• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Editorial 15 Mar 2018 POLITIKI

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya, yatangaje ko igerageza ry’igisasu cya misile kitabasha guhagarikwa mu buryo ubwo ari bwo bwose Perezida Vladimir Putin, yari aherutse kwigamba mu ntangiriro za Werurwe, ryagenze neza.

Iyi minisiteri yabinyujije mu itangazo yashyize ahagaragara ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, ivuga ko icyo gisasu (hypersonic Kinzhal missile) cyageragerejwemu Burasirazuba bw’Amajepfo y’u Burusiya, bikagaragara ko gikora neza.

Ni igisasu cyarashwe hifashishijwe indege ya gisirikare yo mu bwoko bwa MiG-31, kikaba ngo cyarakorewe guhangana n’ibitero byo ku butaka no mu mazi; mu igerageza ryacyo nticyigeze gihusha aho cyatewe nk’uko Minisiteri y’ingabo yakomeje ibisobanura.

Gifite umuvuduko ukubye inshuro ziri hagati ya 5 na 10 uw’ijwi, ugera kuri kilometero 2000 ku isaha. Abahanga mu bya gisirikare bemeza ko bene iyi misile nta Radar ipfa kuyibona.

Ibi ni na byo Perezida w’u Burusiya, Vladmir Putin, yatangaje mu ntangiriro za Werurwe 2018, ko igihugu cye kimaze kugira ibisasu bishya byo mu bwoko bwa misile zirasa kure kandi zifite umuvuduko udashobora guhagarikwa n’ikindi gihugu icyo ari cyo cyose.

Yagize ati “ U Burusiya buracyafite imbaraga zikomeye mu gukora ibisasu bya kirimbuzi ku rwego rw’isi. Duhora tubibabwira ariko nta wushaka kutwumva. Iki ni gihe cyo kubyumva noneho.”

Amerika yabwiye u Burusiya ko nta gishya mu by’intwaro burimo kwirata, ko ahubwo ari amaco yo gushaka amajwi mu matora Putin yimirije imbere nk’uko inkuru ya CNN ibivuga.

Umunyamabanga ushinzwe ingabo muri Amerika, James Mattis yagize ati “Ibyo bitwaro yirata [Putin] nta gishya kuko barabisanganywe kuva na kera kose kandi igitangaje niuko nta na kimwe byari byahindura ku gisirikare.”

James Mattis yongeyeho ko amagambo y’u Burusiya nta mwanya Amerika yayaha cyangwa ngo agire icyo ahindura kuri gahunda zayo z’ubwirinzi isanganywe.
Ngo icyo ibi bizazanira u Burusiya ni uguteza ubukene kuko igihugu kihatakariza akayabo mu icurwa ry’ibitwaro bitagize icyo bizabamarira.

2018-03-15
Editorial

IZINDI NKURU

Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Editorial 15 Feb 2019
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Administrator 16 Nov 2025
Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Perezida Kagame yashimangiye uruhare rwo gukemura ibibazo by’ingufu mu guteza imbere Afurika

Editorial 29 Feb 2016
Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Madame Jeannette Kagame yasobanuye aho ubumwe bw’Abanyarwanda bwavuye

Editorial 23 Oct 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.
ITOHOZA

Urukiko rw’Ubujurire rwa Paris ruzasuzuma ubujurire kuri Padiri Wenceslas Munyeshyaka, nyuma y’imyaka ibiri urubanza rwe ruhagaritswe.

Editorial 30 Aug 2017
Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi
POLITIKI

Abarwanyi batandatu ba FDLR bashyize intwaro hasi

Editorial 15 Feb 2019
Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire
Mu Rwanda

Abajya mu butumwa bw’amahoro bakwiye gushyira imbere ubumuntu – Lt Gen Dallaire

Editorial 11 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru