• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

RDC: Abakuru B’ibihugu 3 Mu Kugerageza Gushakira Moise Katumbi Inzira Imusubiza Mu Gihugu Cye

Editorial 06 Aug 2018 Mu Mahanga

Nyuma y’aho umunyapolitiki Moise Katumbi kuri uyu wa Gatanu yangiwe kwinjira mu gihugu agahera muri Zambia, biravugwa ko abakuru b’ibihugu bitatu mu karere bari mu mishyikirano hagati ye na Leta ya Congo ngo yemererwe kwinjira mu gihugu azabone uko ahatana mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe kuwa 23 Ukuboza.

Biravugwa ko kuri uyu wa gatanu Moise Katumbi yaheze ku ruhande rwa Zambia ku mupaka nyuma yo kugerageza kwinjira muri Congo ariko abayobozi b’iki gihugu bakanga ko yinjira ndetse bakaba barohereje igisirikare n’igipolisi gutanya abaturage bari biteguye kwakira Katumbi.

Ku ruhande rw’ihuriro ry’amashyaka ashyigikiye Moise Katumbi, ngo ntibateganya kuguma muri Zambia, bakaba bateganyaga kongera kugerageza kwinjira muri Congo kuri uyu wa Gatandatu ariko hakaba havugwa n’uko hari gushakishwa uko iki kibazo cyabonerwa umuti mu mahoro.

Amakuru agera ku rubuga, Politico.cd dukesha iyi nkuru, akaba avuga ko abakuru b’ibihugu bya Angola, Congo-Brazzaville na Zambia, batangiye guhuza ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu Moise Katumbi n’abayobozi ba Congo.

Ibi biganiro bitatangajwe ku mugaragaro ngo bikaba bigamije kureba uko Moise Katumbi, wahoze ari umuyobozi w’Intara ya Katanga, yasubira muri Congo mu ituze.

Ibi biganiro ngo bikaba byaratangijwe na perezida Edgar Lungu wa Zambia atinya ko ibintu bishobora kurushaho kumera nabi nk’uko umwuka umwuka wari utangiye kumera kuri uyu wa Gatanu ahitwa Kasumbalesa ku mupaka wa Congo na Zambia.

 

 

2018-08-06
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Perezida Kagame yafunguye Ikigo cy’Intego z’Iterambere Rirambye ku rwego rwa Afurika

Editorial 28 Jan 2017
Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Bamwe mu Bajenerali muri Kongo Batangiye Kwerurira Tshisekedi Ko Barambiwe Imiyoborere ye Igihe Kurimbura Igihugu

Editorial 28 Oct 2023
Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Abamotari bagera kuri 250 bo muri Kamonyi babaye abanyamuryango b’ihuriro ry’urubyiruko rw’abakorerabushake

Editorial 03 Jun 2016
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Editorial 21 Mar 2023

Igitekerezo kimwe

  1. muhire
    August 17, 20181:09 am -

    mubyukuri Katumbi niwe mukandida (aramutse yemerewe) rukumbi mbona wahindura Congo igihugu cya banyekongo kikava mumaboko yabasahuzi batunzwe na za rapports(ruswa)

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda
Amakuru

U Rwanda rufite intego ruzira ibiyobyabwenge n’ubuzererezi ni Gahunda igikomeje muri Purpose Rwanda

Editorial 30 Mar 2022
Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze
POLITIKI

Twagiramungu Faustin Alias Rukokoma, yapfuye ahagaze

Editorial 10 Oct 2017
Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA
Mu Mahanga

Dore Icyo Utari uzi kuri “Secret Service” umutwe w’ abasore n’abakobwa bafite ubwenge budasanzwe barinda Perezida wa USA

Editorial 27 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru