Kuri iki cyumweru nibwo ikipe ya Rayon Sports yasubiranye umwanya wa mbere wari waraye ufashwe na APR FC yari yatsinze Rutsiro FC ibitego 5-0.
Hari mu mukino w’umunsi wa 25 wa Rwanda Premier League yakinirwaga mu karere ka Rubavu kuri aya makipe ahataniye igikombe cya Shampiona.
Muri uru rugamba rwo guhatanira igikombe, ubwo ikipe ya APR FC yatsindaga ibitego 5 yatsindiwe na Cheichk Outtara, Ruboneka Bosco, Mamadou Lamine Bah, Denis. omedi na Victor Mbaoma.
Kuri Rayon Sports yo yakinaga na Etincelles FC yo ibitego byombi byatsinzwe na Rutahizamu, Biramahire Abeddy wuzuzaga ibitego 4 mu mikino 7 ya shampiyona.
Kuri ubu Gikundiro yagejeje amanota 53 naho mukeba wayo wa APR FC yo yasubiye ku mwanya wa kabiri aho ifite amanota 52 mu mikino 25 ya shampiyona imaze gukinwa.
Usibye iyi mikino y’amakipe ahaatanira gutwara igikombe, amakipe ari mu gice cy’Amanuka naho guhatana biracyakomeje.
Ikipe ya Bugesera yavuye ku mwanya wa 15 nyuma yo gutsinda Marined FC ibitego 2-1, uyu mwanya wafashwe na Muhazi United yo yatsinzwe na Musanze FC .