• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Isano iri hagati y’ibigabiro by’umwami Rwabugiri n’umuganura, Umuganura usobanuye iki?   |   31 Jul 2025

  • APR FC yanganyije na Gorilla FC 1-1 ubwo bakinaga umukino wa gicuti, uba uwa kabiri aya makipe anganyije   |   31 Jul 2025

  • Imvo N’Imvano Y’Ibibazo By’Umutekano wa ntawo Byabaye Karande Mu Burasirazuba Bwa Repubulika Iharanira Demukarasi Ya Congo   |   30 Jul 2025

  • Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu   |   30 Jul 2025

  • Minisiteri ya Siporo yahakanye amakuru y’iseswa ry’amatora ya FERWAFA y’uzayiyobora mu myaka ine iri imbere   |   29 Jul 2025

  • Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha   |   28 Jul 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Editorial 09 Nov 2016 Mu Rwanda

Igikorwa cyo gusimbuza itsinda rya mbere ry’abapolisi b’u Rwanda bari basanzwe mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) cyarangiye ku itariki ya 8 Ugushyingo.

Abagarutse mu gihugu ni 120 bo mu itsinda rya mbere (RWAFPU 1) ; basanze bagenzi babo bangana gutyo nabo baherutse gutaha mu gihugu nyuma yo kurangiza neza akazi kabo nyuma y’umwaka mu butumwa bw’amahoro.

Abandi bapolisi 120 bo mu itsinda rya kabiri (RWAFPU 2) bo berekeje muri Sudani y’Epfo gusimburayo aba batashye, bakaba basanzeyo abandi 120 bagiyeyo mu minsi mike ishize, ubu bose hamwe bari muri Sudani y’Epfo ni 240.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi muri Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana mu izina ry’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda niwe wayoboye igikorwa cyo gusezera no kwakira abapolisi bagiye n’abavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.

Itsinda rya kabiri (RWAFPU2) riyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Eric Mutsinzi, mu gihe Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga ariwe wari uyoboye icyiciro cy’abapolisi bagarutse mu gihugu; akaba kandi ari nawe wari uyoboye icyiciro cya mbere (RWA FPU1) cy’abapolisi b’u Rwanda barangije ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

CP Nshimiyimana, ubwo yakiraga abapolisi bagarutse mu Rwanda yagize ati:” inshingano mwari mufite zo kubungabunga amahoro, ituze n’umutekano usesuye muzazikomereza hano iwanyu mu gihugu, tubashimiye uko mwitwaye neza mu kazi”.

Ku ruhande rwe, ACP Rogers Rutikanga yavuze ko imyitwarire myiza ariyo yatumye buzuza neza inshingano zabo.

Yagize ati:” imyitwarire myiza iranga inzego z’umutekano niyo nkingi ituma twuzuza neza inshingano zacu, kandi mboneyeho n’umwanya wo gushimira aba bapolisi barangije akazi ko mu butumwa bw’amahoro kubera ko bitanze bagahesha isura nziza igihugu cyabo ndetse bagafasha n’abaturage ba Sudani y’Epfo”.

Ubwo yasobanuraga ku buryo burambuye ibyo bagezeho mu gace ka Malakai muri Upper Nile, aho bari bari bashinzwe kurinda abavanywe mu byabo n’intambara muri ako gace, ACP Rutikanga yavuze ko bahasize ubutumwa bw’urukundo, ubufatanye n’ubumwe ku baturage ba Sudani y’Epfo.

Yagize ati:” mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, twakoze ubukangurambaga no kwigisha ubumwe kuko twari dufite ubunararibonye kubera amacakubiri yari yarabaye mu gihugu cyacu. Kubera ibyo twaciyemo rero ; twifashishije ayo mateka maze tubakangurira ko ari bamwe kandi ko bakomeza kuba umwe”.

-4613.jpg

Yakomeje agira ati:“ Iyo uri mu kazi ko ku rwego mpuzamahanga nka kariya, uhura n’abantu benshi bafite imico itandukanye baturutse mu bihugu binyuranye kandi mugakorana neza. Ndahamya ko ubu bumenyi twahungukiye buzafasha buri wese gukomeza gukora neza, aho ariho hose, kandi mu bihe ibyo aribyo byose”.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera ku 1000 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye. Abarenga 800 bakaba bari mu matsinda atanu (FPU) harimo atatu ari muri Centrafrika mu gihe irindi tsinda rimwe riri mu gihugu cya Haiti.

RNP

2016-11-09
Editorial

IZINDI NKURU

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Editorial 28 Jun 2021
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Editorial 03 Apr 2021
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 13 Oct 2021
Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Editorial 23 Oct 2017
Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Editorial 28 Jun 2021
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Editorial 03 Apr 2021
FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

FERWAFA na Perezida wayo Olivier Nizeyimana bahaye ikaze Gicumbi FC na Etoile de l’Est zabonye itike yo gukina imikino y’ikiciro cya mbere 2021-2022

Editorial 13 Oct 2021
Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Urukiko rwategetse ko Anne arekurwa, Diane Rwigara na nyina bagafungwa by’agateganyo

Editorial 23 Oct 2017
Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Gisagara Volleyball Club yegukanye igikombe cya GMT mu bagabo naho RRA Women Volleyball Club icyegukana mu bagore.

Editorial 28 Jun 2021
Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Ruhamiriza Jean Sauveur yatoranyijwe mu bazasifura igikombe cy’isi cy’abakobwa cy’abaterengeje imyaka 19 mu mukino wa Basketball

Editorial 03 Apr 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru