• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC zamaze kugera mu makipe 8 asohotse mu matsinda,Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira kutamanuka

Ubwanditsi 17 May 2021 IMIKINO

Kuri iki cyumweru tariki ya 16 Gicurasi 2021 hakinwe imikino y’umunsi wa gatandatu aho hasozwaga itsinda rya C na D, amakipe arimo AS Kigali , Police FC , Marines FC na Espoir FC yasohotse matsinda aho agomba guhatanira igikombe cya shampiyona cy’umwaka w’imikino wa 2020-2021.

Ni mu gihe ku rundi ruhande Mukura VS, Sunrise FC, Musanze na Etincelles zigomba guhatanira umwanya wa 9 kugeza kuwa 16 ari naho hazavamo ikipe ebyiri zizamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Duhereye mu itsinda rya C, ikipe ya AS Kigali yaraye itsinzwe na Musanze FC ibitego bibiri kuri kimwe, uyu mukino wabereye kuri Sitade Mumena ikipe ya AS Kigali yari yakiriye uyu mukino yatsindiwe na Boubakar Lawar kuri Penaliti ubwo hari ku munota wa 36, ku ruhande rwa Musanze FC yo yatsindiwe na Samson Ikechukwu ku munota wa 23 naho ikindi gitsindwa na Niyitegeka Idrissa ku munota wa 70.

Muri iri tsinda kandi ikipe ya Etincelles FC y’i Rubavu yari yakiriye ikipe ya Police FC kuri sitade Umuganda, ni umukino warangiye amakipe yombi anganyije igitego kimwe kuri kimwe, ku ruhande rwa Police FC yatsindiwe na Ndayishimiye Antoine Domnique ku munota wa 9 naho Hassan Djibrim yishyurira ikipe ya Etincelles ku munota wa 59.

Muri iri tsinda ikipe ya AS Kigali yarisohotsemo iyoboye n’amanota 12 naho Police FC yo iza ku mwanya wa kabiri n’amanota 10, ibi bivuze ko aya makipe yombi ajya mu makipe 8 agomba guhatanira igikombe cya 2020-2021, ni mu gihe ikipe ya Musanze FC yabaye iya gatatu n’amanota 9 naho Etincelles iba iya kane n’amanota ane, aya makipe yombi agomba guhatanira kwerekeza mu guhatanira kutamanuka mu cyiciro cya Kabiri.

Mu itsinda rya D, Ikipe ya Mukura VS yo yatsinzwe na Marines FC i Huye ibitego 2 kuri 1, ni ibitego byatsinzwe na Hakizimana na Mugenzi Bienvenu ku ruhande rwa Marines naho kuri Mukura itsindirwa na Munezero Dieudone, mu wundi mukino ikipe ya Espoir FC yo yanganyije na Sunrise FC igitego kimwe kuri kimwe, kuri Espoir yari iri murugo yatsindiwe na Akora naho Sunrise itsindirwa na Kizza.

Iri tsinda ryasojwe ikipe ya Marines FC iri ku mwanya wa mbere n’amanota 13, Espoir FC isoza ku mwanya wa kabiri n’amanota 10.
Aya makipe yombi akaba yahise akomeza mu cyiciro cyo guhatanira igikombe kizaba kigizwe n’amakipe umunani, naho ikipe ya Sunrise na Mukura yo agomba guhatanira kutamanuka mu cyiciro cya kabiri.

Mu yindi mikino isoza amatsinda iri bukinwe kuri uyu wa mbere iteye gutya:

Gorilla FC vs APR FC
As Muhanga vs Bugesera FC
Gasogi United vs Rayon Sports
Kiyovu Sports vs Rutsiro

2021-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Iby’ingenzi kuri Djoliba AC igiye kwesurana na APR FC

Ubwanditsi 06 Mar 2018
U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

U Bubiligi bwatanze ubutumwa mu gikombe cy’Isi, u Bwongereza bwongera kubabaza Abanyafurika

Ubwanditsi 19 Jun 2018
APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026

Ubwanditsi 13 Aug 2025
U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka  ku Isi(FIA)

U Rwanda ruzakira inama y’inteko rusange ya 2024 y’impuzamashirahamwe y’umukino w’amamodoka ku Isi(FIA)

Ubwanditsi 09 Dec 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe  igitaraganya muri Rwandair
ITOHOZA

Impamvu : Umuyobozi muri Uganda yasohowe igitaraganya muri Rwandair

Ubwanditsi 27 Jun 2017
Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi
INKURU NYAMUKURU

Uko Umufaransa w’umucanshuro Bob Denard yakoranye na Guverinoma yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 02 Feb 2018
Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni arashinjwa gutunganya Zahabu yambuwe Abayahudi mbere y’uko bicwa muri Jenoside yabakorewe

Ubwanditsi 26 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru