• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020

U Rwanda rwisanze mu itsinda rya Uganda na Maroc muri CHAN 2020

Editorial 18 Feb 2020 IMIKINO

Tombola y’uburyo amakipe azahura muri Shampiyona Nyafurika ihuza amakipe y’ibihugu y’abakinnyi bakina imbere muri za Shampiyona zabo (CHAN 2020) izabera muri Cameroun, yasize u Rwanda ruri mu itsinda C hamwe na Maroc, Uganda na Togo.

Ni tombola yabaye kuri uyu wa Mbere mu Ngoro y’Imikino yose iri mu Mujyi wa Yaoundé muri Cameroun, iyoborwa na Samson Adamu ushinzwe Amarushanwa mu Mpuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika, CAF, ari kumwe n’abanyabigwi b’Abanya-Cameroun; Stephen Tataw na Salomon Olembé.

Ikipe y’u Rwanda yatangiye kwitegura iri rushanwa kuri uyu wa Mbere, yatomboye Maroc, Uganda na Togo mu itsinda C. Ni ku nshuro ya mbere izaba ihuye na Uganda na Togo muri iri rushanwa mu gihe Maroc yo byari kumwe mu itsinda rya CHAN 2016, igatsindira Amavubi kuri Stade Amahoro ibitego 4-1.

Maroc ni yo yegukanye irushanwa riheruka ubwo yari yaryakiriye mu 2018 mu gihe Togo ari ku nshuro ya mbere igiye gukina CHAN ihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo.

U Rwanda rwakiriye CHAN 2016, rugiye gukina iri rushanwa rihuza abakinnyi bakina imbere muri za shampiyona zabo ku nshuro ya gatatu yikurikiranya n’iya kane muri rusange nyuma yo kwitabira CHAN 2011 yabereye muri Sudani.

Inshuro ebyiri gusa (2009 na 2014) ni zo u Rwanda rutitabiriyemo iri rushanwa.

Mu nshuro eshatu Amavubi amaze gukina iri rushanwa, inshuro imwe nibwo yarenze amatsinda, asezererwa na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ku bitego 2-1 muri ¼ cya CHAN 2016 yabereye mu Rwanda.

Mu kwitegura irushanwa ry’uyu mwaka, u Rwanda ruzakina imikino ibiri ya gicuti na Cameroun (tariki ya 24 Gashyantare) na Congo Brazzaville (tariki ya 28 Gashyantare).

CHAN 2020 izabera muri Cameroun guhera tariki ya 4 kugeza ku ya 25 Mata, ku bibuga bine biri mu Mijyi itatu, irimo Umurwa Mukuru wa Yaoundé, Umujyi w’Ubucuruzi wa Douala n’uwa Limbe.

Uko amakipe agabanyije mu matsinda:

Itsinda A: Cameroun, Mali, Burkina Faso na Zimbabwe

Itsinda B: Libye, DR Congo, Congo na Niger.

Itsinda C: Maroc, u Rwanda, Uganda na Togo.

Itsinda D: Zambia, Guinée, Namibia na Tanzania.

Tombola ya CHAN yabereye mu Mujyi wa Yaoundé muri Cameroun

Uko amakipe yatomboranye muri CHAN

2020-02-18
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Ikipe ya Rayon Sports yafashe rutemikirere yerekeza muri Afurika y’Epfo

Editorial 17 Mar 2018
Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Nyuma y’iminsi 35 ikipe ya APR FC itakaje umwanya wa mbere, yongeye kuwisubiza itsinze Bugesera FC 1-0

Editorial 18 Apr 2022
Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Volleyball : Amatora ya FRVB asize Abayobozi babiri batawe muri yombi bazira gutanga ruswa

Editorial 11 Feb 2017
Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Mamadou Sy na Dauda Youssef bari bahagaritswe na APR FC, bababariwe basubizwa mu kazi

Editorial 31 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA
Amakuru

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Editorial 23 Sep 2024
CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho
Mu Rwanda

CNLG yashimye intambwe yatewe na Papa Francis mu mbabazi yasabye zikirimo icyuho

Editorial 21 Mar 2017
Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda
Amakuru

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Editorial 28 May 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru