• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Pistorius wivuganye umukunzi we yakatiwe gufungwa imyaka itandatu

Editorial 06 Jul 2016 IMIKINO

Oscar Pistorius, Umunyafurika y’Epfo wamamare mu mikino yo gusiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga, yakatiwe n’urukiko rw’ikirenga rwa Pretoria, gufungwa imyaka 6 nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umukunzi we.

Hari ku munsi w’abakundana(Valentine’s day), ku itariki ya 14 Gashyantare 2013, ubwo Pistorius yicaga arashe amasasu ane Reeva Steenkamp, umukunzi we, ku mpamvu yagaragaje ko yamwitiranyije n’ibisambo.

Nyuma y’imyaka itatu yisobanura mu nkiko zo muri Afurika y’Epfo, kuri uyu wa 6 Nyakanga 2016, inkuru nyinshi zirirwaga zivugwa kuri kiriya cyamamare, zashojwe n’igihano cy’igifungo cy’imyaka itandatu yahawe n’umucamanza Thokozile Masipa.

Ni igihano ‘gito cyane’ ugereranyije n’icyo benshi bari bategereje bitewe n’uko umushinjacyaha yari yabanjije kumusabira gufungwa nibura imyaka 15, bikaba bigaragara ko cyanakiriwe neza na benshi nk’uko ikinyamakuru The Guardian cyabyanditse.

Andrew Fawcett, umwunganizi wa Pistorius, yagize ati “Twubashye icyemezo cy’umucamanza Masipa kandi ntabwo tuzajurira.”

Ku ruhande rw’abashyigikiye umuryango wa nyakwigendera Steenkamp bagaragaje ko amategeko yakoze akazi kayo, bityo ko ngo nta kindi bakongera gukora.

Doup De Bruyn, umwunganizi mu mategeko, wari uhagarariye umuryango wa Steenkamp, yavuze ko “nta cyo umuryango wakora ku mwanzuro w’urukiko. Nta kizagarura Reeva. Icyiza cyo gukora ni ugukomeza kwituriza.”

Pistorius yamamaye ku Isi hose mu mikino Olempike na Paralempike yabereye i London mu Bwongereza mu mwaka wa 2012, ubwo yageraga muri kimwe cya kabiri cy’irangiza mu marushanwa y’abasiganwa ku maguru mu cyiciro cy’abafite ubumuga basiganwa muri metero 200.

Amwe mu mateka ya Pistorius

-3198.jpg

Wikipedia.org ivuga ko amazina bwite y’iki cyamamare, ari Oscar Leonard Carl Pistorius, yavutse ku wa 22 Ugushyingo 1986, avukana ubumuga bw’amaguru yombi bwahereye munsi y’amavi, ni ubumuga ngo bwamufashe amaze amezi 11 avutse.

Uyu musore wamamaye mu mikino yo gusiganwa ku maguru (athletisme) ndetse agasiganwa n’abadafite ubumuga, yavukiye mu rusisiro rwa Sandton, ruri mu mujyi wa Johannesburg muri Afurika y’Epfo, afite uburebure bwa metero 1.84, afite kandi ibilo 80.6

2016-07-06
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Mu mikino ya gishuti, ikipe ya Police FC yatsinze Gasogi United, AS Muhanga itsindwa na AS Kigali naho Bugesera FC na Sunrise bagwa miswi.

Editorial 07 Jun 2021
Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu

Gasogi United yasezeye k’umunya Liberia Herron Berian wayikiniraga, mu kumuha icyubahiro nimero 5 yambaraga izabikwa imyaka itatu

Editorial 07 Jul 2022
APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

APR FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 inacibwa amande ya 100 000 Frw izira gukinisha abanyamahanga 7 mu mukino umwe

Editorial 07 Nov 2024
Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Amafoto – Gicumbi FC yegukanye igikombe cya shampiyona yo mu kiciro cya kabiri 2021 itsinze Etoile de l’Est kuri penaliti 14-13

Editorial 16 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019
HIRYA NO HINO

Nimwiza Meghan ni we Miss Rwanda 2019

Editorial 27 Jan 2019
Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.
Mu Mahanga

Clement yagize icyo avuga ku kuba abadivantiste baranze kuzabasezeranya kuko Knowless atwite.

Editorial 28 Jul 2016
Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo
INKURU NYAMUKURU

Abahoze ari abarwanyi ba Rusesabagina Paul bafatiwe ku rugamba muri Kongo bakomeje kugaragaza uruhare rwe mu bikorwa by’iterabwoba mu Rwanda no mu burasizarazuba bwa Kongo

Editorial 17 Jul 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru