• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Rayon Sports igiye kwitaba FERWAFA gusobanura akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports

Editorial 29 Jul 2018 IMIKINO

Kuri uyu wa Mbere tariki 30 Nyakanga 2018, Rayon Sports igomba kwitaba ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) igasobanura ibijyanye n’akagambane ishinjwa na Kiyovu Sports katumye iterwa mpaga muri shampiyona ishize.

Kiyovu Sports yatewe mpaga ku kibuga cyayo ku wa 18 Kamena ku mukino wagombaga kuyihuza na Kirehe FC bitewe no kubura imbangukiragutabara, ishinja Rayon Sports ubugambanyi ndetse igeza ikirego muri Ferwafa.

Nk’uko iyi kipe yambara icyatsi n’umweru yabisobanuye mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru tariki 20 Kamena 2018, yavuze ko imbangukiragutabara yari yakodesheje mbere y’igihe kuri Polyclinique La Medicale (hazwi nko kwa Kanimba) Rayon Sports yaje kuyiyobya iyijyana ku mukino wayo waberaga kuri Stade ya Kigali ikoresheje kubeshya ko Kiyovu Sports itari bukinire muri Kigali.

N’ubwo Kiyovu Sports yatanze ikirego shampiyona itararangira ndetse inasaba ko mpaga yatewe yakurwaho, si ko byagenze ndetse FERWAFA yongeye kubyutsa iki kibazo ubu ikaba yamaze gutumiza aya makipe yombi aho agomba gusobanura uko cyagenze kuri uyu wa Mbere nk’uko IGIHE yabitangarijwe n’Umunyamabanga wa FERWAFA, Uwayezu Regis.

Yagize ati “Kiyovu Sports yatugejejeho ikibazo cyatumye iterwa mpaga yise akagambane ka Rayon Sports. Mpaga yo yamaze kubaho nta n’ubwo yari gukurwaho, gusa twasanze kuba umunyamuryango wacu arega undi munyamuryango akagambane atari ikintu twafata ko gisanzwe.”

“Amakipe yombi twarayahamaje, agomba kwitaba kuri uyu wa Mbere agasobanura iko ikibazo cyagenze, nibiba ngombwa tukazayohereza ku kanama gashinzwe imyitwarire.”

Abajijwe niba hari amategeko ahari muri Ferwafa ashobora guhana akagambane mu gihe byaba bigaragaye ko kabayeho, Uwayezu yavuze ko ibyemezo bindi byazafatwa n’akanama gashinzwe imyitwarire.

Uretse ubukeba bwo mu kibuga buba buri ku rwego rwo hejuru hagati ya Rayon Sports na Kiyovu Sports, aya makipe akunze no kugirana ibibazo birimo nk’aho umwaka ushize abakunzi ba Kiyovu Sports bashinje aba Rayon Sports kubamenaho inkari ku kibuga naho abafana bamwe ba Kiyovu Sports nabo bakaba baragaragaye batwika imyenda n’ibirango bya Rayon Sports.

2018-07-29
Editorial

IZINDI NKURU

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Kubera umusaruro utari mwiza, Seninga Innocent n’umwungiriza we muri Sunrise FC bahagaritswe iminsi 15 badatoza

Editorial 14 Feb 2023
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Editorial 06 Nov 2021
Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Umunya – Eritrea, Merhawi Kudus, niwe wegukanye Tour du Rwanda 2019

Editorial 03 Mar 2019
Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Kayiranga Baptiste yahawe gutoza Rayon Sports mu mikino ibiri isigaye ngo shampiyona ya 2020-2021 irangire.

Editorial 18 Jun 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU
POLITIKI

Coup d’Etat muri Sudan si wo muti wari ukenewe – AU

Editorial 12 Apr 2019
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.
Amakuru

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda
Amakuru

Urubyiruko rukomoka ku bicanyi rwibumbiye muri Jambo asbl rwateguye Mitingi yo kurwanya ubumwe n’iterambere mu Rwanda

Editorial 28 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru