• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Perezida Kagame yihanganishije Kenya yagabweho igitero cy’iterabwoba

Editorial 17 Jan 2019 ITOHOZA

Perezida Paul Kagame yihanganishije Kenya nyuma y’igitero cy’ubwiyahuzi cyaguyemo abantu 14 mu Mujyi wa Nairobi, cyigambwe n’Umutwe w’Iterabwoba wa Al Shabaab.

Ku wa 15 Mutarama 2019, abantu bane bavuye mu modoka bambaye imyenda itinjirwamo n’amasasu, bagaba igitero ku nyubako ya 14 Riverside Drive irimo Dusit Hotel, muri Westlands mu Mujyi wa Nairobi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 16 Mutarama 2019, Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta yatangaje ko abaturage 14 basize ubuzima muri icyo gitero, mu gihe abakigabye bose bishwe.

Mu butumwa bwe Umukuru w’Igihugu, Kagame Paul akaba n’Umuyobozi w’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe (AU) yanyujije kuri Twitter, yifatanyije n’abatuye Kenya mu bihe bikomeye barimo.

Ati “Perezida Kenyatta, nifatanyije n’abavandimwe bacu b’Abanya-Kenya n’abantu bose bagizweho ingaruka n’igitero cy’iterabwoba cyagabwe i Nairobi. Turabihanganisha kuri ibi byago. U Rwanda na Afurika byifatanyije na Kenya mu rugamba rwo kurwanya iterabwoba.’’

Kuri iyo nyubako, amashusho yafashwe na Camera zicunga umutekano agaragaza ko abantu bane bihishe amasura bitwaje intwaro, aribo bagabye iki gitero ndetse bivugwa ko bari bamaze iminsi bahaneka.

Abiyahuzi bateye gerenade ku modoka zari ziparitse hanze mbere yo kwinjira mu nyubako. Abari bayirimo bagerageje guhungira mu bwogero, munsi y’intebe n’ameza mbere yo kurokorwa.

Mu 2013, abarwanyi ba Al-Shabaab bagabye igitero mu nyubako ikomeye y’ubucuruzi ya Westgate cyaguyemo abantu 67 mu minsi irindwi.

Muri Mata 2015 kandi aba barwanyi bishe abantu 148 muri Kaminuza ya Garissa mu Burasirazuba bwa Kenya. Muri uyu mwaka banateye ibirindiro by’ingabo za Kenya ku mupaka wa Somalia, bica abasirikare.

Perezida Kagame yifatanyije na Uhuru Kenyatta mu bihe bikomeye Kenya irimo

Abagabye igitero bateye gerenade mu modoka zari ziparitse hanze ya hoteli, zirashya zirakongoka

Abantu bagera kuri 700 bakuwe ahagabwe igitero bakiza amagara

 

2019-01-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Uko Uganda n’UBurundi bacuze  umugambi wo gutera URwanda mu mpera za 2019 .

Editorial 23 Dec 2019
U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

U Bufaransa bwasoje iperereza ku ndege ya Habyarimana

Editorial 23 Dec 2017
PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

PARIS:UMUTANGABUHAMYA W’UMUPADIRI YAGARAGAJE UBUGOME BWA NGENZI MU IYICWA RY’ABATUTSI I KABARONDO

Editorial 01 Jun 2016
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Editorial 13 Jun 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.
Amakuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze muri Angola, aho yakiriwe na mugenzi we w’icyo gihugu, João Lourenço.

Editorial 11 Mar 2024
Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.
Amakuru

Uganda yagombye gushyikirizwa ubutabera mpuzamahanga kubera  abasirikari bayo bafatanya n’ inyeshyamba kurwanya ingabo za Loni no kwica inzirakarengane muri Repubulika ya Santrafrika.

Editorial 11 Jan 2021
Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Uko Venuste Nshimiyimana wa BBC, Yasabye Habyarimana Gukwiza Interahamwe na CDR mu Rwanda

Editorial 02 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru