• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Hon. Havugimana Emmanuel yatwibukije Inkomoko ya Masudi na Giraso yiturwa indi Ikinani cyamugereyemo   |   11 Sep 2026

  • Abana b’abagize uruhare muri Jenoside bongeye kwibutsa imigambi yapfubye y’ababyeyi babo   |   11 Sep 2026

  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 30 Jan 2017 ITOHOZA

Itangazamakuru rifatwa nk’ubutegetsi bwa gatatu muri buri gihugu rikaba rihabwa umwanya ukomeye mu bihugu byateye imbere ubu ryaba ridacana uwaka n’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump.

Nyuma yuko White House yibasiye Abanyamakuru bikomeye kubera ko basuzuguje irahira rya Trump bakavuga ko ritigeze ryItabirwa n’abantu benshi nkuko byari bisanzwe kubandi baperezida bayoboye Amerika, hakaza kubaho guterana amagambo cyane ubu ibibazo biravuka ubutitsa kuburyo itangazamakuru n’ubutegetsi bwa Trump bishobora kugira imibanire nk’iy’agaca n’imishwi y’inkoko.

Umwe mu bayobozi bakuru mu biro bya Trump witwa Steve Bannon yatangaje kuri uyu 26 Mutarama 2017 ko bagiye guhangana n’Itangazamakuru ryiyita ko ari iry’umwuga muri Amerika kandi ngo ryariyemeje kurwanya ubutegetsi bwa Donald Trump. Bannon yabwiye ibitangazamakuru rikora muri ubwo buryo ko bIgomba gufunga umunwa, avuga ko abatangarije intambara yeruye.

-5539.jpg

Perezida Trump aganganye bikomeye n’Itangazamakuru amaherezo azaba ayahe ?

Yakomeje asobanura ko atiyumvisha ukuntu ibitangazamakuru byinshi bitaremera ko Trump yabaye Perezida w’Amerika, Bannon akaba abibonamo agasuzuguro gakabije.

Steve Bannon ngo yaba yarahamagawe kuri telefone ngendanwa n’umunyamakuru utavuzwe izina ngo hanyuma batangiye kuvugana, Bannon ahita amubwira ko bateye isoni, ko bagomba kuziba hanyuma bagategereza gato ibyo Perezida mushya azakora mbere yo guca urubanza kubintu batarabona.

Nyuma yaho undi munyamakuru yamuhamagaye ngo amubaze kuri iki kibazo, Bannon yamubwiye ko Itangazamakuru ryo muri Amerika ryabaye nk’ ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi, ati ntabwo musobanukiwe ibibera muri iki gihugu, yakomeje asomera uyu munyamkuru amubwira ko biteye agahinda kubona Itangazamakuru ritaramenya impamvu n’ukuntu Trump yatowe.

-5538.jpg

Steve Bannon

Uyu mugabo Steve Bannon nawe yavuzwe cyane igihe cy’amatora ubwo yatukaga ibitangazamakuru bikomeye avuga ko ari ibinyamakuru bipfuye ijana ku ijana ko batazi icyo gukora . Ibi yabivuze Trump ubwo yaramaze gutorwa kandi itangazamakuru ritarigeze rimuha amahirwe yo gutorwa na gato, ahubwo ngo bakoreraga Hillary Clinton.

Steve yanabajijwe kumunyamakuru Sean Spicer uherutse gukora ikiganiro aho yikomeye Perezida Trump kuburyo bukomeye avuga ko ntabantu bitabiriye imihango yo kurahira kwe maze Bannon afatwa n’uburakari bukomeye avuga ko Itangazamakuru rimeze nkirya Sean ntatangazamakuru ririmo ko rikorwa n’abantu batagira ubwenge, ko n’abanyamakuru nkabariya batagomba kwemererwa uruhusa mu mihango nkiriya.

Guhangana hati y’ubutegetsi n’Itangazamakuru byakundaga kugaragara hano muri Afurika mu bihugu bikiri inyuma mu iterambere none byageze no mu bihugu byitwa ko aribyo biriha uburenganzira busesuye! Gusa biragaragara ko ikibazo kitari hano hafi ngo gikemuke kuko iki cyumweru kigitangira ushinzwe itangazamakuru muri White House yatanze ikiganiro n’abanyamakuru bikaba byaravuzwe ko amatelevisiyo menshi yamusuzuguye bakanga guhitisha nibyo arimo kuvuga.

Hakizimana Themistocle

2017-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Umugore wa Trump arashaka ko ikinyamakuru kimuha amadolari miliyoni 150

Ubwanditsi 06 Sep 2016
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]
Mu Rwanda

Bisi ya RITCO itwaye abantu 60 yakoze impanuka Imana ikinga ukuboko [ Amafoto ]

Ubwanditsi 21 Sep 2017
Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi
Mu Rwanda

Abantu batanu baguye mu mirwano hagati y’ingabo za Congo n’u Burundi

Ubwanditsi 23 Dec 2016
Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU
POLITIKI

Haravugwa guheza abagore ku myanya y’akazi ikomeye muri Komisiyo ya AU

Ubwanditsi 05 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru