• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Editorial 25 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Three Lions, yabonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho mu mikino y’Igikombe cy’Iri iri kubera mu Burusiya, nyuma yo kunyagira i Panama ibitego 6-1 mu mukino wabereye kuri Nizhny Novgorod Stadium.

Ni umukino wanabaye intangiriro y’amateka mashya kuri rutahizamu Harry Kane winjije ibitego bitatu mu mukino umwe, ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi.

Ibitego byatsinzwe na myugariro John Stones watsinze ibitego bibiri n’umutwe (ku minota ya 8, 40), Harry Kane atsinda penaliti ebyiri (ku minota ya 22, 45+1n’ikindi gitego ku wa 62), Jesse Lingard atsinda igitego cyiza n’ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umuzamu (ku munota wa 36).

Igitego cya gatandatu cya Harry Kane cyatsinzwe nyuma y’uko abakinnyi b’u Bwongereza bari bamaze guhererekanya imipira inshuro 25 nta muntu n’umwe ubarogoye, ari nayo mipira myinshi ihererekanyijwe mbere y’igitego mu gikombe cy’Isi guhera mu 1996, aho barengeje umupira umwe wahererekanyijwe ugereranyije n’igitego Esteban Cambiasso yatsindiye Argentina mu 2006.

Igitego cy’impozamarira cya Panama cyatsinzwe na Felipe Baloy w’imyaka 37 ku munota wa 78, ari nacyo gitego cya mbere iki gihugu kibonye mu gikombe cy’Isi.

Muri iri tsinda G, kuri uyu wa Gatandatu u Bubiligi bwari bwagaragaje ko ari ikipe ikomeye ndetse bushobora kuyobora itsinda ubwo bwatsindaga Tunisia 5-2 ariko intsinzi y’u Bwongereza yabwicaje ku mwanya wa mbere.

Bivuze ko u Bwongereza bunganya amanota n’u Bubiligi kuko bombi bafite amanota atandatu, bakananganya ibitego bazigamye n’ibyo batsinze kandi bafitanye umukino kuwa Kane w’icyumweru gitaha.

Muri bitego uko ari bitandatu by’u Bwongereza, bitanu byagiyemo mu gice cya mbere cy’umukino. Kugeza ubu amakipe ane mu mateka y’Igikombe cy’Isi ni yo amaze gutsinda ibitego guhera kuri bitanu kuzamura mu gice cya mbere cy’umukino.

U Bwongereza bwabaye igihugu cya gatanu kibikoze, ibintu byaherukaga gukorwa n’u Budage ubwo bwanyagiranya Brazil mu 2014.

John Stones nawe yahise aba umukinnyi wa mbere wa Manchester City utsinze igitego mu Gikombe cy’Isi mu myaka ya vuba, ibintu byaherukaga gukorwa na Trevor Francis mu 1982.

Nyuma yo gutsinda ibitego bitatu kuri iki Cyumweru, Harry Kane yahise ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri iki gikombe cy’Isi kuko afite bitanu, akurikiwe na Cristiano Ronaldo na Romelu Lukaku bombi bafite ibitego bine.

Ababanjemo ku mpande zombi:

U Bwongereza: Pickford, Walker, Stones, Maguire, Trippier (Rose, 70), Loftus-Cheek, Henderson, Lingard (Delph, 63), Young, Sterling, Kane (Vardy, 62).

Umutoza: Gareth Southgate

PANAMA: Penedo, Murillo, R Torres, Escobar, Davis, J Rodriguez, Godoy, Gomez, Cooper (Baloy 69), Barcenes (Arroyo 69), Perez.

Umutoza: Hernan Dario Gomez

Harry Kane yinjije ibitego bitatu mu mukino umwe ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi

Harry Kane na Jesse Lingard bombi batsindiye ikipe y’igihugu y’u Bwoingereza

Lingard yatsinze igitego ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umunyezamu wa Panama

Haririmbwa indirimbo z’ibihugu mbere y’umukino

Jesse Lingard na Raheem Sterling bafite uburyo bwihariye bishimiramo igitego

2018-06-25
Editorial

IZINDI NKURU

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Police FC itsinze Rayon Sports 4-2, Marines irwana no kuva mu myanya mibi yihererana Musanze FC – Uko imikino y’umunsi wa 25 yagenze

Editorial 01 Apr 2023
Kayiranga Baptiste  yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Kayiranga Baptiste yagizwe umutoza w’ikipe y’igihugu y’abari munsi y’imyaka 18

Editorial 17 Nov 2023
FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 01 Oct 2025
CAF: APR FC yatomboye Club Africain yo muri Tunisia, Mukura VS yo izahangana n’iya Kwizera muri Afurika y’Epfo

CAF: APR FC yatomboye Club Africain yo muri Tunisia, Mukura VS yo izahangana n’iya Kwizera muri Afurika y’Epfo

Editorial 12 Nov 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka
Amakuru

Paul Rusesabagina yahurijwe mu rubanza rumwe na bamwe mu ngabo ze zafatiwe ku rugamba harimo umuhungu wa Wilson Irategeka

Editorial 18 Nov 2020
Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin
Amakuru

Police Volleyball Club yatangaje ko Musoni Fred ariwe mutoza mukuru wayo mu gihe cy’imyaka ibiri, azungirizwa na Munyinya Justin

Editorial 27 Oct 2023
’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’
POLITIKI

’Ni igihe cyiza ngo u Rwanda ruhabwe ibyo rusaba Uganda’

Editorial 25 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru