• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Intambara ikomeye hagati y’Ubutegetsi bwa Trump n’Itangazamakuru imaze gufata indi ntera

Ubwanditsi 30 Jan 2017 ITOHOZA

Itangazamakuru rifatwa nk’ubutegetsi bwa gatatu muri buri gihugu rikaba rihabwa umwanya ukomeye mu bihugu byateye imbere ubu ryaba ridacana uwaka n’ubutegetsi bwa Perezida Donald Trump.

Nyuma yuko White House yibasiye Abanyamakuru bikomeye kubera ko basuzuguje irahira rya Trump bakavuga ko ritigeze ryItabirwa n’abantu benshi nkuko byari bisanzwe kubandi baperezida bayoboye Amerika, hakaza kubaho guterana amagambo cyane ubu ibibazo biravuka ubutitsa kuburyo itangazamakuru n’ubutegetsi bwa Trump bishobora kugira imibanire nk’iy’agaca n’imishwi y’inkoko.

Umwe mu bayobozi bakuru mu biro bya Trump witwa Steve Bannon yatangaje kuri uyu 26 Mutarama 2017 ko bagiye guhangana n’Itangazamakuru ryiyita ko ari iry’umwuga muri Amerika kandi ngo ryariyemeje kurwanya ubutegetsi bwa Donald Trump. Bannon yabwiye ibitangazamakuru rikora muri ubwo buryo ko bIgomba gufunga umunwa, avuga ko abatangarije intambara yeruye.

-5539.jpg

Perezida Trump aganganye bikomeye n’Itangazamakuru amaherezo azaba ayahe ?

Yakomeje asobanura ko atiyumvisha ukuntu ibitangazamakuru byinshi bitaremera ko Trump yabaye Perezida w’Amerika, Bannon akaba abibonamo agasuzuguro gakabije.

Steve Bannon ngo yaba yarahamagawe kuri telefone ngendanwa n’umunyamakuru utavuzwe izina ngo hanyuma batangiye kuvugana, Bannon ahita amubwira ko bateye isoni, ko bagomba kuziba hanyuma bagategereza gato ibyo Perezida mushya azakora mbere yo guca urubanza kubintu batarabona.

Nyuma yaho undi munyamakuru yamuhamagaye ngo amubaze kuri iki kibazo, Bannon yamubwiye ko Itangazamakuru ryo muri Amerika ryabaye nk’ ishyaka ritavugarumwe n’ubutegetsi, ati ntabwo musobanukiwe ibibera muri iki gihugu, yakomeje asomera uyu munyamkuru amubwira ko biteye agahinda kubona Itangazamakuru ritaramenya impamvu n’ukuntu Trump yatowe.

-5538.jpg

Steve Bannon

Uyu mugabo Steve Bannon nawe yavuzwe cyane igihe cy’amatora ubwo yatukaga ibitangazamakuru bikomeye avuga ko ari ibinyamakuru bipfuye ijana ku ijana ko batazi icyo gukora . Ibi yabivuze Trump ubwo yaramaze gutorwa kandi itangazamakuru ritarigeze rimuha amahirwe yo gutorwa na gato, ahubwo ngo bakoreraga Hillary Clinton.

Steve yanabajijwe kumunyamakuru Sean Spicer uherutse gukora ikiganiro aho yikomeye Perezida Trump kuburyo bukomeye avuga ko ntabantu bitabiriye imihango yo kurahira kwe maze Bannon afatwa n’uburakari bukomeye avuga ko Itangazamakuru rimeze nkirya Sean ntatangazamakuru ririmo ko rikorwa n’abantu batagira ubwenge, ko n’abanyamakuru nkabariya batagomba kwemererwa uruhusa mu mihango nkiriya.

Guhangana hati y’ubutegetsi n’Itangazamakuru byakundaga kugaragara hano muri Afurika mu bihugu bikiri inyuma mu iterambere none byageze no mu bihugu byitwa ko aribyo biriha uburenganzira busesuye! Gusa biragaragara ko ikibazo kitari hano hafi ngo gikemuke kuko iki cyumweru kigitangira ushinzwe itangazamakuru muri White House yatanze ikiganiro n’abanyamakuru bikaba byaravuzwe ko amatelevisiyo menshi yamusuzuguye bakanga guhitisha nibyo arimo kuvuga.

Hakizimana Themistocle

2017-01-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]

Rugema Kayumba  yabaye mayibobo muri Norvège [ Agahuru k’imbwa karahiye]

Ubwanditsi 26 Apr 2018
Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Kayumba Nyamwasa ucumbikiwe nk’impunzi muri Afurika y’epfo akomeje ingendo nyinshi muri Congo aho inyeshyamba afasha zitoreza

Ubwanditsi 02 Jan 2019
Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Itohoza: Ubutabera bw’u Bubiligi buragera Sebatware Marcel amajanja , Rushyashya yavuye imuzi nimuzingo kubyaha bya Jenoside aregwa ndetse n’ubusahuzi yitwaje UZICONDICO

Ubwanditsi 26 Jan 2020
Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Perezida Ndayishimiye Yabeshye icya Semuhanuka, Tshisekedi na FDLR Bakomeje iterabwoba gusa

Ubwanditsi 26 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura
Amakuru

U Burundi bwakajije ingamba zo kwirinda icyorezo cya COVID 19 nyuma y’iminsi bagisuzugura

Ubwanditsi 18 Jan 2021
Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda
ITOHOZA

Uganda yarekuye amakamyo y’amabuye y’agaciro yari yafashwe aturutse mu Rwanda

Ubwanditsi 23 Nov 2018
Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo  [ VIDEO ]
UBUKUNGU

Morgan Freeman yasobanuye u Rwanda nk’Indorerwamo y’Amahoro n’Ubwiyunge amahanga yakwirebeyemo [ VIDEO ]

Ubwanditsi 17 May 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru