• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Tanzania: Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga

Editorial 08 Sep 2017 ITOHOZA

Depite Tundu Lisu wo mu ishyaka rya CHADEMA muri Tanzania yarashwe n’umuntu utaramenyekana, ahita ajyanwa mu Bitaro Bikuru bya Dodoma.

Umuyobozi mukuru wa CHADEMA Freeman Mbowe aravuga ko Depite Tundu Lisu yarasiwe iwe mu rugo kuri uyu wa kane, akaba arembye.

Amakuru tukirimo gutohoza aravuga ko Depite Tundu Lisu bikekwa ko yaba yazize kumena ibanga no kutavuga rumwe n’ubutegetsi ku kibazo cy’imyitozo ya gisilikare ikomeje gukorerwa mu nkambi z’Abarundi igamije guteza umutekano muke muri kano karere.

Ayo makuru agitohozwa kandi avuga ko bamwe mu biyita impunzi z’abarundi mu nkambi muri Tanzania bahawe imyitozo ya gisilikare.

Ibi ngo biri mu rwego rwo kwitegura guhangana n’ibitero by’abarwanya ubutegetsi bwa Petero nkurunziza bibumbiye muri FOREBU ya Gen. Godefoid Niyombare.

Ishyaka rya CHADEMA ryasohoye itangazo ryamagana iraswa ry’umunyamuryango waryo, risaba polisi gukora iperereza, nk’uko tubikesha Ikinyamakuru Swahili Times.

-7935.jpg


Aho Tundu Lissu aryamye mu bitaro, ni mu cyumba cy’abarwayi bagomba kubagwa, nk’uko bitangazwa na Mwananchi.

Abanyepolitiki batandukanye bamaze kumugeraho mu bitaro, kimwe n’inshuti n’abavandimwe, bamwe barira.

Perezida John Magufuli yavuze ko yababajwe bikomeye n’iraswa ry’uyu mugabo, avuga ko aza kumusengera agakira.

-7937.jpg

Depite Tundu Lisu aganira n’abanyamakuru mu minsi ishize

Muri ubwo butumwa yacishije kuri Twitter, Magufuli yasabye inzego z’umutekano gushakisha abarashe Tundu.

Uyu mugabo w’imyaka 49 y’amavuko akomoka mu Ntara ya Singida.

Umukuru w’igihugu w’Uburundi Petero NKURUNZIZA hamwe na John Pombe MAGUFULI wa Tanzaniya baheruka kubonanira bwa mbere amaso mu yandi mu kwezi kwa karindwi 2017 mu mubonano wabereye mu karere ka Ngara mu ntara ya Kagera, mu gihugu cya Tanzaniya.

Umukuru w’igihugu Petero NKURUNZIZA yageze muri Tanzania avuye i Bujumbura mu ndege bikekwa ko ari iy’Umunyemari Rujugiro Ayabatwa Tribert, bari kumwe akaba yari mu butumwa bwa RNC, Ishyaka rye na Kayumba Nyamwasa, mu gutaha Petero Nkurunziza, yafashe urugendo n’imodoka, akaba yaraciye ku rubibe Uburundi buhana na Tanzaniya, i Kobero mu ntara ya Muyinga.

Muri urwo rugendo, Umukuru w’igihugu, Petero NKURUNZIZA yaherekejwe n’abaminisitiri batatu ba Leta y’Uburundi aribo Alain Guillaume BUNYONI ushinzwe Umutekano, Alain Aimé NYAMITWE Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Isabelle NDAHAYO ushinzwe ’Uburundi muri Afrika y’uburasirazuba, Domitien NDIHOKUBWAYO w’ikigega cya Leta, hamwe na Emmanuel NTAHOMVUKIYE ushinzwe kwivuna abanzi.

Umukuru w’Igihugu wa Tanzaniya niwe wagiye kumwakira, mw’ijambo rye yabwiye abaturage bari ku kibuga cy’umupira w’amaguru i Ngara, John MAGUFULI yababwiye ko yabazaniye umukuru w’Igihugu Petero NKURUNZIZA, ababwira ko yaje kuganira nawe bari bonyine, nyuma ku mugoroba agirana ibiganiro n’abandi bamuherekeje.

-7934.jpg

Perezida Nkurunziza na Perezida Magufuri i Ngara muri Tanzania

2017-09-08
Editorial

IZINDI NKURU

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

MINUSCA: Umunyamategeko w’Umufaransa yirukanwe azira gushinja ingabo z’u Rwanda ubwicanyi

Editorial 01 Jun 2018
Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Polisi y’u Rwanda yemeje ko abateye i Nyaruguru baturutse i Burundi

Editorial 02 Jul 2018
Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge  yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Umuvugizi w’Umwami Kigeli, Benzinge yahungiye mu Bwongereza, menya impamvu zabyo

Editorial 13 Nov 2016
Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Sobanukirwa impamvu interahamwe n’abambari bazo banga urunuka Perezida Kagame umujinya wabo bakawutura Internet (Igice cya Mbere)

Editorial 24 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10
Amakuru

Gen Mubarakh Muganga yakurikiye umukino APR FC yatsinzemo Etoile de l’Est 1-0, ihita irusha Rayon Sports amanota 10

Editorial 06 Mar 2024
Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare
IMIKINO

Perezida Kagame yitabiriye ‘Car Free Day’ agaragaza ubuhanga bwo ku nyonga igare

Editorial 21 Oct 2018
RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE
ITOHOZA

RNC: UMUYOBOKE WAYO MU BUBILIGI ARASHINJWA GUHOHOTERA ABAGORE

Editorial 02 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru