• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Polisi irizeza umutekano usesuye mu mpera z’umwaka ifatanyije n’abaturage

Editorial 15 Dec 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irizeza Abaturarwanda ko hazakomeza kubaho umutekano mu gihugu hose mu gihe cy’iminsi mikuru yo kwizihiza  Noheri n’Ubunani  kandi igasaba abaturage kubyizihiza birinda gukora ibyaha.

Ibi byatangajwe  mu kiganiro nyunguranabitekerezo cyabereye ku cyicaro gikuru cya Polisi y’u Rwanda ku Kacyiru hagati yayo n’Itangazamakuru. Iki kiganiro cyari gifite insanganyamatsiko igira iti:”Guha imbaraga ubufatanye hagamijwe gutanga serivisi inoze”.

Ni ikiganiro  kitabiriwe kandi kiyoborwa n’umuyobozi mukuru wa Polisi y’u Rwanda , IGP Emmanuel K. Gasana ari nawe wari umushyitsi mukuru, ari kumwe na Barore Cleophas uyobora Urwego rw’abanyamakuru bigenzura ndetse na Musangabatware Clement, Umuvunyi mukuru wungirije.
Atangiza iyi nama ngarukamwaka  ihuza Polisi y’u Rwanda n’itangazamakuru  hagamijwe gutanga ubutumwa burwanya ibyaha , IGP Gasana yagize ati:” Duha agaciro ibyo itangazamakuru rikora mu guha amakuru no kwigisha abaturage ku birebana n’umutekano.”
IGP Gasana yavuze ko ituze , umutekano n’amahoro mu Rwanda twishimira uyu munsi bizakomeza kugerwaho ai uko habayeho ubufatanye n’abaturage cyane cyane itangazamakuru ; kuko ari ryo rifasha mu bukangurambaga burwanya icyahungabanya imibereho myiza y’umuturage.
IGP Gasana yagize  ati:” Hari ababonako kwizihiza iminsi mikuru ari umwanya wo gukora ibyo bashaka cyane cyane ibitemewe n’amategeko byiganjemo ibyaha nk’ubujura n’ibindi” maze ahamagarira abaturarwanda kuba maso kandi bagatangira amakuru ku gihe kuri abo bagizi ba nabi.
Yibikije ababyeyi kutishinga iminsi mikuru ngo bibagirwe kita ku bana babo cyane cyane abato batibagiwe no kubarinda kwishora mu bikorwa bibi nko kunywa ibisindisha no kujya mu myidagaduro batemerewe n’amategeko.

Aha yagize ati:” Nk’uko ibikorwa byo kubungabunga umutekano bizakomeza, abaturarwanda baragirwa inama yo gukomeza gukorana na Polisi , batanga amakuru ku byo bakeka ko byahungabanya umutekano ndetse  n’imyitwarire idasanzwe isaba ubugenzuzi no gukurikiranirwa hafi.”

Yakomeje agira inama abaturage kwishima no kunywa mu rugero , hirindwa amakimbirane nko kurwana no gukomeretsanya kugirango habeho iminsi mikuru irangwa n’ituze kandi izira icyaha.
Avuga uko umutekano wo mu muhanda uhagaze, Komiseri George Rumanzi, iyubora ishami rya Polisi rishinzwe umutekano wo mu muhanda yasabye abatwara ibinyabiziga kwirinda gutwara banyoye ibisindisha, umuvuduko ukabije, uburangare ari nabwo bugaragara mu mpera z’umwaka ari nabwo butuma habaho impanuka zihitana abantu.
Yakomeje avuga ko  abahitanwa n’impanuka zo mu muhanda bagabanutseho 32 ku ijana muri aya mezi atatu ashize, ugereranyije n’icyo gihe cy’umwaka ushize , avuga ko biterwa n’ubukangurambaga bw’umutekano wo mu muhanda ndetse n’utugabanyamuvuduko mu modoka zitwara abagenzi kuko arizo zakunze kurangwa n’impanuka zihitana benshi.
Umutekano w’imbere mu gihugu
Muri iyi nama, Polisi y’u Rwanda yavuze ku mutekano w’imbere mu gihug, aho yagaragaje igabanuka ry’ibyaha ho 5,4 ku ijana kuberako umwaka ushize wabayemo ibyaha 17600 naho uyu ukaba warabayemo ibyaha 16800.
Avuga uko umutekano uhagaze, umuyobozi w’ishami ry’ubugenzacyaha muri Polisi y’u Rwanda, ACP Jean Marie Twagirayezu yavuze ko mu byaha byakozwe higanjemo gukubita no gukomeretsa, gufata ku ngufu, gukoresha ibiyobyabwenge n’ibijyanye nabyo, gusambanya abana n’ubujura bworoheje.
ACP Twagirayezu yavuzeko kugabanuka kw’ibyaha byatewe n’ubufanye bwaciye mu kwigihsa abaturage kurwanya ibyaha ndetse n’uruhare rw’abafatanyabikorwa mu kwigisha abaturage gufata ingamba zo kurwanya ibyaha.

Muri uyu mwaka , abantu 35 batabawe bajyanywe gucuruzwa  mu gihe bane bagaruwe mu Rwanda bavanywe mu bihugu bya kure aho bari bacurujwe.

Polisi kandi yavuze ko ubushobozi bw’abapolisi bwiyongereye kandi bahawe ubumenyi bujyanye no kurwanya ibyaha biriho muri iki gihe.

Umuvugizi mukuru wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege naw eyavuze ko imibereho myiza y’abapolisi yakomeje kuzamurwa , aho yanatanze urugero ku itahwa ryabaye vuba aha, ry’icumbi rigezweho ry’abapolisi , rishobora gucumbikira abapolisi 1500  bahendwaga n’ubukode bw’amacumbi.
Polisi ‘u Rwanda kandi yibukije abaturage gukomeza kuyiha amakuru ku kintu cyose babonye gihungabanya umutekano biciye ku mirongo yayo ariyo 110 ku bibereye mu mazi, 3512 ku ihohoterwa rishingiye ku gitsina, 3511 ku karengane ukorewe n’umupolisi, 113 ku mpanuka zo mu muhanda, 112 ku kintu cyose cyihutirwa, 111 ku nkongi z’umuriro, 997 kuri ruswa, 116 ku bufasha bw’abana na 3029 kuri Isange.
Umuvunyi mukuru wungirije ushinzwe gukumira no kurwanya ruswa n’ibisa nayo nawe yashimye ubufatanye busanzwe hagati ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego nk’itangazamakuru cyane cyane mu gukumira no kurwanya ruswa.
Cleophas Barore we yagiriye inama abakora itangazamakuru kwirinda gushyushya imitwe abo baha serivisi kandi asaba ko ibitangazwa byaha ibifitiye inyungu abaturage, haba mu kubarinda ibyaha cyangwa ibibakangurira imibereho myiza yabo.

2017-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasobanuye  iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru  murugo kwa Rwigara

Polisi y’u Rwanda yasobanuye iby’ ihohoterwa ryavuzwe ku banyamakuru bagiye gutara inkuru murugo kwa Rwigara

Editorial 04 Sep 2017
Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Perezida Kagame yagiye muri Tchad akoresheje Pasiporo Nyafurika

Editorial 08 Aug 2016
World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

World Ventures yahagaritswe na RDB, yahakanye gukorera mu Rwanda

Editorial 13 Sep 2018
Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Perezida Museveni aratangira uruzinduko muri Tanzania

Editorial 24 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

U Bushinwa: Agahinda k’umugore wabujijwe kwinjira muri hoteli azira ko akomoka muri Uganda

Editorial 07 Aug 2018
Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021
Amakuru

Amafoto – Gisagara VC mu bagabo ndetse na UVC mu bagore begukanye igice cya mbere cy’irushanwa rya Forzza VolleyBall tournament 2021

Editorial 13 Dec 2021
Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?
Amakuru

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Editorial 14 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru