• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika

Perezida Trump yashimiye Madamu Jeannette Kagame watangije amasengesho yo gusengera Amerika

Editorial 09 Feb 2018 INKURU NYAMUKURU

Madamu Jeannette Kagame yatangije amasengesho yo gusengera Leta Zunze Ubumwe za Amerika yabaye kuri uyu wa Kane (saa mbili ku isaha y’i Washington, aho byari saa munani z’amanywa mu Rwanda); yitabiriwe na Perezida Donald Trump ndetse n’abandi bayobozi bakuru baturutse mu bihugu bisaga ijana.

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald John Trump, yashimye Madamu Jeannette Kagame wayitabiriye, akanavuga isengesho riyafungura.

Ubwo yari atangiye ijambo rye, Trump yagize ati “Ndashaka gushimira Madamu Jeannette Kagame ku bw’isengesho rifungura. Mwakoze!”

Mu isengesho rye, Madamu Jeannette Kagame yagarutse ku nyigisho za Mutagatifu Fransisiko w’i Assisi wigishaga asaba abantu gusakaza urukundo ahantu hose hari urwango, imbabazi ahari ibyaha, ukuri ahari ikinyoma n’icyizere ku bihebye.

Yakomeje ashimira Imana ku byo yagejeje ku Rwanda nyuma y’ibihe bikomeye rwanyuzemo. Ati “Turagushimira ku bw’uyu munsi, u Rwanda igihe kimwe cyari igihugu cyasenyutse, cyacitsemo ibice, gifite amateka ababaje ariko ubu ni igihugu cyuje amahoro ku basore n’inkumi bacyo.”

Madamu Jeannette Kagame yasabye Imana ko inyungu z’igihugu zakomeza kwaguka maze ubumwe, ubwiyunge n’urukundo bikaganza hose.

Donald Trump muri aya masengesho yagiye avuga ku magambo atandukanye agaragara muri Bibiliya harimo nk’aho yagarutse ku riboneka mu gitabo cya Matayo ngo ‘hamwe n’Imana, byose birashoboka.”

Aya masengesho yiswe ‘National Prayer Breakfast’ aba buri mwaka ku wa Kane wa Mbere wa Gashyantare. Abagize Inteko Ishinga Amategeko n’abayobozi b’amadini baturuka mu bihugu bigera ku 100 nibo bitabira iki gikorwa cyateguwe bwa mbere mu 1953.

Ategurwa mu rwego rwo guhuza abanyapolitiki na bagenzi babo bayobora amadini kugira ngo basengere hamwe banubake ubucuti. Buri muyobozi wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika kuva kuri Dwight D. Eisenhower ayobora uyu muhango.

2018-02-09
Editorial

IZINDI NKURU

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

“Urwego rw’ubutasi rw’u Bufaransa rwari ruzi ko Guverinoma bashyigikiye ari yo yakoraga Jenoside.”-Rtd Lt.Col. Guillaume Ancel

Editorial 25 Mar 2018
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Editorial 11 Apr 2018
Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Icyo Abahakanyi ba Jenoside Bibumbiye Muri Jambo Asbl nindi Miryango Bagomba Kumenya k’Ubwicanyi bw’Abatutsi Bwabaye mu Ukwezi k’Ukwakira 1990

Editorial 10 Oct 2020
“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

“Ikiganiro Ribara Uwariraye” kigamije gushinyagurira abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 25 Apr 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC
Amakuru

Abeza b’u Rwanda muri Basketball batsinzi ab’i Burundi, APR FC ikomeje kuyobora, APR WVC yatsinze POLICE WVC

Editorial 11 Dec 2023
Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza  ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba
Mu Mahanga

Perezida Kagame yagize icyo avuga k’ Ubufaransa bushaka kongera gukora iperereza ry’Indege ya Habyarimana habazwa Kayumba

Editorial 13 Oct 2016
U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo
Mu Rwanda

U Rwanda rwasabye iperereza ku muturage warwo wishwe n’isasu riturutse muri Congo

Editorial 17 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru