• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Perezida Kagame yasabye impinduka mu turere twa nyuma mu mihigo ‘twiganje mu gice kimwe cy’igihugu’

Editorial 09 Aug 2018 ITOHOZA

Perezida Kagame yasabye ko uturere twaje mu myanya ya nyuma mu mihigo y’uturere mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2017/2018, abatuyobora bashyira mu bikorwa ibyo bashinzwe ari byo gukorera abaturage abo binaniye bakagaragaza ko batabishoboye.

Ibi Umukuru w’Igihugu yabigarutseho ubwo yagezaga ijambo ku bitabiriye umuhango wo gushimira uturere twahize utundi mu mihigo y’umwaka ushize no gusinya iy’umwaka utaha.

Ibi bikorwa kandi byahuriranye no gusesa Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite ku mpamvu z’amatora; usoje manda yawo ya gatatu hakaba hateganyijwe amatora y’abayigize muri Nzeri uyu mwaka.

Akarere ka Rwamagana kongeye kuza ku mwanya wa mbere mu mihigo y’umwaka wa 2017/2018 gakurikirwa na Gasabo na Rulindo; mu gihe Nyamagabe, Ruhango na Nyanza aritwo twaje mu myanya ya nyuma.

Mu turere 15 twaje mu myanya ya nyuma, munsi y’amanota fatizo 68.8; umunani ni utwo mu Ntara y’Amajyepfo, tune ni utwo mu Burengerazuba, kamwe ko mu Majyaruguru, kamwe ko mu Mujyi wa Kigali n’akandi ko mu Burasirazuba.

Perezida Kagame yavuze ko kuba duhuriye mu gice kimwe cy’igihugu bifite icyo bisobanuye; agaruka ku kuba abayobozi badakorana ndetse batanegera abaturage.

Ati “Abari hasi naje kureba nsanga biganje mu gice kimwe cy’igihugu. Ubwo bigomba kuba bifite icyo bivuze, ntabwo byabaye bityo gutyo gusa. Sinzi ibyo aribyo. Icya kabiri naje kubaza, baza kumbwira aho bitagenze neza, bafite ikibazo mu buyobozi. Abayobozi birirwa mu makimbirane, bakemura ibibazo hagati yabo kurusha gukemura iby’abo bayobora.”

Yakomeje agira ati “Amakimbirane, kutavugana, kutumvikana, kudakorana neza biragenda bikavamo iriya myanya n’amanota byagaragaje. Nta kuntu wabinyura iruhande. Ingaruka yabyo ni ibi twabonye hano, nta kuntu wabihisha, ushobora kubihisha igihe gito ariko iyo byageze mu kubiteranya no kubitumurikira biraboneka.”

Perezida Kagame yavuze ko abayobozi badakwiye gukemura ibibazo byabo bwite ngo bibagirwe ibyo abo bashinzwe; ahubwo ko buri kimwe gikwiye guharirwa umwanya wacyo. Yabibukije ko inshingano bahawe, bari bazemeye bagaragaza ko bazanazishyira mu bikorwa, akibaza impamvu bidakorwa.

Ati “Gukorera abo ushinzwe, uba waravuze ngo nibo ugiye gukorera mu gihe uri umuyobozi, nabyo tujye kubisabira inkunga abaduha inkunga bicaranye natwe? Mwebwe abayobozi abaterankunga babahe no gukorana? Nabyo barabishinzwe?”

Babatunga ku byo mushoboye no ku byo mudashoboye? Ni ko mubyumva? Abanyafurika ubwo ni uko mwapfuye? Mwumva ko hari undi ushinzwe ubuzima bwanyu? Nta buzima mushaka se? ntabwo mufite, ntabwo mushaka? Kuki wumva ko watungwa n’undi muntu?”

Hari abaturage batazi abayobozi

Perezida Kagame yavuze ko hari abaturage bo mu bice bimwe na bimwe bagaragaza ko batajya babona abayobozi, akibaza impamvu baguma mu biro aho kujya kureba abo bashinzwe.

Yatanze urugero rw’abaturage bo mu Karere ka Ngororero babwiye Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu ko batajya babona abayobozi.

Ati “Minisitiri Kaboneka wahoze aha, ejo bundi yagiye mu giturage bamubwira ko aribwo bwa mbere babonye umuyobozi. Ngo nibwo bwa mbere babonye abayobozi, bwa mbere. Bishoboka bite? Nyaruguru ntabwo ari igice cy’u Rwanda? Muvuga ko mumanuka mukajya mu baturage, Nyaruguru mukayisiga? Cyangwa muriruka mukinyabyayo kugira ngo bigaragare ko mwagezeyo. […] Bakagufotorera i Rusizi, ukavuga ko wagezeyo kubera ko wageze mu ifoto.”

Yakomeje agira ati “Abaturage ni abacu, ni abo dukomokamo ntabwo ari ab’ahandi tutazi. Ntabwo naza aha ngo mbabeshye, ngo mbashimishe ngo nyure iruhande ukuri kandi imyaka ibaye myinshi tubivuga, tubisubiramo buri munsi […] Igihe kirageze bigomba guhinduka. Aba turiya turere baje hanyuma; ibyo mukora bituma muza muri iriya myanya […] ni zo ngaruka ziza ku baturage muyobora. Ni yo ngaruka iri ku baturage.”

Umukuru w’Igihugu yakomeje avuga ko usanga abana baragwingiye cyangwa abandi barwaye bwaki mu gihe hari inzego zishinzwe ibyo bibazo byose.

Ati “Inzego munyumve, ejo mutazagira ibibazo, ndabararitse. Namwe bayobozi muri hano, muri munsi y’amanota y’impuzandengo; niba udashobora kugira intego yo gukorera abaturage ngo ubazamure, waza ukavuga uti ibi bintu simbishoboye cyangwa sinshaka kubikora. Kuza ukavuga ngo simbishoboye ni mushake undi ubikora, waba uri umugabo nagushimira; ariko niba wemeye inshingano zikore cyangwa se hakwiye kuboneka ingaruka.”

2018-08-09
Editorial

IZINDI NKURU

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

FDLR yohereje abarwanyi bayo i Kinshasa kujya kwiga ikoreshwa rya drone bisabwe na Leta ya Congo

Administrator 13 Nov 2025
Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Uwayoboye igitero kishe abantu kinatwika imodoka muri Nyaruguru yamenyekanye [ VIDEO ]

Editorial 20 Apr 2019
“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

“Uzitura impene yamara kurenga imbibe ugahebeba nka yo”-Umugani w’ikirundi

Editorial 04 Feb 2025
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Editorial 14 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi
UBUKUNGU

U Rwanda rwahawe inguzanyo ya miliyari 110 Frw zigiye gushorwa mu gukwirakwiza amashanyarazi

Editorial 17 Nov 2018
Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi
INKURU NYAMUKURU

Burundi: Umudepite yakojeje agati mu ntozi, abaza uburyo u Rwanda rushaka gutera u Burundi

Editorial 12 Apr 2018
Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yasuye icyambu cya Doraleh muri Djibouti, kimwe mu bikomeye muri Afurika

Editorial 19 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru