• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yegukanye igikombe cya UEFA Nations League itsinze Esipanye ibitego 2-1

Ubwanditsi 11 Oct 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Mahanga

Mu mukino wa nyuma w’irushanwa rya UEFA Nations League wabaye kuri iki cyumweru ya 10 Ukwakira 2021, wabereye kuri sitade ya San Siro yo mu gihugu cy’u Butaliyani, ikipe y”igihugu y’u Bufaransa yegukanye iki gikombe itsinze ikipe y’igihugu ya Esipanye ibitego bibiri kuri kimwe harimo igitego cya Kylian Mbape.

Muri uyu mukino amakipe yombi yatangiye akina ahanahana ariko kugera imbere y’izamu bikagorana kugeza ubwo igice cya mbere cy’umukino cyarangiye ikipe ya Esipanye ndetse n’u Bufaransa zinganyije ubusa ku busa.

Bavuye kuruhuka, nibwo ikipe y’igihugu ya Esipanye yabonye igitego cyayo cya mbere cyabonetse gitsinzwe na Mikel Oyarzabal ubwo hari ku munota wa 64 ubwo hari ku mupira yari ahawe na kapiteni we na Sergio Busquets.

Ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yabonye igitego cyo kwishyura nyuma y’iminota ibiri gusa hatsinzwe igitego cya Esipanye, ni igitego cyatsinzwe na Karim Benzema ubwo hari ku mupira yari ahawe na Kylian Mbappe Lotin.

Igitego cy’intsinzi cyatsinzwe na Mbappe ubwo hari ku munota wa 80 w’umukino habura iminota 10 ngo umukino urangire, hari ku mupira yari ahawe na myugariro Theo Hernandez bityo iki gitego gituma iyi kipe y’u Bufaransa yegukana iki gikombe cyari gikinwe ku ncuro ya kabiri.

Muri uyu mukino rutahizamu w’u Bufaransa Karim Benzema niwe watowe nk’umukinnyi witwaye neza kuri uyu mukino wa nyuma, naho Sergio Busquets ukomoka mu gihugu cya Esipanye yatowe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa ryose.

Usibye uyu mukino wa nyuma waraye ubaye, ikipe y’igihugu y’u Butaliyani yegukanye uyu mwanya nyuma yo gutsinda ikipe y’igihugu y’u Bubiligi ibitego bibiri ku kimwe, ku ruhande rw’u Butaliyani yatsindiwe na Nicolo Barella ndetse na Domenico Berardi, ku ruhande rw’u Bubiligi yo yatsindiwe na Charles De Ketelaere.

Gutwara igikombe cya UEFA Nations League ku ikipe y’igihugu y’u Bufaransa byatumye yuzuza igikombe cya gatanu mpuzamahanga, harimo igikombe cy’isi cya 1998 na 2018, Euro 2000 na 1984 ndetse na UEFA Nations League ya 2021.

2021-10-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane

APR Fc yabonye amanota atatu i Rubavu mu mukino w’ikirarane

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

Ingabo z’u Burundi n’Ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC bakomeje kwibasira Minembwe ya Kongo

RUSHYASHYA 16 Feb 2026
Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Rio:Usain Bolt ashobora gufungwa azira kuryamana nakana kagakobwa

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha  no kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Huye: Abamotari bakanguriwe kurwanya ibyaha no kubungabunga umutekano wo mu muhanda

Ubwanditsi 07 Oct 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize
Amakuru

Umukinnyi wa AS Kigali Kalisa Rachid wamaze kubagwa, azamara amezi abiri adakina umupira w’amaguru kubera imvune yagize

Ubwanditsi 29 Oct 2021
Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda
Amakuru

Denis Kagiraneza wahoze mu batavuga rumwe na Leta yavuze inzira ibigarasha bikoresha mu gushaka gusenya u Rwanda

Ubwanditsi 29 Apr 2024
Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi
Mu Rwanda

Gatsibo: Abacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko bari mu maboko ya Polisi

Ubwanditsi 22 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru