• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Perezida Kagame yatangije Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Perezida Kagame yatangije Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018

Ubwanditsi 11 Sep 2017 Mu Rwanda

Kuri uyu wa mbere tariki ya 11 Nzeri 2017, Perezida Paul Kagame yatangije umwaka w’Ubucamanza.

Umwaka w’ubucamanza ni umwanya abacamanza n’abanditsi b’inkiko baba babonye ngo bagaragaze ibyo bagezeho, kandi banarusheho kunoza umwuga wabo mu myaka yindi ikurikira.

Uyu muhango wabereye mu ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko mu cyumba cy’Inteko Rusange cy’Umutwe w’Abadepite.

Ijambo rya Perezida Paul Kagame ryibanze cyane ku kurwanya ruswa ndetse n’ingaruka za ruswa ku rwego rw’ubutabera ubundi “bukwiye kugaragarira buri wese ko butabogamye, kandi ko nta ruswa n’indi mikorere mibi iburangwamo.”

Yakomoje ku nkunga bamusabye, abemerera ko ikwiye gutangwa, ariko abasaba ko mbere yo kuyibaha bagomba kubanza kugirana amasezerano.

Kagame yagize “Uko muzajya mugabanya gufata iriya nkunga idakwiye (ruswa), niko nzajya nzamura ikwiye. I think that’s a fair deal.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihe ruswa igabanutse igihugu cyunguka kandi amikoro yacyo akazamuka, kandi ngo igihe amikoro yacyo azamutse nta mpamvu n’umugabane ujya mubakora mu butabera utazamuka.

Yijeje urwego rw’ubutabera ubufatanye mu kurwanya ruswa kugira ngo igende igabanuka ndetse izagere n’aho itsindwa burundu.

Yagize ati “Haracyari abakozi muri izi nzego bagikurikirana inyungu zabo bwite, ndetse n’abagana inkiko barabivuga ku mugaragaro murabizi.”

Perezida wa Repubulika yavuze ko nubwo ikibazo cya ruswa kitari mu nkiko gusa no mu zindi nzego irimo, ngo mu nkiko niho hakabaye ikitegererezo kuruta ahandi.

Ati “Birazwi ko ababuranyi bamwe bahitamo gushaka abacamanza,abashinjacyaha,…nyuma y’akazi kugira ngo abakemurire ibibazo, ubundi bitari bikwiye ko bikemurirwa ahatari mukazi,…ibi binaha isura mbi ubucamanza.”

Paul Kagame yavuze ko kubera ruswa mu bucamanza, hari abantu bigamba ko badakeneye ubabunganira mu rubanza kuko baba bizeye ko bafite umucamanza uzabakorera ibyo bifuza. Ibi uretse kwanduza isura y’imikorere y’ubucamanza, ngo binatuma abaturage batera urwego ikizere.

Perezida Kagame kandi yasabye abacamanza kwirinda guca imanza nabi, kuzitinza cyangwa kuzisubika hatagaragajwe impamvu.

Maze agira ati “Abaturage bose icyo bakeneye ni ubutabera butangwa nta kiguzi, ku gihe, butabogamye, nta kuvangura,…n’ahandi hose niko tubyifuza.”

Yavuze ko kugira ngo imikorere nk’iyi icike abaturage babone ubutabera butabogamye, ngo ni ngombwa ko abacamanza n’abashinjacyaha n’abandi bakorana bamagana ku mugaragaro abagaragayeho ruswa.

Aha yagize ati “Gushyira imbaraga nyinshi mu kwiregura cg gutunga agatoki abandi ngo barabeshya ntacyo bikemura ahubwo dukwiye gukurikirana ikibazo ubwacyo kandi turakizi, igisubizo kiri mu kunoza imikorere, kuzuza inshingano kandi bigakorwa mu budakemwa.”

Perezida Kagame yabwiye abacamanza ko bafite uruhare runini mu guha abakeneye ubutabera ikizere ko bafite amahoro n’umutekano kubera ko hari ababarengera, aribo bacamanza.

-7956.jpg

-7957.jpg

Umukuru w’igihugu kandi yemereye urwego rw’ubucamanza ku rufasha mu gukemura ibibazo binyuranye birimo iby’ikoranabuhanga n’ibindi bagaragaje.

Ubwo yatangizaga uyu mwaka w’Ubucamanza 2016/2017, Perezida Paul Kagame yari yagarutse ku butabera mpuzamahanga cyane cyane ubw’u Burayi, avuga ko hari abantu bamwe bakora batabanje gushaka ibimenyetso, avuga ko usanga bafata imyanzuro kuri uyu mugabane badahaye agaciro ibimenyetso.

Umukuru w’Igihugu yagize ati “Abantu bamwe ntibashaka ibimenyetso, barahita bafata imyanzuro, baragufatira imyanzuro, barayifatira n’ibindi bihugu kuri uyu mugabane, ntibita kubisabwa ngo harebwe ibimenyetso, nta na kimwe bashingiraho bahita bifatira imyanzuro z’ibyo bari bukore ku mpamvu nyinshi zitandukanye, ariko uko biri kose uru ni u Rwanda, urwego rw’ubutabera rw’u Rwanda ntirugomba gukorera u Bufaransa cyangwa mu nyungu z’u Bufaransa.”

Perezida Kagame yavuze ko abavuga u Rwanda bitazabuza ko ukuri kuzagera aho kukajya ahagaragara, kandi ngo ibyo ntibizahenda u Rwanda kuko ukuri kwarwo kwigaragaza.

Perezida Kagame yavuze ko u Rwanda ruzakora uko rushoboye rugateza imbere ubutabera hashingiwe ku nyungu z’Abanyarwanda aho kuba mu nyungu z’amahanga.

Umukuru w’Igihugu yari yavuze ibi nyuma y’aho bamwe mu badepite b’I Burayi bari bavuze ko ubutabera bw’u Rwanda butigenga, ndetse ko hari zimwe mu manza zigomba gusubirwamo.

Umwaka w’Ubucamanza 2017/2018 utangijwe mu gihe Leta y’u Rwanda ikomeje kuvuga ko uru rwego rugomba gushyira imbaraga mu guhangana n’ibibazo bya ruswa, ndetse no kutajenjekera abayigaragaramo utaretse no kugaruza imitungo y’abaturage iba yanyerejwe.

-7952.jpg


Perezida Kagame mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza wa 2015-2016 mu kigo cya Gisirikari cya Gabiro. (Ifoto/Perezidansi)

2017-09-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi  wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

CNLG yanyuzwe n’umwanzuro w’ubutabera bwa Amerika bwatesheje agaciro ubujurire bwa Munyenyezi wabeshye inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Burundi: Hagabwe igitero abantu 8 barapfa abandi 50 barakomereka

Ubwanditsi 10 Jul 2017
Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize  bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025
APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

APR FC na AS Kigali zikomeje kwitwara neza mu cyiciro cy’amakipe ahatanira igikombe, ni mugihe AS Muhanga ikomeje kugana habi.

Ubwanditsi 11 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

ITANGAZO RUSANGE RYEREKEYE GUSUBIZA ISOSIYETE MU GITABO CY’AMASOSIYETE
Amakuru

ITANGAZO RUSANGE RYEREKEYE GUSUBIZA ISOSIYETE MU GITABO CY’AMASOSIYETE

RUSHYASHYA 28 Jan 2026
Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha
ITOHOZA

Nyaruguru: Mapengu Damascene Akurikiranweho gusambanya umwana w’imyaka 9 yarangiza agashaka kumuroha

Ubwanditsi 23 Jun 2017
RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora
POLITIKI

RDC: Kiliziya Gaturika iravuga ko izi uwatsinze amatora

Ubwanditsi 05 Jan 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru