• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»UBUKERARUGENDO»Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ibikorwa by’ubukerarugendo bw’u Rwanda byegerejwe Abashinwa binyuze ku rubuga rwa Fliggy

Ubwanditsi 06 Dec 2018 UBUKERARUGENDO

Abakerarugendo bo mu Bushinwa, ubu bashobora kureba cyangwa kwishyura ibyo bakeneye gusura mu Rwanda banyuze ku isoko ryo kuri internet ryibanda kuri serivisi z’ubukerarugendo, ku rubuga rwa Fliggy.

Uru rubuga rwahoze rwitwa Alitrip ni urw’ikigo Alibaba Group, cyashinzwe n’umuherwe Jack Ma. Rufasha abakerarugendo b’Abashinwa muri serivisi bakeneye nko kubona itike z’indege, hoteli cyangwa kwishyura ibyo bazakenera mu rugendo.

Iyi gahunda ishobotse nyuma y’amasezerano yasinywe mu Ukwakira hagati y’u Rwanda na Alibaba Group, arimo no gutangiza urubuga eWTP (electronic World Trade Platform), rufasha ibigo bito n’ibiciriritse gukora ubucuruzi bwambukiranya imipaka binyuze mu ikoranabuhanga.

Fliggy ikoreshwa n’Abashinwa basaga miliyoni 500 mu by’ubukerarugendo. Yatangiye gufasha ibigo byo mu Rwanda bitanga serivisi z’ubukerarugendo n’amahoteli, kwimenyekanisha no kugurisha serivisi ku Bashinwa.

Agaruka kuri iki gikorwa gishya, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere, RDB, Clare Akamanzi yavuze ko u Bushinwa ari isoko rikomeye rw’ubukerarugendo muri iki gihe.

Ati “U Bushinwa buturukamo abakerarugendo benshi ku Isi muri iki gihe kandi bakoresha amafaranga menshi ku Isi. Abakerarugendo miliyoni 131 b’abashinwa, mu mwaka ushize bakoresheje impuzandengo y’amadolari 726 ku muntu mu kugura ibintu biciriritse, mu gihe abatari abashinwa bakoresheje amadolari 486 ku muntu.”

“Amafaranga atangwa n’Abashinwa mu bukerarugendo yageze kuri miliyari $ 261 mu 2016, angana na 21% by’amafaranga yakoreshejwe mu bukerarugendo ku rwego mpuzamahanga. Ikibabaje, Afurika ifitemo 2% gusa. Twizera ko umwanya wagenewe Visit Rwanda kuri Fliggy ari bumwe mu buryo buzadufasha kongera abasura u Rwanda baturutse mu Bushinwa.”

Umuyobozi w’Ishami ry’Ubukerarugendo mu Rugaga rw’Abikorera, PSF, Rutagarama Aimable, yavuze ko kugurisha ibikorwa by’ubukerarugendo by’u Rwanda kuri Fliggy, bitanga amahirwe kuri uru rwego ngo rubashe kwinjira ku isoko ry’u Bushinwa.

Yagize ati “Tuzanabona inyungu nyinshi kuko abantu bajyaga baba hagati aho bazagabanyuka maze n’amafaranga ya komisiyo agabanyuke. Ndasaba abari muri serivisi z’ubukerarugendo bose kubyaza umusaruro iyi gahunda maze banyuze ibyo bakora mu buryo bumwe kandi bugezweho, buratuma icyerekezo cyacu kirushaho kuganwa.”

Amasezerano y’ubufatanye hagati y’u Rwanda na Alibaba Group yamuritswe ku wa 31 Ukwakira, mu muhango witabiriwe na Jack Ma na Perezida Paul Kagame.

Binateganywa ko RDB izakorana na Alibaba mu gufasha abanyarwanda bafite ibigo bito n’ibiciriritse kugurisha ibicuruzwa byabo nk’ikawa, ibikomoka mu bukorikori mu Bushinwa binyuze ku ipaji y’urubuga rwa Alibaba yitwa ‘Tmall Global’.

Umusaruro u Rwanda rukura mu bukerarugendo wageze kuri miliyoni $438 mu 2017, wiyongeraho miliyoni $34 ugereranyije n’uwa 2016. Rwiteze miliyoni $800 mu 2024.

Ingagi zo mu misozi ni bimwe mu biremwa bituma abakerarugendo benshi basura u Rwanda

2018-12-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Musanze: Perezida Kagame yafunguye ku mugaragaro Singita Kwitonda Lodge

Ubwanditsi 01 Aug 2019
COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

COVID-19: Gusura Pariki y’Ibirunga, Mukura-Gishwati na Nyungwe byasubitswe

Ubwanditsi 21 Mar 2020
Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ntibikiri Indoto, RwandAir igiye kujya ikora ingendo eshatu mu Cyumweru i Kinshasa

Ubwanditsi 04 Apr 2019
Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ibirori by’itangizwa ry’ingendo za RwandAir i Abuja

Ubwanditsi 29 May 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25
INKURU NYAMUKURU

Impamvu bamwe mu bakekwaho kwica Perezida Ndadaye bafashwe nyuma y’imyaka 25

Ubwanditsi 27 Nov 2018
Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.
Amakuru

Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba ntiwakemura ikibazo cya Kongo, mu gihe hari ibihugu bishyira imbere inyungu zabyo aho kureba iz’Umuryango wose”- Perezida Kagame.

Ubwanditsi 30 Jan 2025
   Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

  Uganda yasubije umutarage wayo Robert Mukombozi  muri Australia kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda

Ubwanditsi 02 Apr 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru