• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Rick Hilton arasaba imbabazi Judith n’umuryango we nyuma yo kumwandagaza mu ruhame no gushyira hanze ubwambure bwe

Ubwanditsi 18 Oct 2017 SHOWBIZ

Mu butumwa yanditse abunyujije kuri e-mail, Rick Hilton wakundanaga na Judithe Niyonizera yanditse avuga ko asaba imbabazi Niyonizera n’umuryango we ngo kuko atakekaga ko byagera aho bigeze kandi ngo umujinya yagize yawutewe n’urukundo.

Uyu mugabo w’Umunya-Canada avuga ko ari we ubwe watangaje inkuru zivuga ku bye na Judith ariko ngo aricuza ibi bikorwa.

Avuga ko yahoze mu rukundo rukomeye na Judith ariko akaza kumva ko yarushinze n’undi mugabo bikamutera umujinya. Ati “Nitwaye kinyamaswa ndabizi ko nakosheje.”
Akomeza asaba imbabazi agira ati “Ndiseguye kandi ndasaba imbabazi Judy (Judith) n’umuryango we, amakosa nta kiza azana ibi byatewe n’agahinda bigomba kuba isomo kuri twe.”

Rick Hilton avuga ko yicuza kuba yarashyize hanze amafoto agaragaza Judith yambaye imyenda y’imbere.

Avuga ko atazi uko uyu mugore bakundanaga akaza kurushinga na Safi uko yakiriye ibi bikorwa yakoze ndetse ko atazi n’uko umuryango we wabifashe ariko ko bakwiye kumubabarira kuko na we aremerewe n’ibi yakoze.

Ati “Ndabinginze mumbabarire, ndifuza ko buri kimwe cyanditswe kuri ibi kivanwaho.”
Aya mafoto n’ubundi butumwa byari byoherejwe na Rick Hilton avuga ko yagira ngo agaragaze urukundo yakundaga Judith ariko ko ku bw’amahirwe make byateje ibibazo.
Ubu butumwa bw’uyu mugabo bwuzuye gusaba imbabazi, akomeza agira ati “Ndasaba imbabazi mbikuye ku mutima kandi nizeye ko we (Judith) n’umuryango we bambabarira tukabana mu mahoro.”

Rick Hilton wari wavuze ko yagiye gukomanyiriza Judith kugira ngo atazasubira muri Canada, avuga ko yamugaruriye ikizere kandi ko yizeye ko batera intambwe yo kwiyunga kuko ibyo yakoze byose yabitewe n’umujinya.

Asoza agaragaza akamuri ku mutima, agira ati “Ndongera gusaha imbabazi ku bibazo nateje, ndifuza andi mahirwe yo kumusezera nkamenya ko n’ibibazo byarangiye n’ubwo ntashobora gusubiza inyuma ibyabaye.

Icyo nakora ni ugusaba imbabazi nizeye ko we n’umuryango we bambabarira tugashyira aka gahinda kure yacu.”

-8396.jpg

Mu Ukuboza umwaka ushize Rick avuga ko basohokanye muri Mexico

2017-10-18
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ishimwe ry’Abahanzi kuri Kandida-Perezida Paul Kagame w’Umuryango FPR Inkotanyi

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Victor Rukotana yasohoye indirimbo yakomoye ku nkuru mpamo y’umusore w’inshuti ye wabenzwe n’inkumi yo mu cyaro.

Ubwanditsi 22 Apr 2021
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Ubwanditsi 14 Jul 2021
Anita Pendo  arahakana  ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Anita Pendo arahakana ko yabyaye Umwana akamusiga mu cyaro

Ubwanditsi 27 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi
Mu Rwanda

‘Gahunda ya Nk’uwikorera’ izunganira izindi mu kwita ku mitangire ya servisi

Ubwanditsi 22 Apr 2017
Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje
Mu Rwanda

Ibyaranze itariki ya 28 Mata 1994, ubwo jenoside yakorerwaga Abatutsi yari ikomeje

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Ikinamico kwa bene Rwigara:  ‘ Amagambo  ashize ivuga ‘
Mu Rwanda

Ikinamico kwa bene Rwigara: ‘ Amagambo ashize ivuga ‘

Ubwanditsi 11 Sep 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru