• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

CNLG iramagana ibirego bya Diane Rwigara ivugwaho gukorana n’abanzi b’Igihugu

Ubwanditsi 17 Jul 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Komisiyo y’Igihugu yo Kurwanya Jenoside (CNLG) iramagana ibirego bya Diane Rwigara utavuga rumwe na Leta y’u Rwanda, ikavuga ko abarokotse Jenoside bazi kandi bashima ibyo bagejejweho na Leta y’u Rwanda mu myaka 25 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa kabiri tariki 16 Nyakanga 2019, nibwo Diane Rwigara yahamagaye itangazamakuru maze arimenyesha ko yandikiye Umukuru w’Igihugu ibaruwa, nyuma y’uko ngo akoze ubushakashatsi agasanga hari abarokotse Jenoside bakomeje kwicwa mu bihe bitandukanye, nyamara ntabashe kugaragaza ibimenyetso by’ibyo avuga.

Diane Rwigara avuga ko yandikiye Perezida wa Repubulika ibaruwa, agashyira ku mugereka urutonde rw’abo yemeza ko barokotse Jenoside bishwe mu buryo budasobanutse kandi mu bihe bitandukanye. Cyakora ntiyabashije kwereka itangazamakuru gihamya y’ibyo avuga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa CNLG, Dr Jean Damascene Bizimana, uyobora komisiyo yanabonye kopi y’iyo baruwa, yateye utwatsi ibyavuzwe n’uyu munyapolitiki wagerageje kwiyamamariza kuyobora igihugu mu matora y’umukuru w’igihugu muri 2017 ariko akaza kwangirwa bitewe n’ibyaha bitandukanye yakoze ashaka kuzuza ibisabwa ngo yiyamamaze birimo gukoresha impapuro mpimbano.

Dr Bizimana yagize ati “Ibikorwa byakozwe na Leta y’u Rwanda iyobowe na FPR Inkotanyi mu gusubiza ubuzima abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi ni ibikorwa bigaragarira buri wese ushaka kubibona kereka impumyi n’abasabitswe n’urwango.”

“Ndetse abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi barabishima cyane, byaba ibirebana n’ubuzima, uburezi, amacumbi, kwita ku mibereho yabo n’ibindi. Ntabwo abacitse ku icumu bakeneye ibinyoma bya Diane Rwigara n’abatekereza cyangwa abakora nabi nka we.”

Dr Bizimana yakomeje asa nk’ugira inama Diane Rwigara, amubwira ko abaye akunda u Rwanda n’Abanyarwanda bose akaba abifuriza ibyiza yagombye kuva mu bikorwa bye bibi akorera igihugu aho kwitwaza abacitse ku icumu bafite Leta ibakunda, yabarokoye kandi ikomeje kubafasha kwiyubaka kuva Jenoside ihagaritswe n’Inkotanyi muri Nyakanga 1994.

Ati “Hari umugani w’ikinyarwanda uvuga ngo urusha nyina w’umwana imbabazi aba ashaka kumurya. Icyo ni cyo gihango abacitse ku icumu bafitanye na Leta. Ushaka kubivuga ukundi ni umubeshyi.”

CNLG isanga kandi mu byavuzwe na Diane Rwigara harimo ugupfobya Jenoside, kuko kimwe mu biranga ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi nk’uko biteganywa n’itegeko rihana icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside ryo muri 2013, ryavuguruwe muri 2018 ari ugukwiza ibinyoma n’impuha kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, kugoreka ukuri no gutesha agaciro ingaruka zayo ugamije kuyobya abantu.

Umunyamabanga wa CNLG agira ati “Muri iriya mvugo ya Diane Rwigara ibyo byaha birimo ariko si byo byonyine kuko no gusebanya birimo.”

Dianne Shima Rwigara ni umuyobozi w’ikitwa Mouvement pour le Salut du Peuple [ M.S.P Itabaza ].

Src: KT

2019-07-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Imyaka 11 irashize Ernest Manirumva yishwe n’abayobozi ba CNDD FDD nyuma yo gukora iperereza ryimbitse k’uburyo CNDD FDD igurira intwaro FDLR

Ubwanditsi 10 Apr 2020
Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Congo: Ibiro by’itora bisaga 1,000 byafunzwe habura iminsi 2 ngo amatora abe

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Perezida Kagame yakiriye Tshisekedi witabiriye Africa CEO Forum i Kigali

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Uganda: Perezida Museveni akomeje gukora impinduka zidasanzwe mu ngabo ze

Ubwanditsi 23 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 08 Dec 2022
Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)
HIRYA NO HINO

Perezida Magufuli yarize mu gusezera umurambo w’umunyarwenya King Majuto(Amafoto)

Ubwanditsi 10 Aug 2018
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA
KWAMAMAZA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 02 Mar 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru