• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

RDC: Abakomeye mu ngabo za leta barashinjwa ubugambanyi mu kwinjiza mu gisirikare abahoze muri M23

Editorial 15 Dec 2017 INKURU NYAMUKURU

Umuryango Mpuzamahanga Uharanira Uburenganzira bwa Muntu, Human Rights Watch, uheruka gushinja abayobozi bakuru mu nzego z’umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), kwinjizamo abagera kuri 200 bahoze mu nyeshyamba za M23, ngo bafashe mu guhangana n’imyigaragambyo y’abadashaka ko Perezida Joseph Kabila aguma ku butegetsi.

Iyo myigaragambyo yatangiye umwaka ushize ubwo manda ya Kabila yarangiraga, ariko amatora ntakorwe ku mpamvu zavuzwe ko hari byinshi bitarajya mu buryo. Ni ibintu byakuruye imyigaragambyo, abenshi basaba Kabila kuva ku butegetsi cyane ko manda ye yari irangiye kandi atemerewe kongera kwiyamamaza.

Kwinjiza abahoze muri M23 ni ibintu Minisitiri Ushinzwe Uburenganzira bwa muntu muri RDC, Mushobekwa Marie-Ange, yahakanye avuga ko bitumvikana uburyo leta yakenera abahoze muri M23 kandi ifite igipolisi n’igisirikare, bityo ngo ibivugwa ni ibihimbano.

Nk’uko Radio Okapi yabitangaje, Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro, avuga ko ari ubugambanyi.

Yagize ati “Twe tubibona nk’ubugambanyi bukomeye ku mukuru wa guverinoma yacu. Ni gute mwasobanura kubona guverinoma iriho yica abaturage bayo? Ni ikintu kibabaje ku gihugu.”

HRW yo yavugaga ko ubutegetsi bwa Kabila bwinjije mu ngabo abagera kuri 200 bari abarwanyi, bari barahungiye mu Rwanda na Uganda nyuma yo gutsindwa intambara mu Burasirazuba bwa Congo, ahagana mu Ugushyingo 2013.

Abo bahoze ari abarwanyi bivugwa ko binjijwe mu ngabo za leta ngo bahangane n’imyigaragambyo yamaganaga ubutegetsi, yabaye hagati ya tariki 19 na 20 Ukuboza 2016, mu Murwa Mukuru Kinshasa. Imiryango itandukanye ivuga ko iyi myigaragambyo yahitanye abagera kuri 62.

Minisitiri Mushobekwa yakomeje agira ati “Natunguwe cyane n’ibirego bya HRW. Navuganye n’abayobozi bose bireba. Twe tuzi ko abahoze muri M23 bose bari mu nkambi z’impunzi kandi Monusco ishobora gukurikirana neza uko abo bantu bambuwe intwaro kandi ko guverinoma ya Congo itagikeneye kubakurikirana.”

Mu gihe uyu muyobozi avuga ko bambuwe intwaro, HRW yo ivuga ko bongeye bakazihabwa, ariko leta ya Congo ikabihakana. Inavuga ko amakuru yayo yayashingiye ku buhamya bw’abantu 120 barimo abagera kuri 13 barwanye muri M23 bahawe ako kazi n’abofisiye icyenda bo mu nzego z’umutekano za Congo.

Perezida w’Ihuriro Ritavuga rumwe n’Ubutegetsi riharanira Impinduka (MSC), Laurent Batumona, yamaganye kwinjiza abacanshuro mu guhangana n’abigaragambya mu mahoro

2017-12-15
Editorial

IZINDI NKURU

Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Graca Machel yagereranyije Perezida Kagame na Nelson Mandela

Editorial 07 Sep 2018
Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Ibyihebe by’abanyarwanda 25 bashyizwe ku rutonde kubera gushyigikira iterabwoba

Administrator 16 Oct 2025
Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Uganda : Ambasaderi Frank Mugambage yavuye imuzi imiterere y’ibibazo biri hagati ya Uganda n’u Rwanda

Editorial 29 Jan 2018
Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Tabitha Gwiza yemeje uruhare rwa Kayumba Nyamwasa mu kurigisa Ben Rutabana asaba abagize RNC kureka gushinyagurira umuryango we

Editorial 04 Aug 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi
Mu Rwanda

Uko mu bihugu bigize EAC Uganda n’u Burundi byahinduranyije ubutegetsi kenshi kurusha ibindi

Editorial 21 Mar 2017
Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho
ITOHOZA

Burundi: Urwego Rw’umutekano Ruvuga Ko Rutanyuzwe N’ibyo Abayobozi B’u Rwanda Baruvugaho

Editorial 24 Jul 2018
Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka
Mu Mahanga

Muhanga: Polisi yafashe umuyobozi w’umudugudu akekwaho kunyuranya n’amabwiriza ya gahunda ya Gir’inka

Editorial 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru