• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Editorial 09 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame yasabye ko uturere twaje mu myanya ya nyuma mu mihigo y’uturere mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018, abatuyobora bashyira mu bikorwa ibyo bashinzwe ari byo gukorera abaturage abo binaniye bakagaragaza ko batabishoboye.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo gushimira uturere twahize utundi mu mihigo y’umwaka ushize no gusinya iy’umwaka utaha.

Ibi bikorwa kandi byahuriranye no gusesa Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ku mpamvu z’amatora; usoje manda yawo ya gatatu hakaba hateganyijwe amatora y’abayigize muri Nzeri uyu mwaka.

Akarere ka Rwamagana kongeye kuza ku mwanya wa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2017/2018 gakurikirwa na Gasabo na Rulindo; mu gihe Nyamagabe, Ruhango na Nyanza aritwo twaje mu myanya ya nyuma.

Mu turere 15 twaje mu myanya ya nyuma, munsi y’amanota fatizo 68.8; umunani ni utwo mu Ntara y’Amajyepfo, tune ni utwo mu Burengerazuba, kamwe ko mu Majyaruguru, kamwe ko mu Mujyi wa Kigali n’akandi ko mu Burasirazuba.

Perezida Kagame yavuze ko kuba duhuriye mu gice kimwe cy’igihugu bifite icyo bisobanuye; agaruka ku kuba abayobozi badakorana ndetse batanegera abaturage.

Ati “Abari hasi naje kureba nsanga biganje mu gice kimwe cy’igihugu. Ubwo bigomba kuba bifite icyo bivuze, ntabwo byabaye bityo gutyo gusa. Sinzi ibyo aribyo. Icya kabiri naje kubaza, baza kumbwira aho bitagenze neza, bafite ikibazo mu buyobozi. Abayobozi birirwa mu makimbirane, bakemura ibibazo hagati yabo kurusha gukemura iby’abo bayobora.”

Yakomeje agira ati “Amakimbirane, kutavugana, kutumvikana, kudakorana neza biragenda bikavamo iriya myanya n’amanota byagaragaje. Nta kuntu wabinyura iruhande. Ingaruka yabyo ni ibi twabonye hano, nta kuntu wabihisha, ushobora kubihisha igihe gito ariko iyo byageze mu kubiteranya no kubitumurikira biraboneka.”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi badakwiye gukemura ibibazo byabo bwite ngo bibagirwe ibyo abo bashinzwe; ahubwo ko buri kimwe gikwiye guharirwa umwanya wacyo. Yabibukije ko inshingano bahawe, bari bazemeye bagaragaza ko bazanazishyira mu bikorwa, akibaza impamvu bidakorwa.

Ati “Gukorera abo ushinzwe, uba waravuze ngo nibo ugiye gukorera mu gihe uri umuyobozi, nabyo tujye kubisabira inkunga abaduha inkunga bicaranye natwe? Mwebwe abayobozi abaterankunga babahe no gukorana? Nabyo barabishinzwe?”

Babatunga ku byo mushoboye no ku byo mudashoboye? Ni ko mubyumva? Abanyafurika ubwo ni uko mwapfuye? Mwumva ko hari undi ushinzwe ubuzima bwanyu? Nta buzima mushaka se? ntabwo mufite, ntabwo mushaka? Kuki wumva ko watungwa n’undi muntu?”

Hari abaturage batazi abayobozi

Perezida Kagame yavuze ko hari abaturage bo mu bice bimwe na bimwe bagaragaza ko batajya babona abayobozi, akibaza impamvu baguma mu biro aho kujya kureba abo bashinzwe.

Yatanze urugero rw’abaturage bo mu Karere ka Ngororero babwiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko batajya babona abayobozi.

Ati “Minisitiri Kaboneka wahoze aha, ejo bundi yagiye mu giturage bamubwira ko aribwo bwa mbere babonye umuyobozi. Ngo nibwo bwa mbere babonye abayobozi, bwa mbere. Bishoboka bite? Nyaruguru ntabwo ari igice cy’u Rwanda? Muvuga ko mumanuka mukajya mu baturage, Nyaruguru mukayisiga? Cyangwa muriruka mukinyabyayo kugira ngo bigaragare ko mwagezeyo. […] Bakagufotorera i Rusizi, ukavuga ko wagezeyo kubera ko wageze mu ifoto.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ni abacu, ni abo dukomokamo ntabwo ari ab’ahandi tutazi. Ntabwo naza aha ngo mbabeshye, ngo mbashimishe ngo nyure iruhande ukuri kandi imyaka ibaye myinshi tubivuga, tubisubiramo buri munsi […] Igihe kirageze bigomba guhinduka. Aba turiya turere baje hanyuma; ibyo mukora bituma muza muri iriya myanya […] ni zo ngaruka ziza ku baturage muyobora. Ni yo ngaruka iri ku baturage.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko usanga abana baragwingiye cyangwa abandi barwaye bwaki mu gihe hari inzego zishinzwe ibyo bibazo byose.

Ati “Inzego munyumve, ejo mutazagira ibibazo, ndabararitse. Namwe bayobozi muri hano, muri munsi y’amanota y’impuzandengo; niba udashobora kugira intego yo gukorera abaturage ngo ubazamure, waza ukavuga uti ibi bintu simbishoboye cyangwa sinshaka kubikora. Kuza ukavuga ngo simbishoboye ni mushake undi ubikora, waba uri umugabo nagushimira; ariko niba wemeye inshingano zikore cyangwa se hakwiye kuboneka ingaruka.”

2018-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda  i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Impamvu Umuteruzi w’Amakarito y’’Ibirungo’ mu Ruganda i Paris asha kwiyamamariza kuba Perezida w’u Rwanda

Editorial 08 Feb 2017
Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Koreya y’Amajyaruguru yamuritse intwaro za kirimbuzi, zishobora kurasa muri Amerika

Editorial 17 Apr 2017
Perezida Kagame yatanze isomo ku   ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Perezida Kagame yatanze isomo ku ishingiro ry’ubukungu n’ubwiyunge by’Abanyarwanda

Editorial 28 Oct 2016
Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Urubanza rw’abasirikari b’Abarundi bahunze umuriro wa M23 rugeze mu bujurire

Editorial 07 Nov 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana  mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball
Amakuru

Gatsinzi na Ntagengwa mu bagabo na Munezero Valentine na Musabyimana mu bagore begukanye circuit ya mbere ya Beach Volleyball

Editorial 27 Feb 2023
Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye
Amakuru

Banamwana Camarade yagizwe Umutoza Mukuru wa Bugesera FC mu gihe gisigaye ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangiye

Editorial 23 Apr 2025
Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!
Amakuru

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru