• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Gukura no Kubaho kwanjye byose bishingiye ku cyerekezo cya Nyakubahwa Perezida Paul Kagame – Knowless   |   08 May 2025

  • Ntacyasaza Turahirwa Moses cyatuma Urumogi Rumushora mu Kiguri cy’Urwango   |   06 May 2025

  • Eric Bagiruwusa yashinze YouTube Channel ishinzwe ubuvugizi mu gushishikariza gusubirishamo imanza z’abajenosideri n’abarwanya ubutegetsi   |   05 May 2025

  • Nyuma y’imyaka 8, APR FC yegukanye igikombe cy’Amahoro 2025 itsinze Rayon Sports 2-0   |   04 May 2025

  • APR FC na Rayon Sports zabonye itike yo gukina imikino Nyafurika zizahurira ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2025   |   01 May 2025

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   01 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Rubavu: Umuryango AHF – Rwanda wagobotse Abagizweho ingaruka n’iyangirika ry’amazu ry’atewe n’imitingito

Editorial 04 Jun 2021 Amakuru, HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Ikirunga cya Nyiragongo giherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo cyarutse ku wa 22 Gicurasi 2021, nyuma hakurikiraho imitingito yashegeshe bikomeye ibice birimo n’Akarere ka Rubavu. Mu ngaruka iruka ryacyo ryagize harimo kuba igice cy’Akarere ka Rubavu cyangijwe n’ibikoma biva mu nda y’ikirunga. Imitingito kandi yakurikiyeho yasenyeye abaturage aho inzu zirenga 1200 zangiritse.

Ibi nibyo byatumye umuryango AHF-Rwanda(AIDS Healthcare Foundation),usanzwe umenyerewe mu gukumira ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida ndetse n’izindi ndwara, utera intabwe maze ujya mu karere ka Rubavu ku goboka abagizweho ingaruka n’iruka ry’iki kirunga.

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Kamena 2021, aho AHF-Rwanda yatanze inkunga y’ibiryo, ibikoresho byo mu gikoni, amasabune , udupfukamunwa ndetse n’impapuro z’isuku (Sanitary Pads). Ibishyimbo, umuceri, kawunga, amavuta yo guteka.byose bifite agaciro kangana na Miliyoni 21, 736 Frw.

Umwe mu baturage bari baje kwakira inkunga y’ibiryo bagenewe na AHF-Rwanda, ni Nzarusaza Joel utuye mu Murenge wa Gisenyi, we avuga ko yishimiye inkunga bahawe na AHF kuko umutingito waje atiteguye bituma inzu ye isenyuka. Bityo kubona ibyo kurya bikabagora.
Agira ati”Ndishimye cyane kuba AHF-Rwanda itugobotse, nukuri kubona ibyokurya byari ingorabahizi ariko ibi biryo bampaye birimo, ibishyimbo, kawunga, umuceri ,amasabune yo kwoga, ndetse n’amasahane n’amasafuriya yemwe sinabivuga ngo mbirangize gusa, Imana ibahe umugisha utagabanyije”.

Akimana Josephine, uri mu kigero cy’imyaka 35 avuga ko inzu ye yasenyutse bikabije bityo akaba acumbikiwe n’abavandimwe be, ashima inkunga yahawe na AHF-Rwanda kuko igiye kumufasha kwitegura ngo asubire mu kazi yakoraga.
Yagize ati “Inzu yanjye yaraguye kubera ibiza byatewe n’imitingito, nari nsanzwe ncuruza ubuconco mbuvana mu Rwanda mbujyana Congo none, inzu isenyutse Ndashima AHF-Rwanda yatwibutse ikaduha ibyo kurya kuko ubuzima bwanjye n’abanjye bwari bugoye’’.

Umuyobozi wa AHF-Rwanda (AIDS Healthcare Foundation) Dr. Brenda Asiimwe-Kateera, avuga ko n’ubwo uyu muryango usanzwe w’ibanda cyane ku gukumira ubwandu bushya bwa Virusi itera Sida ndetse n’izindi ndwara

Bahisemo kuza gutanga inkunga y’ibiryo ndetse n’ibikoresho byo mu gikoni n’iby’isuku muri rusange kugira ngo barusheho kwirinda icyorezo cya Covid-19 Ati:”Nyuma yo kubona Akarere ka Rubavu kakiriye impunzi nyinshi z’Abanyecongo n’abaturage bako bagizweho ingaruka n’imitingito Twabonye ko hari umusanzu twatanga kuko ubuzima bw’abaturage benshi bwasubiye inyuma.

Ni muri urwo rwego twabazaniye inkunga y’ibishimbo, amasahani, amasafuriya n’ibikombe, amavuta yo guteka, umuceri , kawunge , amasabune, udupfukamunwa ndetse n’ibikore by’isuku (Pads) kugira ngo babe babyifashisha muri ibi bihe barimo bitoroshye batwe n’iruka ry’ikirunga”
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu Wungirije ushinzwe Imibereho myiza y’abaturage, Ishimwe Pacifique, yashimiye AHF-Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’aka karere, bo badahwema kubafasha mu buzima bwa buri munsi.

Agira Ati “Turashimira AHF-Rwanda nk’umufatanyabikorwa w’Akarere bakomeje kudufasha guhangana n’ingaruka z’iruka ry’ikirunga, mu byukuri dufite abaturage bagizweho ingaruka n’imitingito. Abaturage bafite inzu zangiritse ni benshi, ubu tugiye kugerageza tubasaranganye ibi biryo mu duhaye ndetse n’izi (Pads) kubo zagenewe kugira ngo buri wese agire icyo abona.”

2021-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Editorial 22 Apr 2017
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021
Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Editorial 21 Jan 2017
NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Editorial 02 Aug 2017
Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Editorial 22 Apr 2017
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021
Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Urukiko rwafashe umwanzuro ku kibazo cy’umwana wa Ciara na Future

Editorial 21 Jan 2017
NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

NEC isaba abantu bose gukuraho bwangu ibirango byo kwamamaza bitarenze kuwa 4 mu gitondo

Editorial 02 Aug 2017
Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Impanuka y’imodoka yari itwawe n’ukekwaho ubusinzi yahitanye batatu barapfa, abandi barakomereka

Editorial 22 Apr 2017
Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Thomas Nahimana aravuga intambara ngo yibonere amaronko kuko azi neza icyo yabyariye Rusesabagina

Editorial 04 Nov 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru