• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yatangije Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Perezida Kagame yatangije Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Editorial 11 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Nzeri 2017, Perezida Paul Kagame yatangije umwaka w’Ubucamanza.

Umwaka w’ubucamanza ni umwanya abacamanza n’abanditsi b’inkiko baba babonye ngo bagaragaze ibyo bagezeho, kandi banarusheho kunoza umwuga wabo mu myaka yindi ikurikira.

Uyu muhango wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko mu cyumba cy’Inteko Rusange cy’Umutwe w’Abadepite.

Ijambo rya Perezida Paul Kagame ryibanze cyane ku kurwanya ruswa ndetse n’ingaruka za ruswa ku rwego rw’ubutabera ubundi “bukwiye kugaragarira buri wese ko butabogamye, kandi ko nta ruswa n’indi mikorere mibi iburangwamo.”

Yakomoje ku nkunga bamusabye, abemerera ko ikwiye gutangwa, ariko abasaba ko mbere yo kuyibaha bagomba kubanza kugirana amasezerano.

Kagame yagize “Uko muzajya mugabanya gufata iriya nkunga idakwiye (ruswa), niko nzajya nzamura ikwiye. I think that’s a fair deal.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe ruswa igabanutse igihugu cyunguka kandi amikoro yacyo akazamuka, kandi ngo igihe amikoro yacyo azamutse nta mpamvu n’umugabane ujya mubakora mu butabera utazamuka.

Yijeje urwego rw’ubutabera ubufatanye mu kurwanya ruswa kugira ngo igende igabanuka ndetse izagere n’aho itsindwa burundu.

Yagize ati “Haracyari abakozi muri izi nzego bagikurikirana inyungu zabo bwite, ndetse n’abagana inkiko barabivuga ku mugaragaro murabizi.”

Perezida wa Repubulika yavuze ko nubwo ikibazo cya ruswa kitari mu nkiko gusa no mu zindi nzego irimo, ngo mu nkiko niho hakabaye ikitegererezo kuruta ahandi.

Ati “Birazwi ko ababuranyi bamwe bahitamo gushaka abacamanza,abashinjacyaha,…nyuma y’akazi kugira ngo abakemurire ibibazo, ubundi bitari bikwiye ko bikemurirwa ahatari mukazi,…ibi binaha isura mbi ubucamanza.”

Paul Kagame yavuze ko kubera ruswa mu bucamanza, hari abantu bigamba ko badakeneye ubabunganira mu rubanza kuko baba bizeye ko bafite umucamanza uzabakorera ibyo bifuza. Ibi uretse kwanduza isura y’imikorere y’ubucamanza, ngo binatuma abaturage batera urwego ikizere.

Perezida Kagame kandi yasabye abacamanza kwirinda guca imanza nabi, kuzitinza cyangwa kuzisubika hatagaragajwe impamvu.

Maze agira ati “Abaturage bose icyo bakeneye ni ubutabera butangwa nta kiguzi, ku gihe, butabogamye, nta kuvangura,…n’ahandi hose niko tubyifuza.”

Yavuze ko kugira ngo imikorere nk’iyi icike abaturage babone ubutabera butabogamye, ngo ni ngombwa ko abacamanza n’abashinjacyaha n’abandi bakorana bamagana ku mugaragaro abagaragayeho ruswa.

Aha yagize ati “Gushyira imbaraga nyinshi mu kwiregura cg gutunga agatoki abandi ngo barabeshya ntacyo bikemura ahubwo dukwiye gukurikirana ikibazo ubwacyo kandi turakizi, igisubizo kiri mu kunoza imikorere, kuzuza inshingano kandi bigakorwa mu budakemwa.”

Perezida Kagame yabwiye abacamanza ko bafite uruhare runini mu guha abakeneye ubutabera ikizere ko bafite amahoro n’umutekano kubera ko hari ababarengera, aribo bacamanza.

-7956.jpg

-7957.jpg

Umukuru w’igihugu kandi yemereye urwego rw’ubucamanza ku rufasha mu gukemura ibibazo binyuranye birimo iby’ikoranabuhanga n’ibindi bagaragaje.

Ubwo yatangizaga uyu mwaka w’Ubucamanza 2016/2017, Perezida Paul Kagame yari yagarutse ku butabera mpuzamahanga cyane cyane ubw’u Burayi, avuga ko hari abantu bamwe bakora batabanje gushaka ibimenyetso, avuga ko usanga bafata imyanzuro kuri uyu mugabane badahaye agaciro ibimenyetso.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Abantu bamwe ntibashaka ibimenyetso, barahita bafata imyanzuro, baragufatira imyanzuro, barayifatira n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane, ntibita kubisabwa ngo harebwe ibimenyetso, nta na kimwe bashingiraho bahita bifatira imyanzuro z’ibyo bari bukore ku mpamvu nyinshi zitandukanye, ariko uko biri kose uru ni u Rwanda, urwego rw’ubutabera rw’u Rwanda ntirugomba gukorera u Bufaransa cyangwa mu nyungu z’u Bufaransa.”

Perezida Kagame yavuze ko abavuga u Rwanda bitazabuza ko ukuri kuzagera aho kukajya ahagaragara, kandi ngo ibyo ntibizahenda u Rwanda kuko ukuri kwarwo kwigaragaza.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakora uko rushoboye rugateza imbere ubutabera hashingiwe ku nyungu z’Abanyarwanda aho kuba mu nyungu z’amahanga.

Umukuru w’Igihugu yari yavuze ibi nyuma y’aho bamwe mu badepite b’I Burayi bari bavuze ko ubutabera bw’u Rwanda butigenga, ndetse ko hari zimwe mu manza zigomba gusubirwamo.

Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018 utangijwe mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje kuvuga ko uru rwego rugomba gushyira imbaraga mu guhangana n’ibibazo bya ruswa, ndetse no kutajenjekera abayigaragaramo utaretse no kugaruza imitungo y’abaturage iba yanyerejwe.

-7952.jpg


Perezida Kagame mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza wa 2015-2016 mu kigo cya Gisirikari cya Gabiro. (Ifoto/Perezidansi)

2017-09-11
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Polisi y’u Rwanda n’Umujyi wa Kigali batangije icyiciro cya 7 cy’ubukangurambaga ku isuku n’umutekano

Editorial 01 Nov 2017
Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Menya Impamvu igiciro cyo gusura Ingagi cyikubye Kabiri

Editorial 09 May 2017
Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Abahanuzi bakomeye mu rwanda ntibavuga rumwe k’Umukobwa uzaba Miss Rwanda 2018

Editorial 09 Feb 2018
#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari  ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

#AU SUMMIT: Leta y’u Burundi yahamagaje igitaraganya intumwa zari ziyihagarariye mu nama y’umuryango w’ubumwe bwa Afrika ibera i Kigali

Editorial 18 Jul 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.
Amakuru

Inkunga Kongo yahawe ngo izahure ubuzima bw’abaturage, yishyuwe abaharabika u Rwanda.

Editorial 18 May 2023
Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Impunzi zo mu nkambi ya Gihembe zakanguriwe kubahiriza uburenganzira bw’umwana

Editorial 19 Jun 2016
Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal
IMIKINO

Amateka ku Rwanda rugiye kujya rwamamazwa na Arsenal

Editorial 23 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru