• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Perezida Paul Kagame na Minisitiri wa siporo Munyangaju Aurore Mimosa bakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzwemo na Guinée mu irushanwa rya Afrobasketball wataze itike ya 1/4

Editorial 31 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ubwo hakinwaga umukino wagombaga gutanga itike ya 1/4 cy’irangiza mu irushanwa Nyafurika mu mukino w’intoki wa Basketball mu bagabo, u Rwanda rwatsinzwe na Guinée amanota 72 kuri 68, ni umukino wakurikiwe na Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Muri uyu mukino, ikipe y’igihugu y’u Rwanda niyo yatangiye neza kuko agace ka mbere karangiye u Rwanda ruyoboye n’amanota 15 kuri 13 ya Guinée, ni mugihe agace ka kabiri ikipe ya Guinée yagatwaye ku manota 18 kuri 14 y’u Rwanda.

Bavuye ku ruhuka, ikipe y’u Rwanda niyo yitwaye neza kuko yakozemo amanota 24 kuri 13 ya Guinée, aha byashobokaga ko ikipe ihagarariye u Rwanda yarimo yitwara neza ndetse igana kwegera intsinzi yo ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, gusa ntabwo byagenze neza kuko mu gace ka nyuma u Rwanda rwagatakaje ku manota 28 kuri 14 bityo uyu mukino mu kuwutakaza bituma u Rwana rutabona amahirwe yo gukomeza muri 1/4.

Binyuze kuri Instagram ya Perezida Paul Kagame batangaje ko yakurikiye uyu mukino wabaye mu masaha y’ijoro ya Saa mbili z’umugoroba, bagize bati “Uyu mugoroba kuri Kigali Arena, Perezida Kagame yitabiriye umukino uhuza u Rwanda na Guinea mu marushanwa ya #AfroBasket.”

Mu ifoto bashyizeho Perezida Paul Kagame yagaragaye ari kumwe na Minisitiri wa Siporo Madame Munyangaju Aurore Mimosa.

Usibye uyu mukino u Rwanda rwatakaje wo gushaka itike yo kujya muri 1/4 cy’irangiza mu irushanwa rya Afrobasket, kuri uyu wa mbere kandi ikipe ya Angola yo yatsinze ikipe ya Misiri amanota 70 kuri 62.

Mu yindi mikino itegerejwe yo gushaka itike yo gukina imikino ya 1/4, ikipe ya Nigeria irakina n’ikipe ya Uganda ku isaha ya saa Cyenda zuzuye muri Kigali Arena, uyu mukino urakurikirwa n’uwa Sudani y’Epfo ikina na Kenya ku isaha ya Saa kumi n’ebyiri.

Kugeza ubu mu irushanwa rya Afrobasket ririmo gukinwa ku ncuro yayo ya 30, amakipe amaze kugera muri 1/4 ni Cote d’Ivoire, Senegal, Cape Verde ,Tunisia, Angola ndetse na Guinee.

Irushanwa rya Afrobasket riri gukinirwa mu Rwanda guhera ku itariki ya 24 Kanama 2021, biteganyijwe ko rizasozwa kuri iki cyumweru tariki ya 5 Nzeri 2021.

2021-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

Congo-Kinshasa: AFC/M23 yatangaje ibikenewe byose mbere y’uko Ikibuga cy’Indege cya Goma gifungurwa

Administrator 27 Nov 2025
Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Maj (Rtd) Habib Mudathiru ukekwaho gukorana na RNC yemeye ibyaha aregwa

Editorial 18 Oct 2019
Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Leta ya Uganda irashinjwa kwica abaturage bo mu idini ya Islam, ibitirira ibisasu bitegwa mu duce tunyuranye tw’icyo gihugu.

Editorial 21 Nov 2021
U Rwanda  kwisonga  mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

U Rwanda kwisonga mu bihugu bifite abaturage banywa ibisindisha byinshi

Editorial 06 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye
INKURU NYAMUKURU

Uko Umugambi wa Kayumba Nyamwasa wo guhungabanya umutekano w’u Rwanda wapfubye

Editorial 13 Feb 2019
Mpayimana  Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro
INKURU NYAMUKURU

Mpayimana Philippe, yagaye imyitwarire ya Gilbert Mwenedata uri mu buhungiro

Editorial 22 Nov 2017
Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe
ITOHOZA

Umubano w’u Rwanda n’u Bufaransa ukomeje gusubira irudubi :Ambasaderi w’u Rwanda i Paris yahamagajwe

Editorial 24 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru