• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Girumugisha yabaye umukinnyi w’umwaka muri Shampiyona y’u Rwanda ahembwa imodoka ya miliyoni 15 Frw   |   13 Jul 2026

  • Iperereza ku rupfu rwa ruharwa Kabuga Félicien: Yapfiriye mu cyumba cye nyuma yo guhabwa ifunguro, yazize umutima   |   13 Jul 2026

  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Ese igitutu cya Rudasingwa kuri Kayumba cyaba aricyo gitumye atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ese igitutu cya Rudasingwa kuri Kayumba cyaba aricyo gitumye atanga ubuhamya bumugira umwere ?

Ubwanditsi 05 Nov 2016 ITOHOZA

Muri Nyakanga 2016, nibwo Rudasingwa Théogène, Musonera Jonathan na Joseph Ngarambe batangaje ko bitandukanyije na RNC ya Kayumba Nyamwasa, Impamvu zatumye bitandukanya n’abo bari basanganywe muri RNC go ni uko hari agatsiko k’abasirikari bayobowe na Kayumba Nyamwasa kabangamiye imikorere ya RNC yari iyobowe na Rudasingwa.

Ntibyamaze kabiri, iyo New RNC ihita itangaza amazina y’abasirikari ngo bakoze itsembabwoko ry’abahutu, kuri urwo rutonde bashinja Kayumba Nyamwasa icyo bise Jenoside abahutu.

-4565.jpg

Rudasingwa Theogene

Ntibiteye kabiri, tubona mu binyamakuru by’Abafaransa ko Kayumba Nyamwasa yandikiye abacamanza b’ubufaransa bashinzwe gukora iperereza ku ihanurwa ry’indege yarimo perezida Habyarimana na Ntaryamira w’u Burundi, abasaba ko bamwumva agatanga ubuhamya bugamije gushinja Perezida Kagame kuba ariwe ngo wahanuye indege ya Habyarimana.

Bavuga ko ngo yagiye kwa noteri atangayo ubuhamya butoya bwemeza ko yumvise Kagame avuga ko indege ya Habyarimana imaze kuraswa n’ingabo za FPR.
Ese Kayumba aramutse atanze ubuhamya nk’ubwo ku bacamanza b’Ubufaransa, muri ayo magambo, ni iki gishya Kayumba yaba avuze ?

Ese igitutu cya Rudasingwa cyo gusha kwigarurira Abahutu bari muri Oppositon nicyo gitumye Kayumba ashaka nawe kugira icyo avuga cyafasha abo bita abahutu barwanira cyangwa bagamije kwigarurira kubera intege nke cyangwa se abitewe n’uko ashinjwe na Rudasingwa gutsemba abahutu noneho akaba agira ngo atange ubuhamya bumugira umwere ?

-4568.jpg

Kayumba Nyamwasa imbere y’abanyamakuru

Muri ya film ya bbc yatumye ifungwa mu Rwanda yiswe “Rwanda’s untold story”, umunyamakuru wa BBC yabajije Kayumba ati “urakeka ari nde uri inyuma y’iraswa ry’indege ya perezida HABYARIMANA?, undi arasubiza ati “ni Paul Kagame, nta kubishidikanyaho”, umunyakuru arongera ati “ urabizi ko ari Kagame” ati “Ijana ku ijana”; umunyakuru ati “ wari mu nama yapanze icyo gikorwa”? ati “Nibyo ndabizi, nari mu mwanya unyemerera kubimenya kandi nawe azi neza ko nari mu mwanya unyemerera kubimenya; arabizi”. Bamubajije niba yari mu nama itegura icyo gikorwa cyo guhanura indege aho kugisubiza ati “nari ndi mu mwanya unyemerera kubimenya”. Mu by’ukuri yahunze ikibazo.

Abacamanza babiri b’Abafaransa, Jean-Marc Herbaut na Nathalie Poux baheruka gutangaza isubukurwa ry’iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana, bikurikirwa n’ubuhamya bwa Kayumba Nyamwasa wahunze igihugu washinje abayobozi b’u Rwanda uruhare muri iki gikorwa.

Ni igikorwa gikurikira iperereza umucamanza w’umufaransa, Jean Louis Bruguière yakoze mu 2006, ryashinje itsinda ry’abantu icyenda barimo na Kayumba ubwe, ariko kuri ubu akaba yarahawe umwanya yishinjura, ari nako abishyira ku bandi.

Mu kiganiro Minisitiri w’Ingabo Gen.James Kabarebe, yahaye urubyiruko rugera kuri 200 rubarizwa mu muryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, AERG, ku Cyumweru gishize, yababwiye ko ipfundo ry’ubu bucuti bwa Kayumba n’Abafaransa nta kindi kibwihishe inyuma uretse ubusambo no gushaka guhirika ubutegetsi buriho mu Rwanda ngo babone uko bakora Jenoside.

Ati “Mugomba kumenya ko imbaraga zo gukora Jenoside zuzuye, murabyumva Abafaransa amadosiye bayahagurukije, biriya bahagurutsa se n’iki, biriya ni ugushaka guhindura ubutegetsi ntakindi.”

Akomeza agira ati “Biriya bagiye muri Afurika y’Epfo bagashaka ibisambo nka ba Kayumba bakamugira inama sinzi ibyo bamusezeranyije niba ari amafaranga kuko na we yabonye ko intambara ze ntaho ziva ntaho zigana, bati ‘noneho bishyire kuri Perezida ya dosiye yo kuvuga abantu 40 ngo barashe indege ya Habyarimana, oya vuga ko ari Perezida, Kabarebe na Kayonga batatu’ nibyo biri bushoboke kuko uwo dushaka ni Perezida.”

“Bagomba kuba baramuhaye amafaranga menshi ariko icyo bashaka ni uguhirika ubutegetsi buriho, bagamije guca intege uburyo abaturage bayobowe. Niba ushaka Perezida urashaka igihugu, niba ubigezeho Jenoside irabaye.”

-4567.jpg

Gen James Kabarebe

Minisitiri Kabarebe yababwiye ko batagomba kwirara bakumva ko hari abagishaka gucamo Abanyarwanda ibice, abasaba kubarwanya bivuye inyuma.

Yagize ati “Urokotse utagiye muri ibyo byumviro by’uko ibyo bintu bigihari ngo ugire imbaraga zo kubirwanya, ntacyo waba wararokokeye nta na kimwe. Warokoka se ngo ejo abana bawe bazongere bicwe hari icyo byaba bikumariye, ntacyo byaba bimaze.”Iperereza ku ihanurwa ry’indege ya Habyarimana ku nshuro ya mbere ryaje gufungwa mu mu mpeshyi ya 2014, riza gufungurwa nyuma y’amezi atatu ariko muri Mutarama umwaka ushize ryongeye gufungwa nta kintu gifatika ritanze kirenga kubyatangajwe mbere.

Cyiza Davidson

2016-11-05
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kenya :   Dyer&Blair  Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Kenya : Dyer&Blair Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Ubwanditsi 20 Jun 2016
MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

MONUSCO yabonye umugaba mukuru w’ingabo mushya

Ubwanditsi 15 Apr 2018
Mu kiyovu cya bacyene haravugwa Inkuru y’umugore wafashwe agiye gusambana N’umugabo ufite umugore maze Umugore wo murugo arabafa

Mu kiyovu cya bacyene haravugwa Inkuru y’umugore wafashwe agiye gusambana N’umugabo ufite umugore maze Umugore wo murugo arabafa

Ubwanditsi 27 Apr 2017
Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Imyumvire idahwitse y’Abategetsi b’i Burundi niyo ikuye amata ku munwa Dynamo Basketball Club

Ubwanditsi 12 Mar 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro:  Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye
Mu Mahanga

Kicukiro: Umugabo yatawe muri yombi ashinjwa kwica atwitse mushiki we babyaranye

Ubwanditsi 27 Oct 2016
Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose
POLITIKI

Senateri Tito Rutaremara yasobanuye impamvu mu Rwanda Perezida atemerewe kwikubira ububasha bwose

Ubwanditsi 04 Apr 2018
Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe
INKURU NYAMUKURU

Thabo Mbeki Wigeze Kuyobora Afurika Y’Epfo Yimwe Ikaze Muri Congo Nk’intumwa Idasanzwe

Ubwanditsi 22 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru