• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Tumenye Mille Collines, hoteli ibitse amateka akomeye y’Abanyarwanda

Editorial 26 Sep 2018 UBUKERARUGENDO

Hôtel des Mille Collines ni imwe muri hoteli zikomeye mu Rwanda, aho uretse kuba ari ya mbere y’inyenyeri enye yubatswe mu rwa Gasabo, ifite n’amateka yihariye yo kuba mu 1994 yarabereye ubuhungiro Abatutsi bagera ku 1268.

Iyi hoteli y’inkuta ndende z’ibara zijya kwera yatashwe mu 1973, yubakwa n’Ikigo cy’Ababiligi cyakoraga ubwikorezi bw’indege, Sabena.

Urebye uko yasaga icyo gihe n’uko imeze magingo aya, nta byinshi byahindutse muri Mille Collines itatswe n’ubusitani abifite bafatiramo icyo kunywa mu mutuzo, ikagira n’ubwogero bwizihira abakunda umukino wo koga, aho bisanzurira banitegeye ibyiza bitatse Umurwa Kigali.

Serivisi Mille Collines itanga zatumye hari abahakundira icyo, ku buryo ariho bamara amasaha menshi bagenera umwanya w’ikiruhuko.

Barimo Perezida wa Sena y’u Rwanda Bernard Makuza, nk’uko yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na Jeune Afrique.

Igitangira imirimo nka hoteli yari ku rwego rwa yonyine mu gihugu, ngo akenshi wasangaga ihuriramo cyane abantu bakomeye.

Makuza yagize ati “Niyo hoteli yari igezweho mu mujyi. Y’abadipolomate, abantu bize n’abanyamahanga bakoraga mu miryango y’abagiraneza. ”

Gusa ngo ntiyari n’iy’abategetsi kuko benshi mu bantu ba hafi ya Habyarimana Juvenal wari perezida, bari bafite ahandi bahurira hatageraga abanyamahanga benshi.

Muri Hôtel des Mille Collines hari ahantu hizewe ku buryo abantu bashoboraga kuhaganirira ibirebana na politiki, ari nako basangira akarahuri.

Muri resitora yaho ihiga izindi mu mujyi wa Kigali, ngo niho abacuruzi, abakoraga ubucuruzi bw’intwaro cyangwa diyama bahahuriraga, bumvikana ku bikorwa byabo cyangwa baganira ku mikoranire iri imbere, abo bakahita muri “milles combines.”

Mu mpera z’icyumweru ibintu byabaga bishyushye, abaririmbyi bagasusurutsa abakiliya mu njyana ya Jazz, ugasanga abagabo benshi bahasohokanye abagore babo, bo bakahaha akabyiniriro ka “Mille Copines”.

Jenoside yateje impinduka

Bitewe n’uburyo abantu bari bamaze kwibona muri iyi hoteli, abantu benshi benshi barahisangaga mu buryo bukomeye.

Gasamagera Wellars ni umwe muri abo, we yayimenye cyane ahagana mu 1980 ubwo yari umukozi wa Ambasade ya Libya mu Rwanda, yari yubatse hafi y’iyi hoteli.

Agaruka ku buryo yari ikomeye yagize ati “Byeri yaguraga 100FRw. Icyo gihe ariko ntibyari byoroshye kuyigondera.”

Ku wa 7 Mata 1994 Jenoside yatangiye igihugu cyose, abatutsi batangira guhigwa no kwicwa, abarokotse bagashaka aho bikinga.

Gasamagere ati “Ubwo amakuru y’ubwicanyi yatugeragaho twahise dutekereza Mille Collines, hari ari ubuhungiro bwacu twe tutari duhuje n’abo ibitekerezo.”

Icyo gihe we n’umugore we bahise bakodesha icyumba cya 203 giherereye muri etaje ya kabiri, hamwe n’abandi bantu 21.

Imibare ivugwa ni uko muri iyi hoteli hari hahungiye abantu 1268 barimo Abatutsi n’Abahutu batavugaga rumwe na guverinoma yakoraga Jenoside, kandi bose bararokoka.

Aya mateka ni yo yabyaye igitekerezo ku Munya-Irlande Terry George, ayabyazamo filime yise Hotel Rwanda yasohotse mu 2004. Yaje gukoreshwa nabi ihindura Paul Rusesabagina intwari, byitwa ko yahishe abantu kandi yarishyuzaga abahahungiye.

Umwe mu babaye muri ubu buzima yagize ati “Abakire bari bafite ibyumba byabo, abaminisitiri bafite abarinzi, abenshi ni abaryamaga mu nzira za hoteli cyangwa mu byumba by’inama. Rusesabagina we yasangiraga inzoga n’interahamwe ndetse agasaba abantu kwishyura ibyumba.”

Mu gihe hanze ya hoteli abatutsi bicwaga, interahamwe zabaga zinasahura abagerageza kwinjira muri Mille Collines, abari mo imbere bagakomeza kwihuza ngo barebe ko iminsi yakwicuma.

Na nyuma ya Jenoside, Gasamagera waje kuba senateri ubu akaba ari umuvugizi w’Umuryango FPR-Inkotanyi, n’uyu munsi aracyasura iyi hoteli ndetse yihaye gahunda yo kujya agira nibura iminsi ibiri amara mu cyumba cye cya 203.

Ubwo Jenoside yahagarikwaga, Mille Collines yamaze amezi atatu ifunze ngo yongere itunganywe, yongera gufungura imiryango mu mpera za Nzeri 1994.

Mu 2001 Sabena yubatse iyi hoteli yaje guseswa, Mille Collines yegurirwa ikigo Mikcor Hotel Holding cyo muri Afurika y’EPfo n’umushoramari ufite ubwenegihugu bw’u Rwanda na Repubulika Ihranira Demokarasi ya Congo, Miko Rwayitare, washinze ikigo Telecel kiri mu byabimburiye ibindi mu itumanaho rya telefoni muri Afurika.

Umuryango wa Rwayitare unafite izindi hoteli nka Mont Rochelle Hotel na Mountain Vineyard du Cap muri Afurika y’Epfo.

Ubwo yitabaga Imana mu 2007, abana ba Rwayitare nibo basigaranye iyi hoteli maze bakora amavugurura menshi mu 2010, mbere yo kuyegurira Kempinski y’Abadage yari ifite intego yo kuyigira hoteli y’icyitegererezo, nubwo uwo mugambi utamaze igihe kirenze imyaka ibiri.

Nyuma y’imbaraga nyinshi zashyizwe mu bukerarugendo mu Rwanda cyane cyane ubushingiye ku nama, Hôtel des Mille Colline ntikiri rukumbi mu Rwanda kuko hinjiye andi mazina akomeye nka Marriott, Radisson Blu na Ubumwe Grande Hotel bituranye.

Gusa Umuyobozi Ushinzwe kumenyekanisha ibikorwa muri Mille Collines, Kangwage Claire, ashimangira ko ibyo bitayibuza kuba amahitamo ya mbere kuri benshi bazi umwihariko wayo.

Yakomeje agira ati “Ba minisitiri benshi bo mu gihugu cyangwa abanyamahanga, abanyacyubahiro bakunda kutugana. Ibyumba byacu bigenewe abantu nk’abo, abenshi muri bo bahasanga ibyo bakunda.”

Kimwe n’abandi bakiliya, Gasamagera Wellars ni umwe mu bakunda kugana Hotel des Mille Collines buri wa Gatanu ku mugoroba, ngo banyurwe n’umuziki wa Jazz cyangwa injyana gakondo ziba ziririmbirwa iruhande rw’amazi.

Iki gice gitegurirwamo amafunguro yaba aya mugitondo cyangwa aya saa sita

Abantu benshi bakundira Milles Collines ko babona ayo kwisanzurira no koga

Hari ahantu ho gufatira amafunguro hajyanye n’icyubahiro cya buri muntu

Muri Hotel des Milles Collines umuntu yicara aho yihitiyemo

Iki ni icyumba cy’inama kizwi nka Muhungwe, kimwe mu biboneka muri Milles Collines

Bitewe n’icyumba wafashe, uba ufite uruganiriro wifuza

Ababyifuza bakorera ibirori cyangwa inama mu busitani buteguwe neza

Icyumba cy’inama cya Kivu, muri Milles Collines

Muri Kivu kandi hashobora kubera ibirori byiyubashye

Hari ibinyobwa by’amoko yose bitewe n’icyo umuntu akunda

Ifunguro ryo muri Mille Collines ni ntamakemwa

Abakiliya ba Hotel des Mille Collines bashyiriweho Spa ibaha serivisi zitandukanye

Iruhande rw’amazi, umukiliya abona ubwoko bwose bw’ibinyobwa akunda

Amafoto: Milles Collines

2018-09-26
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

U Rwanda rugiye kwakira inama nyafurika yiga ku micungire y’umutekano w’indege

Editorial 05 May 2018
Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Ubwo imyaka 8 y’ubufatanye hagati ya Visit Rwanda n’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza azaba arangiye, aya amasezerano ntazongerwa – Ibyayaranze

Editorial 19 Nov 2025
Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Indege ya Ethiopian airlines yakoze impanuka ihitana abantu 157 (Yavuguruwe)

Editorial 10 Mar 2019
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Editorial 04 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yasesekaye  muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yasesekaye muri Arménie ahagomba kwemerezwa niba Mushikiwabo azayobora OIF

Editorial 10 Oct 2018
Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye
POLITIKI

Green Party Ihetuye Amajyepfo Ibijeje Iterambere Rirambye

Editorial 29 Aug 2018
Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda
POLITIKI

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Editorial 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru