• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Editorial 19 Jun 2018 IMIKINO

U Bubiligi ni cyo gihugu mu bihabwa amahirwe cyatangiye neza igikombe cy’Isi gitsinda Panama ibitego bitatu ku busa kandi gikina neza naho u Bwongereza bwongera gutoneka inkovu z’abafana ibihugu byaserukiye Afurika, butsinda Tunisia mu minota ya nyuma.

Mbere y’Igikombe cy’Isi hakozwe ubusesenguzi bwinshi ku gihugu gifite ikipe ihagaze neza ndetse ifite amahirwe menshi ariko yaba u Budage, Argentine, Brazil, Espagne; nta na kimwe cyabonye amanota atatu y’umukino wa mbere ndetse n’u Bufaransa bwikuye imbere ya Australia bigoranye ku bitego 2-1 mu mpera z’icyumweru.

U Bubiligi bwa Kevin De Bruyne na Eden Hazard kuri uyu wa Mbere bwatangiye butanga ubutumwa ku bo bahanganiye igikombe, butsinda Panama ibitego bitatu ku busa bunakina umupira mwiza.

Kimwe na Iceland, Mexique, u Busuwisi; byagiye bihagarika amakipe akomeye, Panama nayo yatangiye umukino yihagazeho ndetse iminota 45 ya mbere irangira ari ubusa ku busa, benshi batangira kwibaza niba u Bubiligi nabwo bugiye kumera nk’ibindi bihugu bikomeye byose.

Nyuma yo kuva kuruhuka, Umutoza Roberto Martinez na Thierry Henry bamaze kuganiriza abakinnyi babo, bagarutse mu kibuga bariye karungu hashize iminota ibiri gusa Dries Mertens ahita afungura amazamu, bakomeza gukina neza ku munota wa 69 Romelu Lukaku atsinda icya kabiri ku wa 75 ashyiramo icya gatatu ari nako umukino warangiye.

Mu mukino wakurikiyeho wari uhanzwe amaso n’Abanyafurika benshi, u Bwongereza bwa Harry Kane bwatsinze Tunisia ibitego bibiri kuri kimwe. Ni umukino watangiye u Bwongereza burusha bikomeye Tunisia bunayitsinda igitego cya kare, ku munota wa 11 cya Harry Kane.

Tunisia yakomeje kugerageza amahirwe make ntabyare umusaruro gusa ku munota wa 33 myugariro w’u Bwongereza Kyle Walker aza gutera inkokora Fakhreddine Ben Youssef mu rubuga rw’amahina, umusifuzi atanga penaliti iterwa neza na Ferjani Sassi, biba 1-1.

Iki gitego cyateye akanyabugabo Tunisia ikomeza kurwana ishaka kunganya, gusa ku mahirwe make Harry Kane aza kuyitsinda igitego cya kabiri mu minota y’inyongera, umukino urangira ari 2-1.

Tunisia yabaye igihugu cya kane mu bihagarariye Afurika gitsinzwe nyuma ya Misiri, Maroc na Nigeria byo byanatsindiwe ku busa, bitabashije no kubona igitego, amahirwe ya nyuma yo kubona igihugu cyakura uyu mugabane mu isoni akaba ari kuri Sénégal igomba gukina na Pologne ya Robert Lewandowski kuri uyu wa Kabiri.

Imikino yabaye ku wa Mbere tariki 18 Kamena 2018

-  Suède 1 – 0 Korea y’Epfo
-  U Bubiligi 3 – 0 Panama
-  Tunisia 1 – 2 u Bwongereza

Imikino iteganyijwe kuri uyu wa Kabiri

-  Saa 14 :00 : Colombia vs u Buyapani
-  Saa 17 :00 : Pologne vs Sénégal
-  Saa 20 :00 U Burusiya vs Misiri

Dries Mertens ni we wafunguye amazamu mu mukino wahuje u Bubiligi na Panama

Romelu Lukaku atsinda igitego cya kabiri ku ruhande rw’u Bubiligi

Uyu musore nawe yinjiye ku rutonde rw’abakinnyi bamaze gutsinda ibitego bibiri muri iri rushanwa bakurikiye Cristiano Ronaldo ufite bitatu

Harry Kane yongeye kwerekana ko ari rutahizamu ukomeye muri iri rushanwa

Ikosa ryavuyemo Penaliti ya Tunisia ni uku ryakozwe…

Kapiteni w’u Bwongereza, Harry Kane, niwe wahesheje igihugu cye intsinzi mu minota ya nyuma

Umutoza w’u Bwongereza, Gareth Southgate , yari yasazwe n’ibyishimo ubwo ikipe ye yatahukanaga amanota atatu

2018-06-19
Editorial

IZINDI NKURU

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

TDRwanda2017: Areruya yongeye gutsindira i Huye yambara umuhondo mbere yo kujya i Rubavu

Editorial 14 Nov 2017
Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Amafoto: Yannick Mukunzi yakoranye imyitozo n’ikipe y’igihugu Amavubi ikomeje kwitegura imikino ibiri isoza iyo mu itsinda F ryo gushaka itike y’Igikombe cya Afurika cya 2021

Editorial 20 Mar 2021
U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

U Rwanda rwisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu mikino Paralempiki izabera mu Bufaransa

Editorial 22 May 2024
Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Bitewe n’imvune yagiriye mu myitozo umunyezamu w’ikipe y’igihugu Amavubi, Kimenyi Yves yasimbujwe Rwabugiri Umar wanahise atangira imyitozo

Editorial 13 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda
Amakuru

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Editorial 31 Oct 2024
Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina
Mu Rwanda

Sean Penn wahoze ari umugabo wa Madonna yitabiriye ibirori byo Kwita Izina

Editorial 01 Sep 2017
Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Editorial 03 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru