• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Sen. Tito Rutaremara yagize icyo avuga ku Inzu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana

Editorial 21 Jul 2016 Amakuru

Ubwo bagaragarizwaga ibyavuye mu gikorwa cyo kugenzura ibikorwa by’ubukerarugendo byakozwe na Komisiyo y’Iterambere ry’ubukungu n’imari mu nteko ishinga amategeko, bamwe mu basenateri bavuze ko ibigaragara mu ngoro ndangamateka y’Abaperezida bitera urujijo, Sen. Tito Rutaremara we avuga ko iyi nzu itashyirwamo ibyiza ahubwo ikwiye gushyirwamo ibibi byose byakozwe mu Rwanda.

-3360.jpg

Amakuru dukesha umuseke.rw , avuga ko amashusho y’incamake z’uru rugendo rwakozwe n’Abasenateri bagize iyi komisiyo yo mu mutwe wa Sena, agaragaramo kutemeranya n’ibikorwa biri muri zimwe mu ngoro ndangamateka z’u Rwanda nk’iy’abakuru b’igihugu ihereye i Kanombe ahahoze hatuye Perezida Juvenal Habyarimana.

Avuga ku mafoto agaragaza ibikorwa bya Jenoside nk’imyitozo y’Interahamwe basanze muri iyi Ngoro, (muri aya mashusho yeretswe) Senateri Karangwa Chrysologue, yaagize ati “ Murashaka kwigisha iki? Murashaka kwerekana iki? Uko Jenoside yateguwe?”

-3357.jpg

Senateri Karangwa Chrysologue

Mu bitekerezo byatanzwe nyuma yo kwerekwa iyi Raporo n’aya mashusho y’incamake yayo, Abasenateri bavuze ko ibikorwa bigaragara muri iyi nzu bitaga iyo kwa ‘Habyarimana’ bitera urujijo ku buryo hagenwa imikorere yayo cyangwa igafungwa burundu.

Hon Sen Jean Damascene Ntawukuriryayo ati “ …None se kutubwira ngo twagiye kuyisura dusanga bashyizemo amafoto kubera ko twari mu gihe cy’icyunamo, ubwo twe tuzi icyo imaze cyangwa twe twagiyeyo tuzi icyo itumariye.”

-3356.jpg

Hon Sen Jean Damascene Ntawukuriryayo

Senateri Tito Rutaremara atanga igitekerezo kuri ibi bikorwa basanze muri iyi nzu, yagize ati “ Ntabwo wajya kwerekana ubuzima bwiza bwa Habyarimana kandi ni we wayubatse ayijyamo, ni ugushaka ibintu bigaragaza ibyo yakoze koko akaba ari byo bijyamo,…

-3362.jpg

Senateri Tito Rutaremara

Ahubwo se twatanze ibitekerezo iyi nzu ikazaba musée yo kwerekana ibyo Habyarimana yakoze, cyangwa ibibi byose byakozwe mu Rwanda.”

Abasenateri bagize iyi Komisiyo yasuye iyi ngoro ndangamateka bavuga ko babwiwe ko aya mashusho agaragaza amahano ya Jenoside ashyirwamo mu bihe byo kwibuka ubundi agakurwamo.

Ngo n’abasobanura ibiri muri iyi ngoro ntibabizi…

Senateri Bizimana Evariste uri muri iyi komisiyo yasuye ibi bikorwa, yavuze ko ibisobanurwa n’abagaragaza ibikorwa biri muri iyi ngoro ndangamateka y’Abaperezida ntaho bihuriye n’ukuri.

-3358.jpg

Senateri Bizimana Evariste

Ati “ Abatanga amateka kwa Habyarimana ntibabizi, ubabaza igiti cy’umurinzi gihari bakakubwira ko ari icyo Habyarimana yateye, nyamara wakireba ugasanga gishobora kuba gifite nk’imyaka 200.

Bakakubwira ngo piscine ihari ni aho uruziramire rwabaga, wareba neza ugasanga ni ikarita y’u Rwanda.”

Senateri Bizimana ukomeza kunenga ibiri muri iyi ngoro, avuga ko irimo abaperezida batatu gusa nyamara yitwa ko ari ingoro ndangamateka y’abakuru b’igihugu bayoboye u Rwanda.

Ati “ Harimo Habyarimana, Kayibanda na Sindikubwabo, ukababaza uti se ko ari ingoro y’abaperezida, abandi bakuru b’ibihugu barihe? bakarebana.”

Iyo kwa Richard Kandt yo ngo iri kugirwa ahororerwa inyamaswa zirya abantu

Abasenateri banengaga ibyagaragaye mu ngoro ndangamateka z’u Rwanda, banagarutse ku nyamaswa zikomeje gushyirwa mu ngoro ndangamateka y’Umudage Richard Kandt ufatwa nk’uwatangije umurwa mukuru w’u Rwanda.

Izi ntumwa za rubanda zivuga ko iyi nyubako yakwiye kugaragaza amateka y’uyu mudage ariko ntitandukire ngo ishyirwemo izi nyamaswa zirimo n’izirya abantu nk’inzoka n’ingona, bateganya kuzana.

Hon Bizimana ati “ Iyo winjiye muri iriya nzu ubona handitse ngo amateka ya Kandt, wageramo imbere ugasangamo inzoka.”

Sen. Prof Karangwa Chrysologue we yavuze ko iyi nzu idakwiye kwitirirwa Kandt kuko basenye umwimerere wayo, yavuze ko ikwiye gushyirwamo amateka y’ubukoloni bwakorewe Abanyarwanda.

Senateri Mukankusi Perina uyobora iyi Komisiyo y’Iterambere ry’ubukungu n’imari muri Sena yasuye ibi bikorwa, yavuze ko uru rujijo rw’ibikorwa bigaragara muri izi ngoro ndangamateka rwarahawe icyuho n’itegeko rizishyiraho kuko ritagena inshingano z’izi ngoro ahubwo rikagena ko bigenwa n’Iteka.

-3361.jpg

Senateri Mukankusi Perina

2016-07-21
Editorial

IZINDI NKURU

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa

Editorial 30 Mar 2023
Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Mu mikino ine ya shampiyona yakinwe yabonetsemo ibitego 17, Manizabayo Eric uzwi nka Karadio yegukanye Gisaka Race

Editorial 02 Oct 2022
Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Uruhare rwa Radio Muhabura mu Kwihutisha Intambara yo Kubohoza Igihugu

Editorial 25 May 2025
Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Ubucabiranya bwa Paul Rusesabagina bwongeye kumvikana mu rubanza rw’ubujurire, Yanze kwitaba urukiko atanga impamvu z’amatakirangoyi

Editorial 18 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo
Mu Mahanga

Bosebabireba uherutse gukubitirwa i Kampala yavuze ku makuba yaciyemo

Editorial 07 Feb 2018
Kenya :   Dyer&Blair  Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro
ITOHOZA

Kenya : Dyer&Blair Bank yerekanye impamvu yanze kwizera Umunyemari Rujugiro

Editorial 20 Jun 2016
Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune
Amakuru

Iradukunda Bertrand ukinira Township Rollers yo muri Botswana azamara ukwezi adakina kubera imvune

Editorial 10 Dec 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru