• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Trump ashinja abamubanjirije kujenjekera Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 02 Nov 2017 Mu Mahanga

Imyaka myinshi irashize Koreya ya Ruguru irebana ay’ingwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitewe n’ibisasu bya kirimbuzi iki gihugu cyo ku mugabane wa Aziya gicura kikanagerageza, igikorwa gifatwa nk’icy’ubushotoranyi mu maso y’amahanga n’Umuryango w’Abibumbye.

Amerika nk’igihugu cy’igihangange, Perezida wayo aba afite ijambo rikomeye ku mwanzuro ushobora gufatwa wo gushyira iherezo ku kintu kidasanzwe cyabangamira umutekano w’abenegihugu.

Koreya ya Ruguru iyoborwa na Kim Jong-un umaze kugaragara nk’utavugirwamo, yakomeje ibikorwa byo kugerageza ibisasu bya kirimbuzi birimo na Missile zishobora kwambukiranya imigabane, binateye impungenge benshi ko mu gihe cyageragezwa hashobora kuvuka intambara ya gatatu y’isi.

Urugamba rw’amagambo hagati y’ibihugu byombi rwakomeje gututumba ariko ku ngoma ya Trump rwafashe umurego. Ubwo Inteko Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye yateranaga ku munsi wayo wa mbete, Perezida Trump, yatangaje ko igihugu cye gishobora gusenya burundu Koreya ya Ruguru, igihe cyose bizaba bibaye ngombwa ko cyirwanaho cyangwa se kirengera bamwe mu nkoramutima zacyo ; aya magambo Koreya yayagereranyije nko kumva imbwa imoka.

Perezida Trump yagaragaje ko abakuru b’igihugu batatu bamubanjirije barimo William Jefferson Clinton [Bill Clinton] ; George W. Bush na Barack Obama bajenjekeye Koreya ya Ruguru ikomeza kwisanzura mu mugambi wayo wo gucura no kugerageza ibisasu bya kirimbuzi.

Perezida Trump waranzwe n’udushya kuva yarahirira kuyobora Amerika, yavuze ko azarwana uru rugamba kugeza arutsinze nk’uko The Independent dukesha iyi nkuru ibitangaza.

Yagize ati “Gukomeza kwigira beza imbere y’umuntu wijanditse mu gukora no kugerageza ibisasu bya kirimbuzi ntibyigeze bitanga umusaruro mu myaka 25 ishize. Clinton yarananiwe, Bush arananirwa na Obama arananirwa ariko jye sinzananirwa.”
Mu ntangiriro z’uyu mwaka ubwo habagaho ihererekanyabubasha, Trump yaburiwe na Obama ko ikibazo cya Koreya ya Ruguru mu mugambi wayo w’ikoreshwa ry’ibisasu bya kirimbuzi kigomba kuza ku ikubitiro mu byo agomba kuzahangana na byo.

2017-11-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Mutsinzi Ange Jimmy yerekanywe nk’umukinnyi mushya wa Clube Desportivo Trofense yo mu cyiciro cya Kabiri mu gihugu cya Portugal, aboneraho gushimira ubuyobozi bwa APR FC

Ubwanditsi 24 Aug 2021
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Ubwanditsi 07 Oct 2023
Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Tanzaniya yanze inkunga ya Banki y’Isi

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati:  “Eeeh! Waba uretse gato.”

Gicumbi : Gitifu w’Akarere yeguye, abajijwe impamvu ati: “Eeeh! Waba uretse gato.”

Ubwanditsi 25 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire
Mu Mahanga

CHAN2016: Bayisenge yahesheje Amavubi intsinzi imbere ya Côte d’Ivoire

Ubwanditsi 16 Jan 2016
Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”
ITOHOZA

Dore Urutonde rw’ abanyamakurukazi Mu Rwanda bakunzwe Kubera Amajwi yabo Meza aryohera benshi “AMAFOTO”

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020
UBUKUNGU

Guteza imbere imibereho y’abaturage bizatwara igice kinini cy’ingengo y’imari 2019/2020

Ubwanditsi 12 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru