• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ishamaduko rya Museveni, Papa mushya muri batisimu w’abarwanya u Rwanda

Ubwanditsi 24 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ubwo Museveni yataga mu matwi ko hari abisuganyiriza kugirira nabi u Rwanda, iryo jambo yaryakiranye ubwuzu maze abaha karibu ati rwose ni muze mwisanga mu rukari.

Uyu muyobozi guhera mu 2017 yatangiye gufasha mu buryo bweruye umutwe wa RNC n’abandi wafatanya nawo, abaha karibu muri Uganda ndetse agira n’uruhare mu bikorwa bigamije gutuma ubona abayoboke.

Urwego rushinzwe Iperereza mu Gisirikare nirwo rwabaye ku isonga muri ibyo bikorwa byo gusohoza ubutumwa bw’Umukuru w’Igihugu, rutangira gushakira hasi hejuru uwo ariwe wese waba wifuza kujya mu myitozo ya RNC i Minembwe muri RDC kugira ngo azatere u Rwanda.

Mu Ukuboza 2017, abasore 40 bafashwe bafite ibyangombwa by’inzira bya Uganda by’ibihimbano bagiye kwinjira muri RDC mu nkambi za RNC. Polisi ya Uganda itari izi umugambi wa sebuja ifatanyije n’iya Tanzania niyo yapfubije urugendo rwabo.

Uko iminsi yagiye igenda kandi, ni ko Museveni yarushijeho kwerura, akagaragaza uruhande ahagaze mu bufatanye n’iyi mitwe. Ibaruwa ye yo muri Werurwe 2019 yakuye igihu kuri ibi byose kuko nawe yiyemereye uruhare rwe.

Yandikiye Perezida Kagame amubwira ko yahuye na Mukankusi Charlotte ushinzwe dipolomasi muri RNC, agiye kubihuhura avuga ko byari nk’impanuka.

Muri make ni nk’aho Museveni yari ari kugenda n’amaguru mu muhanda wa Jinja, agahura n’umugore witwa Mukankusi yihitira, bakaganira.

Gusa ariko si ko byagenze, uyu mugore yakiriwe mu Biro by’Umukuru w’Igihugu, aganira umwanya munini na Museveni, ndetse bivugwa ko yamugejejeho umugambi wabo wo kugirira nabi ubutegetsi bw’u Rwanda undi akamwizeza ubufasha amubwira ngo ‘turikumwe’..

Bivugwa ko uyu mugore yamugaragarije ubufasha bamukeneyeho by’umwihariko kuba Uganda yashimangira umubano ifiyanye na Loni i New York ku buryo yatesha agaciro raporo y’impuguke za Loni yo ku wa 31 Ukuboza 2018 igaragaza isano iri hagati ya Guverinoma ya Museveni na RNC.

Si aba gusa, buri wese mu bavuye mu Rwanda ku mpamvu imwe cyangwa indi ariko utarwifuriza ineza, hamwe mu hantu yisanga ni muri Uganda. Ubu ba Rujugiro baratekanye baratimaje kuko ubucuruzi bwabo muri Uganda buhagarikiwe n’ingwe, Himbara David yahawe karibu mu itangazamakuru aho aba asebya u Rwanda nta rutangira n’abandi gutyo gutyo.

Uyu mwanya Museveni yafashe wo kuba Papa mushya wa Batisimu w’abarwanya u Rwanda, awusimbuyeho Jakaya Kikwete wari warahimbanishije ko ashaka kubona u Rwanda rugirana ibiganiro na FDLR.

Umunsi inyeshyamba za P5 zakubitiwe muri Congo n’ikintu kitazwi

Muri uko kwisuganya kwahereye mu 2017, abarwanyi muri RDC bagurirwa amatiliningi na bote, imyitozo iratangira igizwe n’insorensore zirenga 200 zirimo izaturutse muri Uganda zitazi n’ikipe ihanganye n’indi.

P5 ihuriwemo n’amashyaka atanu agamije kurwanya u Rwanda, yari yakajije imyitozo muri Congo, Museveni nawe akomeje gutanga ubufasha bwose yaba ubwo gushaka abajya mu bikorwa nk’ibyo.

Ku rundi ruhande, hari Congo nayo yari ifite umugambi wo gushaka uko yagarura amahoro mu gihugu cyayo cyabaye ikotaniro ry’imitwe yitwaje intwaro.

Muri Kamena uyu mwaka, Ingabo za RDC zateguye ibitero bikomeye byiswe ‘Tempête de l’Ituri’, bigamije kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye uduce dutandukanye mu mashyamba ya RDC.

Amashusho yahise atangira gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ingabo za Leta ya Congo zisuka ibisasu biremereye ku birindiro by’imwe mu mitwe yitwaje intwaro ikorera muri aka gace ka Ituri.

Izi ngabo zari zifite indege za gisirikare n’ibisasu biremereye, zatangaje ko impamvu y’ibi bitero ari uguhiga no kwirukana imitwe yitwaje intwaro yigaruriye ibice bitandukanye by’iki gihugu.

Bishobora kuba aribyo byageze ku barwanyi ba P5 kuko bo ibyo bakorewe ntiwakeka ko ari ingabo za RDC zabikoze ahubwo wagira ngo ni ikiza cyangwa inkuba yabanyuzemo ikararika.

Gukubitwa inshuro kw’abarwanya leta y’u Rwanda ntabwo byageze muri P5 gusa kuko hari n’abafashwe bazanwa mu Rwanda nk’imizigo.

Muribuka Nsabimana Callixte wari wariyise Sankara, wigambaga ko yafashe Nyungwe mu biganza bye? Uyu wari wariyise umugaba mukuru w’ingabo za FNL ya Rusesabagina, yahizwe bukware, afatwa nta n’isasu ry’umuti rivuze, afatirwa muri za Comore, nyuma arahambirwa azanwa mu Rwanda nk’umuzigo.

Ibyago ntibyarangiriye aho, mu minsi mike ishize, Mudacumura Sylvestre nawe wari uyoboye FDLR yakubiswe n’ingabo za RDC apfana ikiyiko, abari abarwanyi be barabohwa bajyanwa muri gereza. Birashoboka ko n’abandi aricyo kibategereje. Tubitege amaso!

2019-09-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

­­Isomo urubyiruko rwakura kuri Turahirwa Moses ‘’Moshion’, wasubijwe mu gihome kubera Urumogi

Ubwanditsi 23 Apr 2025
Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Inama yahurije i Bujumbura Abakuru b’Ibihugu byo muri aka karere, nta kintu itubwiye” – Patrick Muyaya.

Ubwanditsi 08 Feb 2023
Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Major Mudathiru wari uyoboye ingabo za Kayumba RD-Congo yemeye ibyaha aregwa anabisabira imbabazi

Ubwanditsi 18 Oct 2019
Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Malawi :Vincent Murekezi uregwa Jenoside yoherejwe mu Rwanda

Ubwanditsi 28 Jan 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi
Mu Rwanda

Perezida Trump yahagaritse abamugiraga inama mu by’ubucuruzi

Ubwanditsi 17 Aug 2017
Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba  Beach Volleyball Tournament 2023
Amakuru

Mbonigaba Vincent na Habanzintwari mu bagabo na Amito Sharon na Cathy mu bagore begukanye Mamba Beach Volleyball Tournament 2023

Ubwanditsi 18 Dec 2023
Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye
INKURU NYAMUKURU

Agakino kari inyuma y’inkuru y’impimbano yo guhura kwa Perezida Kagame na Kiiza Besigye

Ubwanditsi 01 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru