• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

U Burusiya bwafunguye Igikombe cy’Isi bwandagaza Arabia Saoudite

Editorial 15 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’igihugu y’u Burusiya ibifashijwemo na Yuri Gazinskiy, Denis Cheryshev na Artem Dzyuba, yatangiye irushanwa ry’igikombe cy’Isi inyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa imbere y’abafana 78,011.

Uyu mukino ufungura wabaye ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane kuri Stade ya Luzhniki, wakurikiwe n’abanyacyubahiro batandukanye nka Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin, uwa FIFA Gianni Infantino, uw’u Rwanda Paul Kagame, Igikomangoma cya Arabia Saoudite Mohammed bin Salman n’abandi.

Nyuma y’imyaka ine u Budage bwegukanye igikombe cy’Isi muri Brazil, abakunzi b’umupira w’amaguru bongeye kuryoherwa n’iri rushanwa rikundwa kurusha ayandi yose.

U Burusiya bwanyagira Arabia Saoudite ibitego bitanu ku busa harimo icya Yuri Gazinskiy ku munota wa 12 ku mupira mwiza yahawe na Aleksandr Golovin ahita awohereza mu rushundura n’umutwe.

Mu bijyanye no kwiharira umukino, Arabia Saouditeniyo yakunze kuba iri imbere ariko u Burusiya bwakiniraga mu rugo bwagiye bukoresha neza amahirwe bubonye mbere yo kujya kuruhuka; Denis Cheryshev wari winjiye asimbuye Alan Dzagoev wavunitse, atsinda igitego cya kabiri ku mupira yari ahawe na Roman Zobnin.

Mu gice cya kabiri, Arabia Saouditeyashatse kugaruka mu mukino ibifashijwemo n’impinduka umutoza Juan Antonio Pizzi yari akoze akuramo Abdullah Otayf akinjiza Fahad Al-Muwallad ariko ku munota wa 70 umutoza Stanislav Cherchesov nawe yakoze impinduka akuramo Fedor Smolov yinjiza Artem Dzyuba wahise anatsinda igitego cya gatatu nyuma y’iminota ibiri gusa mu kibuga.

Arabia Saoudite yagiye ikora impinduka zitandukanye Yahya Al Shehri aha umwanya Hattan Sultan Babhir, Mohammed Al-Sahlawi aha umwanya Mohanad Asiri, gusa zose nta cyo zahinduye kuko yaje gutsindwa ibindi bitego bibiri harimo icya Denis Cheryshev ku munota wa 90 n’icya Aleksandr Golovin mu y’inyongera, umukino urangira ari 5-0.

Muri iri tsinda A, umukino wa kabiri uzahuza Misiri na Uruguay ku wa Gatanu tariki 15 Kamena saa 14h00; u Burusiya bukazasubira mu kibuga tariki 19 Kamena bukina na Misiri mu gihe tariki 20 Kamena, Arabia Saoudite izahura na Uruguay.

Uretse umukino wa Misiri na Uruguay uzaba kuri uyu wa Gatanu, hazaba n’uwa Maroc na Iran uzatangira saa 17h00 mu gihe umukino w’ishiraniro uzaba saa 20h00 hagati ya Espagne iri mu bihugu bihabwa amahirwe na Portugal ya Cristiano Ronaldo ifite igikombe cyo ku mugabane w’u Burayi cya 2016.

 

Alan Dzagoev w’u Burusiya ahanganiye umupira na Omar Hawsawi wa Arabia Saoudite

 

Denis Cheryshev yinjiye asimbuye atsinda ibitego bibiri

 

Abakinnyi b’u Burusiya bishimanye n’abafana batsinze igitego

 

Yuri Gazinsky wanditse amateka yo gutsinda igitego cya mbere mu gikombe cy’Isi cya 2018

 

Yuri yatsinze igitego n’umutwe ku mupira yari ahawe neza na Aleksandr Golovin

 

2018-06-15
Editorial

IZINDI NKURU

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye  urukundo rukomeye kuri  Jack

Rose wakinnye muri Titanic aratangazako agifitiye urukundo rukomeye kuri Jack

Editorial 15 Feb 2016
Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Tour du Rwanda: Merhawi Kudus wa ASTANA yegukanye agace Kigali-Huye

Editorial 25 Feb 2019
Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Binyuze ku muyobozi mushya wa FERWAFA Nizeyimana Olivier, Perezida wa FIFA Gianni Infantino yashimiye APR FC yegukanye igikombe cya Shampiyona

Editorial 03 Jul 2021
APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

APR FC yageze mu Misiri aho igiye gukina na Pyramid FC umukino w’ijonjora rya Kabiri rya CAF

Editorial 18 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani
POLITIKI

Madamu Jeannette Kagame yakiriwe ku meza n’umufasha wa Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani

Editorial 09 Jan 2019
Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.
Amakuru

Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye afite nyungu ki mu kubeshya amahanga abeshyera u Rwanda.

Editorial 19 May 2021
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Editorial 25 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru