• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Politiki idaheza u Rwanda rwiyemeje, ni umusingi ukomeye w’ubumwe bw’Abanyarwanda

Editorial 13 Nov 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa gatanu, tariki 12 Ugushyingo 2021, iyobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yashimangiye ubushake bwa Leta y’u Rwanda, bwo guha buri Munyarwanda amahirwe yo kwerekana icyo ashoboye mu guteza imbere Igihugu, kabone n’iyo yaba yaragaragaje ko hari ibyo atabona kimwe n’Ubuyobozi buriho.

Iyi politiki idaheza, niyo yatumye Philippe Mpayimana, wigeze guhangana na Perezida Kagame mu matora yo muw’2017 nk’umukandida wigenga, ahabwa umwanya ukomeye muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano Mboneragihugu, aho yashinzwe ibikorwa by’ubukangurambaga. Ni umwanya ukomeye kuko ubumwe bw’Abanyarwanda bwahutajwe bikabije, bikaba bisaba imbaraga nyinshi rero mu kubuzahura.

Philippe Mpayimana anavuga ko yashinze ishyaka rya”opozisiyo” ryitwa “Ishyaka Riharanira Iterambere ry’Abanyarwanda-PPR”, n’ubwo kugeza ubu ritaremerwa gukora ku mugaragaro. Kuba yahawe umwanya w’ubuyobozi ngo agire uruhare mu iterambere ry’u Rwanda rero, abasesengura imiyoborere y’u Rwanda, babibonyemo politiki nziza idaheza, ikomeje kubera umusingi ubumwe bw’Abanyarwanda.

Ubwo Philippe yatsindwaga mu matora y’Umukuru w’Igihugu(ntiyashoboye kubona nibura1%) ndetse n’ay’abagize Inteko Ishinga Amategeko, ntiyagaragaje kwivumbura no gusebya Igihugu cye nk’uko ba Faustin Twagiramungu babigenje, baboneza iy’ubuhungiro, aho birirwa babeshya isi yose ko bibwe amajwi, kandi nabo ubwabo barijamamaje bazi neza ko bazatsindwa, kuko Abanyarwanda batababonamo ubushobozi bwo kubayobora.

Philippe Mpayimana n’ubwo yari atuye mu Bubiligi, ntiyateye u Rwanda umugongo, kuko yakomeje kurusura, ndetse akanatanga ibitekerezo bigamije kunga Abanyarwanda.

Mu nyandiko ze nyinshi yashyize ahagaragara ndetse no mu biganiro mbwirwaruhame binyuranye, Philippe Mpayimana yakomeje kunenga abagambiriye gushora Abanyarwanda mu ntambara, akavuga ko politiki imena amaraso ari iya giswa, kuko ikorwa n’abarumbiwe n’ibitekerezo. Yavuze kenshi ko abiyita “abatavuga rumwe n’ubutegetsi”, bagaragaza inda nini no kutagira umurongo uhamye, yamagana yivuye inyuma abashora urubyiruko rw’u Rwanda mu buyobe.

Yakanguriye Abanyarwanda, baba abari imbere mu Gihugu, baba n’abari hanze yacyo, kurwanya ikibatandukanya, ahubwo buri wese agashyira imbere ishema n’ iterambere ry’u Rwanda. Ibi bitekerezo bya Mpayimana byatumye ibigarasha, abajenosideri n’abambari babo bamwanga urunuka, kuko mu myumvire yabo ya kigome, bumva nta cyiza gikwiye kuvugwa ku Rwanda.

Nta gihe kinini Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda imaze ishyizweho. Birumvikana rero ko ikeneye umusanzu wa buri wese kugirango igere ku nshingano zitoroshye yahawe. Kuba rero umuntu nka Philippe Mpayimana wakomeje kugaragaza impungenge ku bibangamiye imibanire myiza hagati y’Abanyarwanda, yashinzwe ibikorwa by’ubukangurambaga, biratanga icyizere ko umusaruro uzaba mwiza, kuko noneho abonye aho azatangira ibitekerezo yajyaga avuga atari mu buyobozi.

Philippe Mpayimana ashyizwe muri Minisiteri y’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’inshingano Mboneragihugu mu gihe gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi byongeye kuzamuka.

Azadufashe rero kureba uko abagizi ba nabi batakomeza kwihisha inyuma y’ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo bakayobya rubanda, ahubwo uzagegerageza gusubiza inyuma intambwe yatewe mu bumwe n’ubwiyunge, amategeko azamukanire urumukwiye.

2021-11-13
Editorial

IZINDI NKURU

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Icyoba, ihungabana no guhuzagurika mu mbwirwaruhame ya Perezida Ndayishimiye

Editorial 01 Feb 2025
Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Mu Bufaransa hatahuwe abandi bajenosideri batatu. Abanyamakuru bo muri icyo gihugu baribaza igituma abo bagizi ba nabi bakomeza gufatwa nk’amata y’abashyitsi, aho gutabwa muri yombi.

Editorial 21 May 2021
APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse

APR FC yitegura gukina na Rayon Sports yakiriye mu myitozo Djibril Outarra wari umaze iminsi yaravunitse

Editorial 05 Nov 2025
Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Urukiko rw’Ubujurire rwanzuye ko itegeko ryo gutererana Abatutsi muri ETO ritatanzwe n’u Bubiligi

Editorial 16 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF
Mu Mahanga

RDB yashyizeho uburyo bushya bwo kumenyekanisha u Rwanda ku bitabiriye WEF

Editorial 12 May 2016
PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa
ITOHOZA

PETER VERLINDEN yashatse guteza akavuyo aho abagabo bateraniye afungirwa mu kazu k’imbwa

Editorial 31 Mar 2017
Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose
POLITIKI

Sudani: Perezida Bashir yirukanye abagize Guverinoma bose

Editorial 10 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru