• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Prof. Dr Rwigamba Balinda yamuritse agatabo “UMUKRISTO W’UKURI”

Editorial 15 Dec 2016 Mu Mahanga

“Ngo nk’uko abantu benshi bari mu buyobe mu bihe bya none bibwira ko bari mu nzira y ‘agakiza kandi batayirimo “, Ibi Prof. Dr Rwigamba Balinda yabivuze kuri uyu wa gatatu tariki 14/12/2016, ku kicaro gikuru cya ULK, yavuze ko abitewe n’urukundo akunda abantu agamije kubagarura mu nzira nziza yabajyana mu ijuru yatekereje kwandika agatabo yise ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Rwigamba agira ati : “Icyabinteye ni urukundo nkunda abantu, ni uko nagira ngo abantu bagaruke ku nzira nziza yabajyana mu ijuru, kandi iyo nzira ni ukuba umukristo w’ukuri wakira isezerano rye mu mwuka wera, uwo mwuka wera akamufasha, agatangira ubuzima hamwe n ‘Imana aha kuri iyi si, akera imbuto z’Imana zose, urukundo nyakuri, amahoro y’imbere mu mutima, kwihangana, kwicisha bugufi, ubukiranutsi, ubugwaneza, koroherana, kuzuzanya, ubushishozi, ibyo byose biba ari imbuto z’umwuka wera iyo umuntu abifite aba atangiye inzira nziza yo kubana n’Imana ye,”.

Prof Dr Rwigamba avuga ko ibikubiye muri iki gitabo ubusanzwe ari inyigisho yigisha, ngo kuko yagize umuhamagaro wo kwigisha ijambo ry’imana ku itariki ya 4 z’ukwezi kwa gatatu mu 2014.

Ati : “Uyu mwaka ni uwa gatatu nigisha ijambo ry’Imana ariko kwandika iki gitabo nyirizina nabitangiye mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka, nacyanditse amezi ane gusa kandi nari mfite n’izindi nshingano, cyasohotse mu kwezi kwa cumi mu 2016,”
Akangurira abari mu buyobe guhindukirira Imana.

Ubutumwa nagenera abantu bari mu buyobe ni uko bagaruka ku ijambo ry’Imana.

Ati: “Ijambo ry’imana riri muri Kristo kuko Kristo ubwe yaravuze ati ni jye nzira y’ukuri n’ubugingo, kristo ni ijambo, iyo abantu rero basize ijambo ry’Imana barayoba, ni ugushakisha rero iyo nzira kandi iyo nzira ni Yezu Kristo kandi Yezu Kristo ni we jambo,”

Prof.Rwigamba yasobanuye ko umukirisitu w’ukuri afite ibimuranga by’ingenzi birimo ukwizera Imana imwe y’ukuri, akabatizwa mu izina rya Yezu Kristo ngo kuko nta muntu n’umwe utarabatijwe muri iryo zina wakwitwa umukirisitu.

Agira ati: ”Muri Bibiliya nta muntu n’umwe wabatijwe mu izina rya data wa twese, mu mwana no mu mwuka wera, nta hantu wabibona. Umukristo w’ukuri ni uwizera ko yezu kristo ari ryo zina ry’Imana,”.

Ngo ntabwo azateshuka na rimwe kwigisha ijambo ry’Imana.

Prof .Dr .Rwigamba ahamya ko kuba afite izindi nshingano bitazamubuza kwigisha ijambo ry’Imana.

-5040.jpg

-5035.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda wanditse agatabo ‘ UMUKRISTO W’UKURI’.

Ati : muzi ko icyumweru kigira iminsi irindwi, mu nshingano zanjye nkoresha iminsi ibiri indi minsi itanu nkora inshingano nahawe n’Imana.

Agira ati: ” narabitangiye kandi ngomba gutegura ejo heza aho nzabana n’Imana, narakuze ndashaje, uyu mubiri nta kuntu watuma nteshuka ku nshingano ikomeye yo kuba umwana w’Imana ngo ntegure ejo hazaza aho nzabana n’Imana yanjye,”
Yongeraho agira ati : ” ariko ntabwo nakwikunda urukundo mbakunda mwese, urukundo mvuga nti reka namwe nsenge ninginge Imana ibahishure ibereke inzira y’ukuri y’agakiza,”.

Aka gatabo kaboneka mu masomero atandukanye mu mujyi wa Kiagali kakagurwa mafaranga ibihumbi bibiri y’amanyarwanda naho ukagurisha akabona komisiyo y’icumi ku ijana ry’ikiguzi cyako.

Kaboneka muri librairie ikirezi, cartas, kigali height, mu masoko akomeye nka Nakummatt, ULK Gisozi, ULK Gisenyi.

Prof Rwigamba avuga ko ku ikubitiro hasohotse udutabo tugera mu bihumbi bibiri, hakaba harimo gutegurwa andi ma kopi yo kugeza ku bantu benshi hagamijwe kubakangurira gukizwa.

Ukuri nk’uko Prof Rwigamba abyemera, Ukuri nyakuri ni yezu kristo, ukuri ni ijambo ry’Imana ryose.

Ntabwo akorera iyamamazabutumwa mu idini.

Agira ati : ”ntabwo turi idini, ari bashiki banjye mbita bashiki banjye muri kristo, ndetse n’abandi bose ni bene data muri kristo, twebwe dufite itorero rya gikristo rya Gisozi ndetse n’andi matorero yandi arishamikiyeho hirya no hino mu gihugu,”.

Prof Rwigamba asaba umuntu wese ushaka agakiza ke gupfukama agasenga Imana. Ati : ” Ameneke umutima agira ati : Mana,Mana, aha hanze hari ubuyobe, umuntu wese avuga ko ari mu nzira nziza y’agakiza, umuntu wese agira ati ni jyewe nzira y’ukuri ariko ijambo ryawe nirinkure mu buyobe,” ati icyo gihe Imana izagusubiza, izakwereka ko ijambo ryayo ari yo nzira yatuma koko tubona agakiza k’ukuri,”.

Inshamake y’ubuzima bwa Prof.Dr Rwigamba Balinda.

Yavutse ku itariki ya 10/10/1948. Yabaye mwarimu muri za kaminuza zitandukanye kuva mu mu 1974-1989 ndetse ku itariki ya 26/6/1982 ni bwo yahawe impamyabumenyi y’ikirenga (PhD/Doctorat).

Kuva mu 1990-1994, yashinze nsetse anabera Umuyobozi Mukuru wa Kamizuza y’i Goma/UNIGO (Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo), mu Kwakira 1994 yashinze Ishuri Ryigenga rya Gisenyi (EPGI) riherereye mu Karere ka Rubavu, Iburengerazuba bw’uRwanda, naho kuva mu 1995-1997 yabaye mwarimu muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda i Butare.

Kuva mu 1996-2004, yashinze Kaminuza yigenga ya Kigali ULK anayibera Umuyobozi Mukuru; kuva mu Kwakira 2003-kugeza mu Kwakira 2011 yabaye Senateri mu Nteko Ishingamategeko y’u Rwanda; muri Mutarama 2007, yashinze Ishuri ryisumbuye rya Glory Secondary School (GSS) riri ku Kacyiru mu Karere ka Gasabo, Kigali-Rwanda.

Kuva mu 2003-2014, Prof.Dr Rwigamba yabaye umuyobozi w’umuryango wa Kaminuza zigenga n’amashuri makuru zo mu Rwanda (ARIPES). Kuva mu 2004-2016, yabaye Uwashinze ndetse aba Perezida wa Kaminuza yigenga ya Kigali ULK.

Yashakanye na Nyirashyirambere Marie Louise bakaba bafite abana batandatu .
Kuva ku itariki 2/3/2014, Prof Dr Rwigamba ni Umugaragu w’Imana wigisha ijambo ryayo.

Uko byari byifashe mu mafoto

-5038.jpg

Prof .Dr .Rwigamba Balinda

-5037.jpg

-5041.jpg

-5036.jpg

Mme Rwigamba Nyirashyirambere M.Louise

-5034.jpg

-5033.jpg

-5032.jpg

Vice-Chancellor Dr. Sekibibi Ezekiel

-5039.jpg

By Elias Hakizimana

2016-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura

Administrator 04 Dec 2025
RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

RDC: Imirwano ikomeye iri kubera mu Mujyi uhana imbibi n’u Burundi

Editorial 30 Sep 2017
U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

U Rwanda rwihanganishije Israel yabuze Shimon Peres wayiyoboye

Editorial 28 Sep 2016
UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

UN yaje kureba aho abapolisi b’u Rwanda bitegura kujya mu butumwa bw’amahoro bageze imyiteguro

Editorial 08 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda yakomereje ubukangurambaga bwo kurwanya ibiyobyabwenge mu Ntara y’Amajyepfo

Editorial 08 Jul 2016
Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro
IKORANABUHANGA

Mu mateka y’U Rwanda rwohereje mu isanzure icyogajuru kizahaza internet ibice by’icyaro

Editorial 28 Feb 2019
Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League
Amakuru

Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League

Editorial 21 May 2025

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru