• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Polisi y’u Rwanda ikomeje kugira abantu inama yo kutishora mu biyobyabwenge

Editorial 29 Mar 2017 Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda irasaba abaturage kutishora mu gukora no kunywa ibiyobyabwenge kuko bigira ingaruka mbi ku buzima bwabo, ariko by’umwihariko ubifatanywe agahura n’ibibazo birimo no gufungwa bityo umuryango we ukahahombera. Ubu ni ubutumwa bwahawe abaturage b’umudugudu wa Taba, akagari ka Murama, umurenge wa Kinyinya mu karere ka Gasabo ku itariki ya 28 Werurwe.

Babuhawe mu nama bagiranye na Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Gasabo, nyuma y’uko umwe mu baturage bo mu mudugudu wa Taba witwa Niyitegeka James w’imyaka 36 afatanwe litiro 1200 z’inzoga y’inkorano yitwa “Muriture”, ikaba ifatwa nk’ikiyobyabwenge. Iyi nzoga akaba yarayikoraga yifashishije amazi atetse yavangavangagamo isukari, ifu y’amasaka, umusemburo w’imigati, ifumbire mvaruganda n’ibindi; nk’uko yabyivugiye.

Uyu mugabo yakoreshaga amayeri akomeye mu guhisha ko akora iyo nzoga. Yari yaracukuye imyobo miremire igera kuri itanu mu cyumba cy’inzu ye maze ayitunganya neza. Muri buri mwobo yashyiragamo ingunguru ya pulasitiki irimo amajerekani 9 y’iyo nzoga ya muriture, hanyuma agapfundikira kugira ngo izashye neza. Kugira ngo bitamenyekana, yari yarakoze imipfundikizo akoresheje za beto na sima ndetse n’ amakaro yo mu nzu noneho akayishyira hejuru ya buri ngunguru ku buryo uwagera mu nzu atashoboraga kumenya ko munsi harimo izo nzoga. Yabonaga ko ari amakaro asanzwe ashashe neza mu nzu nk’uko bisanzwe bituma hamera neza.

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga, yasabye abaturage kujya batanga amakuru y’abantu bakora ibikorwa bigayitse nk’uyu wafashwe akora iyo nzoga itemewe. Yagize ati: “mujye mutungira agatoki inzego z’umutekano abantu nk’aba bakora izi nzoga kuko zibangiriza ubuzima ndetse munatubwire n’abandi banyabyaha muri rusange. Ntabwo wagira ubuzima bwiza unywa ifumbire, umusemburo n’ibindi bibi bakoramo iyo nzoga. Turabasaba ko ubufatanye bwahoraho cyane cyane muduha amakuru kuko n’ubundi gufatwa kwe ni mwebwe abaturage mwabigizemo uruhare”.

-6196.jpg

Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda mu mujyi wa Kigali Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Madamu Nyirabahire Languida yagarutse ku bubi bw’iyo nzoga y’inkorano itemewe, agira ati:” ituma mu miryango hahoramo amakimbirane, abana bahura n’ibibazo bitandukanye birimo kureka amashuri, kutarya neza n’ibindi”. Yasabye abaturage kujya bamenyesha ubuyobozi ibikorwa nk’ibi bibi kugira ngo bafatanye kubikumira no kubirwanya.

Uwafatanywe iyo nzoga y’inkorano itemewe ariwe Niyitegeka James, yavuze ko ari ku nshuri ya gatatu afatirwa muri iki gikorwa agira ati:” ubwa mbere n’ubwa kabiri barambabariye. Ubu ndasaba imbabazi ko noneho mbiretse burundu nkanashishikariza abagikora iyi nzoga kubireka tugashaka ibindi twakora binyuze mu mategeko.”

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Assistant Commissioner of Police (ACP) Theos Badege yashimiye abaturage uruhare bakomeje kugaragaza mu kurwanya ibyaha. Yakomeje agira ati:” biroroshye kubahiriza amategeko ugakora ibyo ateganya kuko biba binyuze mu mucyo. Abaturage nibanywe ibinyobwa byujuje ubuziranenge kuko ibikozwe mu buryo bwavuzwe hejuru bubi bibangiriza ubuzima bityo igihugu kikahahombera”. Yasoje avuga ko ingaruka ari nyinshi ku bafatiwe mu biyobyabwenge harimo no gufungwa, ibihano bikaba bishobora no kugera ku myaka itanu nk’uko bikubiye mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda mu ngingo ya 594.

Umugereka wa I w’iteka rya Minisitiri No 20/35 ryo kuwa 09/6/2015 rigena ibinyobwa bitemwe n’ibindi bintu bifatwa nk’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nkabyo , ushyira Muriture n’ibindi binyobwa nka Kanyanga, Chief waragi na Suzie ku rutonde rw’ibiyobyabwenge.

RNP

2017-03-29
Editorial

IZINDI NKURU

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Musanze: Gitifu w’Umurenge arakekwaho uruhare mu rupfu rw’umwana wahiriye mu nzu

Editorial 06 Apr 2018
General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

General de Brigade Ezéchiel Gakwerere n’izindi nterahamwe bagejejwe mu Rwanda nyuma y’Imyaka 30 bica banasahura

Editorial 01 Mar 2025
Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Kwitwara neza mu birebana n’umutekano mu by’indege za gisiviri byatumye u Rwanda ruhabwa igihembo.

Editorial 23 May 2018
Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza  buvuye ku izima bwemeye  imishyikirano n’ababurwanya

Bujumbura : Ubutegetsi bwa Nkurunziza buvuye ku izima bwemeye imishyikirano n’ababurwanya

Editorial 17 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC
Amakuru

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Editorial 15 Feb 2022
Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.
Amakuru

Hateguwe irushanwa ryo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mukino wa Sitting Volleyball.

Editorial 18 Jun 2021
Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA
Mu Rwanda

Itangazo ryo guhindura Amazina : INGINGO Z’INGENZI Z’URWANDIKO RWA NSHIMIYIMANA JEAN CLAUDE RUSABA GUHINDURA AMAZINA

Editorial 29 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru