Mar 2025
Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Misiri igeze ku mukino wa Nyuma w’igikombe cya Afurika nyuma yo gusezerera Cameroon kuri penaliti 3-1

Editorial 04 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru