• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Polisi y’u Rwanda yasoje gusimbuza abapolisi muri Sudani y’Epfo

Editorial 09 Nov 2016 Mu Rwanda

Igikorwa cyo gusimbuza itsinda rya mbere ry’abapolisi b’u Rwanda bari basanzwe mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo (UNMISS) cyarangiye ku itariki ya 8 Ugushyingo.

Abagarutse mu gihugu ni 120 bo mu itsinda rya mbere (RWAFPU 1) ; basanze bagenzi babo bangana gutyo nabo baherutse gutaha mu gihugu nyuma yo kurangiza neza akazi kabo nyuma y’umwaka mu butumwa bw’amahoro.

Abandi bapolisi 120 bo mu itsinda rya kabiri (RWAFPU 2) bo berekeje muri Sudani y’Epfo gusimburayo aba batashye, bakaba basanzeyo abandi 120 bagiyeyo mu minsi mike ishize, ubu bose hamwe bari muri Sudani y’Epfo ni 240.

Umuyobozi w’Ishami rishinzwe amahugurwa n’ubushakashatsi muri Polisi y’u Rwanda, Commissioner of Police (CP) Vianney Nshimiyimana mu izina ry’ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda niwe wayoboye igikorwa cyo gusezera no kwakira abapolisi bagiye n’abavuye mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali.

Itsinda rya kabiri (RWAFPU2) riyobowe na Assistant Commissioner of Police (ACP) Eric Mutsinzi, mu gihe Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga ariwe wari uyoboye icyiciro cy’abapolisi bagarutse mu gihugu; akaba kandi ari nawe wari uyoboye icyiciro cya mbere (RWA FPU1) cy’abapolisi b’u Rwanda barangije ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo.

CP Nshimiyimana, ubwo yakiraga abapolisi bagarutse mu Rwanda yagize ati:” inshingano mwari mufite zo kubungabunga amahoro, ituze n’umutekano usesuye muzazikomereza hano iwanyu mu gihugu, tubashimiye uko mwitwaye neza mu kazi”.

Ku ruhande rwe, ACP Rogers Rutikanga yavuze ko imyitwarire myiza ariyo yatumye buzuza neza inshingano zabo.

Yagize ati:” imyitwarire myiza iranga inzego z’umutekano niyo nkingi ituma twuzuza neza inshingano zacu, kandi mboneyeho n’umwanya wo gushimira aba bapolisi barangije akazi ko mu butumwa bw’amahoro kubera ko bitanze bagahesha isura nziza igihugu cyabo ndetse bagafasha n’abaturage ba Sudani y’Epfo”.

Ubwo yasobanuraga ku buryo burambuye ibyo bagezeho mu gace ka Malakai muri Upper Nile, aho bari bari bashinzwe kurinda abavanywe mu byabo n’intambara muri ako gace, ACP Rutikanga yavuze ko bahasize ubutumwa bw’urukundo, ubufatanye n’ubumwe ku baturage ba Sudani y’Epfo.

Yagize ati:” mu bikorwa byo kubungabunga amahoro, twakoze ubukangurambaga no kwigisha ubumwe kuko twari dufite ubunararibonye kubera amacakubiri yari yarabaye mu gihugu cyacu. Kubera ibyo twaciyemo rero ; twifashishije ayo mateka maze tubakangurira ko ari bamwe kandi ko bakomeza kuba umwe”.

-4613.jpg

Yakomeje agira ati:“ Iyo uri mu kazi ko ku rwego mpuzamahanga nka kariya, uhura n’abantu benshi bafite imico itandukanye baturutse mu bihugu binyuranye kandi mugakorana neza. Ndahamya ko ubu bumenyi twahungukiye buzafasha buri wese gukomeza gukora neza, aho ariho hose, kandi mu bihe ibyo aribyo byose”.

Kugeza ubu Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera ku 1000 mu butumwa bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye. Abarenga 800 bakaba bari mu matsinda atanu (FPU) harimo atatu ari muri Centrafrika mu gihe irindi tsinda rimwe riri mu gihugu cya Haiti.

RNP

2016-11-09
Editorial

IZINDI NKURU

Umunyakenya yajyanye nyina w’imyaka 83 muri Kaminuza ya Havard, impamvu ikaba ari uguha umubyeyi we agaciro

Umunyakenya yajyanye nyina w’imyaka 83 muri Kaminuza ya Havard, impamvu ikaba ari uguha umubyeyi we agaciro

Editorial 02 May 2017
Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Amafoto: Hasojwe umwiherero ugamije gutoranya abazajya mu makipe y’igihugu y’abakiri bato bakina umukino wa Handball

Editorial 16 Apr 2022
Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Rutsiro: Ubutwari bw’Umurinzi w’igihango Rwamucyo warokoye Abatutsi barenga 400 yifashishije ubwato

Editorial 13 Apr 2025
Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Rubanguka Steve, Yannick Mukunzi ndetse na rutahizamu Kagere Medie bahurije ku kwitwara neza ku mukino Amavubi azakina n’ikipe ya Mozambique kuri uyu wa gatatu i Kigali.

Editorial 23 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo
Mu Mahanga

Ni he umwirabura ashobora kubona umutuzo? Perezida Kagame yasubije iki kibazo

Editorial 03 Jun 2016
Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye
ITOHOZA

Umukozi w’Akarere ka Burera yafatiwe mu cyuho yakira Ruswa y’Umuturage utishoboye

Editorial 02 May 2017
Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.
HIRYA NO HINO

Suede :  Indiri y’abantu barwanya Leta y’u Rwanda.

Editorial 09 Aug 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru