• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

“Simbuze aho kujya nyuma y’ iyi business ” Perezida Kagame

Editorial 23 Jun 2017 Mu Rwanda

Perezida Kagame yavuze ko atabuze aho kujya igihe azaba atakiri Perezida w’ u Rwanda anakomoza ku ishusho y’ u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi.

Mu kiganiro Perezida Kagame yahaye abanyamakuru kuri uyu wa 22 Kamena, nyuma yo gushyikiriza komisiyo y’ igihugu y’ amatora ibyangombwa bisabwa uwifuza kwiyamamariza kuyobora u Rwanda muri manda y’ imyaka irindwi iri imbere, umunyamakuru yamubajije u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi abanza kumubwira ko atabuze aho kujya nyuma yo kuva ku butegetsi.

Ati “Mbere ya byose si mbuze aho kujya nyuma y’ iyi bizinesi”

Perezida yavuze ko u Rwanda yifuza ubwo azaba atakiri ku butegetsi ari u Rwanda rutarangwamo ibyabaye mbere y’ imyaka 23 ishize.

Ati “…U Rwanda nifuza byavuzwe kenshi, ni u Rwanda ukuyemo ibintu nka biriya byabaye mu myaka 23 ishize. Nshaka kubona u Rwanda rw’ abaturage bunze ubumwe, bafite ukwishyira ukizana, kandi baryohewe n’ uburumbuke dushaka kugeraho.”

Perezida Kagame yavuze ko hari ibibazo biri mu Isi muri iki gihe, avuga ku bibazo by’ umutekano, yongeraho ko biba byiza gutekereza kabiri mbere yo gukora ibyo abandi bakubwiye gukora kuko hari igihe bakubwira gukora ibintu bazi ko ari bibi. Ibi ngo iyo ubigenzuye usanga iwabo batabikora.

Ati “Aya ni amasomo dukwiye kwiga ku bibera mu Isi batubwira ko dukwiye kwigana imibereho yabo, ntekereza ko dukwiye kumenya uko dukwiye kubaho.”

Perezida Kagame yasabwe kugira icyo avuga ku kuba hari abantu bavuga ko u Rwanda rutabaho rudafite Kagame avuga ko atari kumwe nabo kuko umuntu agira igihe agomba kumara Isi. Perezida Kagame yongeyeho ko igihe atazaba ahari hazaza abandi bagakora ibyo bashoboye, biri mu bushobozi bwabo.

Twabibutsa ko Perezida Kagame amaze imyaka 17 ayobora Abanyarwanda kuko yatangiye kuyobora u Rwanda mu mwaka 2000, akayobora imyaka itatu y’ inzibacyuho mbere y’ uko atorerwa manda ye ya mbere y’ imyaka 7, muri 2010 agatorerwa manda ya kabiri izarangira muri uyu mwaka wa 2017.

Perezida Kagame ni umwe mu bantu batandatu bamaze gutanga candidature ku mwanya w’ umukuru w’ igihugu. Abandi ni Dr Frank Habineza w’ ishyaka DGPR, Ssekikubo Barafinda Fred, Mwenedata Gilbert, Mpayimana Philippe na Diane Shimwa Rwigara.

-210.png

Perezida Paul Kagame

2017-06-23
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Nyuma y’imikino ine Rayon Sports yaboye intsinzi, Police itsinda Marines FC

Editorial 28 May 2021
Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Perezida Museveni yahagurukiye abarimu ba Makerere bigaragambije bigatuma Kaminuza ifungwa

Editorial 05 Nov 2016
U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018

U Rwanda rwazamutse imyanya 10 mu bipimo by’amahoro mu 2018

Editorial 07 Jun 2018
Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Loni yambitse imidari y’ishimwe abapolisi b’u Rwanda muri Darfur

Editorial 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.
Amakuru

Mu gihe twibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi, Umushakashatsi Tom Ndahiro aratwibutsa uko Venuste Nshimiyimana yagiriye inama Perezida Habyarimana yo gukwirakwiza Interahamwe mu Rwanda hose.

Editorial 16 Apr 2021
Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.
Mu Rwanda

Perezida Kagame yitabiriye Inama ya 27 ihuza u Bufaransa n’ Afurika I Bamako.

Editorial 16 Jan 2017
Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri
Amakuru

Leta y’u Rwanda yasabye Kongo-Kinshasa kurekura abaturage barwo babiri

Editorial 08 Nov 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru