• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

U Bwongereza bwinjiye mu batsinze ibitego byinshi mu Gikombe cy’Isi, Harry Kane aca kuri Cristiano

Ubwanditsi 25 Jun 2018 IMIKINO

Ikipe y’Igihugu y’u Bwongereza, Three Lions, yabonye itike yo gukomeza mu cyiciro gikurikiraho mu mikino y’Igikombe cy’Iri iri kubera mu Burusiya, nyuma yo kunyagira i Panama ibitego 6-1 mu mukino wabereye kuri Nizhny Novgorod Stadium.

Ni umukino wanabaye intangiriro y’amateka mashya kuri rutahizamu Harry Kane winjije ibitego bitatu mu mukino umwe, ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi.

Ibitego byatsinzwe na myugariro John Stones watsinze ibitego bibiri n’umutwe (ku minota ya 8, 40), Harry Kane atsinda penaliti ebyiri (ku minota ya 22, 45+1n’ikindi gitego ku wa 62), Jesse Lingard atsinda igitego cyiza n’ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umuzamu (ku munota wa 36).

Igitego cya gatandatu cya Harry Kane cyatsinzwe nyuma y’uko abakinnyi b’u Bwongereza bari bamaze guhererekanya imipira inshuro 25 nta muntu n’umwe ubarogoye, ari nayo mipira myinshi ihererekanyijwe mbere y’igitego mu gikombe cy’Isi guhera mu 1996, aho barengeje umupira umwe wahererekanyijwe ugereranyije n’igitego Esteban Cambiasso yatsindiye Argentina mu 2006.

Igitego cy’impozamarira cya Panama cyatsinzwe na Felipe Baloy w’imyaka 37 ku munota wa 78, ari nacyo gitego cya mbere iki gihugu kibonye mu gikombe cy’Isi.

Muri iri tsinda G, kuri uyu wa Gatandatu u Bubiligi bwari bwagaragaje ko ari ikipe ikomeye ndetse bushobora kuyobora itsinda ubwo bwatsindaga Tunisia 5-2 ariko intsinzi y’u Bwongereza yabwicaje ku mwanya wa mbere.

Bivuze ko u Bwongereza bunganya amanota n’u Bubiligi kuko bombi bafite amanota atandatu, bakananganya ibitego bazigamye n’ibyo batsinze kandi bafitanye umukino kuwa Kane w’icyumweru gitaha.

Muri bitego uko ari bitandatu by’u Bwongereza, bitanu byagiyemo mu gice cya mbere cy’umukino. Kugeza ubu amakipe ane mu mateka y’Igikombe cy’Isi ni yo amaze gutsinda ibitego guhera kuri bitanu kuzamura mu gice cya mbere cy’umukino.

U Bwongereza bwabaye igihugu cya gatanu kibikoze, ibintu byaherukaga gukorwa n’u Budage ubwo bwanyagiranya Brazil mu 2014.

John Stones nawe yahise aba umukinnyi wa mbere wa Manchester City utsinze igitego mu Gikombe cy’Isi mu myaka ya vuba, ibintu byaherukaga gukorwa na Trevor Francis mu 1982.

Nyuma yo gutsinda ibitego bitatu kuri iki Cyumweru, Harry Kane yahise ayobora abamaze gutsinda ibitego byinshi muri iki gikombe cy’Isi kuko afite bitanu, akurikiwe na Cristiano Ronaldo na Romelu Lukaku bombi bafite ibitego bine.

Ababanjemo ku mpande zombi:

U Bwongereza: Pickford, Walker, Stones, Maguire, Trippier (Rose, 70), Loftus-Cheek, Henderson, Lingard (Delph, 63), Young, Sterling, Kane (Vardy, 62).

Umutoza: Gareth Southgate

PANAMA: Penedo, Murillo, R Torres, Escobar, Davis, J Rodriguez, Godoy, Gomez, Cooper (Baloy 69), Barcenes (Arroyo 69), Perez.

Umutoza: Hernan Dario Gomez

Harry Kane yinjije ibitego bitatu mu mukino umwe ku nshuro ya mbere mu Gikombe cy’Isi

Harry Kane na Jesse Lingard bombi batsindiye ikipe y’igihugu y’u Bwoingereza

Lingard yatsinze igitego ku ishoti rikomeye yatereye inyuma y’urubuga rw’umunyezamu wa Panama

Haririmbwa indirimbo z’ibihugu mbere y’umukino

Jesse Lingard na Raheem Sterling bafite uburyo bwihariye bishimiramo igitego

2018-06-25
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo kubura umufasha we Celine Dion yabuze na musazawe

Nyuma yo kubura umufasha we Celine Dion yabuze na musazawe

Ubwanditsi 18 Jan 2016
Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo

Amavubi aratangira uregendo rwo gushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023 akina na Mozambique bakinire muri Afurika y’Epfo

Ubwanditsi 02 Jun 2022
Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Nyuma y’imyaka 6 adahamagarwa mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, rutahizamu wa Real Madrid Karim Benzema yisanze ku rutonde rw’abakinnyi 26 bitegura Euro 2020.

Ubwanditsi 19 May 2021
Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Premier League: Arsenal izatangirira shampiyona kuri Manchester City na Chelsea

Ubwanditsi 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Guverinoma yatangije ku mugaragaro ishyirwa ry’utugabanyamuvuduko mu modoka

Ubwanditsi 27 Sep 2016
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 
Amakuru

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025
Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu
HIRYA NO HINO

Uganda: uko bamwe mu bashinzwe umutekano bari inyuma y’icuruzwa ry’abana b’abakobwa mu bihugu by’abarabu

Ubwanditsi 07 Jul 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru