• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

Ubwanditsi 17 May 2021 IMIKINO

Kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gicurasi 2021 hakinwe imikino y’umunsi wa gatandatu aho hasozwaga itsinda rya C na D, amakipe arimo AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC yasohotse matsinda aho agomba guhatanira igikombe cya shampiyona cy’umwaka w’imikino wa 2020-2021.

Ni mu gihe ku rundi ruhande Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira umwanya wa 9 kugeza kuwa 16 ari naho hazavamo ikipe ebyiri zizamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Duhereye mu itsinda rya C, ikipe ya AS Kigali yaraye itsinzwe na Musanze FC ibitego bibiri kuri kimwe, uyu mukino wabereye kuri Sitade Mumena ikipe ya AS Kigali yari yakiriye uyu mukino yatsindiwe na Boubakar Lawar kuri Penaliti ubwo hari ku munota wa 36, ku ruhande rwa Musanze FC yo yatsindiwe na Samson Ikechukwu ku munota wa 23 naho ikindi gitsindwa na Niyitegeka Idrissa ku munota wa 70.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya Etincelles FC y’i Rubavu yari yakiriye ikipe ya Police FC kuri sitade Umuganda, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Ndayishimiye Antoine Domnique ku munota wa 9 naho Hassan Djibrim yishyurira ikipe ya Etincelles ku munota wa 59.

Muri iri tsinda ikipe ya AS Kigali yarisohotsemo iyoboye n’amanota 12 naho Police FC yo iza ku mwanya wa kabiri n’amanota 10, ibi bivuze ko aya makipe yombi ajya mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe cya 2020-2021, ni mu gihe ikipe ya Musanze FC yabaye iya gatatu n’amanota 9 naho Etincelles iba iya kane n’amanota ane, aya makipe yombi agomba guhatanira kwerekeza mu guhatanira kutamanuka mu cyiciro cya Kabiri.

Mu itsinda rya D, Ikipe ya Mukura VS yo yatsinzwe na Marines FC i Huye ibitego 2 kuri 1, ni ibitego byatsinzwe na Hakizimana na Mugenzi Bienvenu ku ruhande rwa Marines naho kuri Mukura itsindirwa na Munezero Dieudone, mu wundi mukino ikipe ya Espoir FC yo yanganyije na Sunrise FC igitego kimwe kuri kimwe, kuri Espoir yari iri murugo yatsindiwe na Akora naho Sunrise itsindirwa na Kizza.

Iri tsinda ryasojwe ikipe ya Marines FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 13, Espoir FC isoza ku mwanya wa kabiri n’amanota 10.
Aya makipe yombi akaba yahise akomeza mu cyiciro cyo guhatanira igikombe kizaba kigizwe n’amakipe umunani, naho ikipe ya Sunrise na Mukura yo agomba guhatanira kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Mu yindi mikino isoza amatsinda iri bukinwe kuri uyu wa mbere iteye gutya:

Gorilla FC vs APR FC
As Muhanga vs Bugesera FC
Gasogi United vs Rayon Sports
Kiyovu Sports vs Rutsiro

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Mukura VS yatomboye Al Hilal Club mu ijonjora rya gatatu rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 28 Dec 2018
Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Rayon Sports yahagurutse mu Rwanda yerekeza muri Libya guhatana na Al Hilal Benghazi mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup

Ubwanditsi 12 Sep 2023
Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Oct 2021
Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ramos yatangaje umukinnyi yifuza ko Real Madrid yasinyisha yikoma Ronaldo

Ubwanditsi 09 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma
HIRYA NO HINO

Davido wavuzweho gukururana n’abakobwa bo mu Rwanda ngo ntazi gucana inyuma

Ubwanditsi 12 Mar 2018
Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba
Amakuru

Abakivuga ko Paul Rusesabagina arengana barahomera iyonkeje, Bakubuswe n’inkuba ubwo yiyemereraga uruhare rwe mu gushing FLN, umutwe w’iterabwoba

Ubwanditsi 26 Sep 2020
I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.
INKURU NYAMUKURU

I Kabale, Museveni yagerageje kweza Kayumba, amugaragaza nk’umunyapolitiki wari ufite imyumvire itandukanye n’iy’ubuyobozi mu Rwanda.

Ubwanditsi 11 Mar 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru