• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Perezida wa Tanzaniya, Mama Samia Suluhu Hassan ategerejwe mu Rwanda mu ntangiriro z’icyumweru gitaha

Editorial 30 Jul 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Amakuru dukesha ambasaderi wa Tanzaniya mu Rwanda, arahamya ko Perezida Samia Suluhu Hassan azagirira uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda, akazasesekara I Kigali kuwa mbere tariki 02 Kanama 2021.

Ni uruzinduko rwa mbere rw’akazi Perezida Suluhu azaba agiriye mu Rwanda, kuva muri Werurwe uyu mwaka ubwo yasimburaga ku mwanya wa Perezida wa Tanzaniya Nyakwigendera John Pombe Magufuli , witabye Imana mu buryo butunguranye
Tanzaniya n’uRwanda bisanganywe umubano utagira amakemwa.

N’ubwo ibizaganirwaho hagati ya Perezida Suluhu na mugenzi we w’u Rwanda, Paul Kagame bitaratangazwa, abasesenguzi barahamya ko abo Bakuru b’Ibihugu byombi batazabura kugaruka ku mishinga minini u Rwanda na Tanzaniya bihuriyeho, nko kubaka urugomero rw’amashanyarazi rukomeye rwa Rusumo.

Byitezwe kandi ko Perezida Suluhu na Perezida Kagame bazagaruka ku bufatanye mu kubungabunga umutekano hagati y’ibihugu byombi ndetse no mu karere, dore ko mu minsi ishize Umugaba Mukuru w’ Ingabo z’u Rwanda, Gen Jean Bosco Kazura na Komiseri Mukuru wa Polisi y’ uRwanda IGP Dan Munyuza, bagiriye uruzinduko muri Tanzaniya. Umwe mu myanzuro yagiye ahagaragara uvuga ko inzego z’umutekano za Tanzaniya n’iz’u Rwanda ziyemeje kongera umurego mu kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka no guhashya imitwe y’iterabwoba.

Kuva yaba Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, amaze gusura Kenya, Uganda n’Uburundi. Aho hose yasinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati ya Tanzaniya n’ibyo bihugu, arimo no kubaka umuhanda wa gariyamoshi uhuza ibihugu byo mu karere k’ Afrika y’Uburasirazuba, kandi kugirango bishyirwe mu bikorwa bisaba uruhare rwa buri gihugu.

Uruzinduko rwa Perezida Suluhu mu Rwanda rusanze umubano warwo na Uganda ukirimo ibibazo bikomeye, ahanini bishingiye ku bihato ubutegetsi bwa Perezida Yoweri K. Museveni butahwemye gushyira mu nyungu z’u Rwanda, kugeza n’aho ubwo butegetsi bushyigikira imitwe y’iterabwoba nka RNC, n’indi igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda.

Abakurikiranira hafi iby’uru ruzinduko rwa Perezida wa Tanzaniya mu Rwanda, barasanga we na mugenzi we w’u Rwanda , Paul Kagame, nta kuntu batazagaruka ku buryo bwo kurangiza ubushyamirane hagati ya Uganda n’u Rwanda, kuko umubano mwiza w’abaturanyi ari ingenzi mu iterambere ry’aka karere kose.

2021-07-30
Editorial

IZINDI NKURU

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Uburyo abakoze ibizamini bya Leta bamenya ibigo bazigaho

Editorial 19 Jan 2017
Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Minisitiri Kaboneka arahamagarira urubyiruko kwiminjiramo agafu mu kurwanya ibyaha

Editorial 17 Sep 2016
Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Uganda: Kutesa yafashe ruswa ngo ageze abayimuhaye kuri bimwe mu bikorwa byinjiza amafaranga menshi mu gihugu

Editorial 27 Nov 2017
Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Bizimana Djihad ntabwo azakina umukino u Rwanda ruzakina na Uganda, Djamir Kalisa yabimburiye abakina hanze gutangira imyitozo mu Mavubi

Editorial 04 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda
Amakuru

Imodoka zitwaye imirambo y’abasirikari b’Afrika y’Epfo n’abakomerekeye ku rugamba muri Kongo iragezwa iwabo inyuze mu Rwanda igana Entebbe muri Uganda

Editorial 07 Feb 2025
Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora
INKURU NYAMUKURU

Abakuru b’ibihugu barindwi bazitabira ibirori by’Umunsi wo Kwibohora

Editorial 03 Jul 2019
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa
Amakuru

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru