• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Perezida Kagame asanga ibigo by’ubwishingizi bikeneye amavugurura mu mikorere

Editorial 12 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.

JPEG - 54.8 kb
Perezida Kagame ageza ijambo ku bitabiriye inama ya FANAF

Yabitangarije mu nama rusange y’Ishyirahamwe ry’Ibigo by’ubwishingizi (FANAF) iteraniye i Kigali guhera kuri uyu wa Mbere tariki 12 Gashyantare 2018.

Yagize ati “Umwe mu baturage batandatu batuye isi ni Umunyafurika, bijya kungana na 17% by’abatuye isi. Ariko kugeza ubu Afurika ifite 1.5 by’abaturage bishinganisha ku isi.”

Perezida Kagame yabwiye abitabiriye iri huriro bagera kuri 800 ko nabwo abangana na ¾ by’iyo mibare ari abo muri Afurika y’Epfo gusa. Bivuze ko ibihugu bisigaye bya Afurika byose bigabana ¼ gisigaye.

Ati “Ibi bikwiye guhinduka kandi nta bandi bazabihindura atari mwebwe.”

Iyi nama y’iminsi itatu ifite intego yo gushyiraho uburyo bwafasha ibigo by’ubwishingizi muri Afurika kongera umubare w’abishinganisha.

Perezida Kagame yavuze ko kugira ngo ibyo bigerweho bizasabwa ko hashyirwaho gahunda ihamye kandi y’igihe kirekire.

Ati “Turacyafite urugendo rurerure ariko inkuru nziza nazo zirahari. Icya mbere ni uko n’ubwo iyi mibare itagaragara neza ariko hari amahirwe y’uko mu minsi iza izazamuka, cyane cyane bitewe n’uko abaturage bafite ubukungu bucirirtse muri Afurika bari kwiyongera kurenza ahandi ku isi.”

Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Claver Gatete, yavuze ko bimwe mu bituma Kwishingana bitagenda neza muri Afurika, bituruka ku buryo imijyi igenda ikura, uko imihindagurikire y’ibihe mu buhinzi no ku isi muri rusange imera, ndetse n’ubwiyongere bw’abaturage.

Ati “Gahunda ya FANAF izashyirwaho ni yo izatuma habaho ibigo by’ubwishingizi bikomeye. Ibi bizafasha ubukungu bwo muri Afurika gukora neza ku isoko bitume ibihugu bizamuka mu bukungu.”

Nubwo uyu muryango ufite miliyari 40 z’amadolari ya Amerika ubitse, mu myaka ibiri ishize umaze kwishyura abishinganishije agera kuri miliyoni 900 z’amadolari gusa.

FANAF yashinzweho mu 2006 ifite icyicaro i Dakar muri Senegal. Ifite abanyamuryango 29 ikaba ikoresha abakozi ibihumbi 10 n’abandi ibihumbi 40 bakorana nayo.

2018-02-12
Editorial

IZINDI NKURU

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Igihugu cya Uganda cyarenze ku masezerano ya Luanda cyemerera gukora ku mugaragaro umuryango utegamiye kuri Leta Ugamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Editorial 05 Jan 2021
Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo ku wa Gatatu tariki ya 11 Nyakanga 2018

Editorial 12 Jul 2018
Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Interahamwe n’abambari bazo bararira ayo kwarika, kubera uruzinduko rwa Perezida Kagame mu Bufaransa

Editorial 17 May 2021
Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Uganda: Umupasiteri ari gutanga uburozi yita umuti uvura indwara zirimo Sida

Editorial 19 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irakangurira abatunze imbwa kuzitaho kugira ngo zidateza umutekano mucye

Editorial 10 Mar 2017
Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer
Amakuru

Umwete w’ubuyobozi mu gushaka ibisubizo n’icyizere abaturage babufitiye, ni intwaro ifasha uRwanda gutsinda indwara z’ibyorezo” -Dr Craig Spencer

Editorial 14 Nov 2024
Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports
Amakuru

Gasogi United yabonye umutoza mushya w’umunya-Misiri Ahmed Adel Abdelrahman Ibrahim, inongeraho Ishimwe Kevin wakinaga muri Rayon Sports

Editorial 18 Jul 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru