• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha burakomeje mu mashuri

Editorial 04 Mar 2016 Mu Mahanga

​Polisi y’Igihugu yakomeje ubukangurambaga bwo guhashya ibyaha mu bigo by’amashuri mu turere twa Nyagatare, Gatsibo ndetse na Ngororero.

Ubu bukangurambaga bugamije gukangurira urubyiruko kugira uruhare mu gutangira amakuru ku gihe no gukumira ibyaha bitaraba ngo bategure ejo hazaza habo heza.

Mu Karere ka Nyagatare Polisi yigishije abanyeshuri 427 biga muri Bright Academy ndetse n’abarimu babo 2.Aba banyeshuri basabwe kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko ndetse no kurwanya ihohoterwa aho riva rikagera.

Inspector of Police (IP) Jean Claude Kaburabuza ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya no gukumira ibyaha, niyo mpamvu tubakangurira kuba abafatanyabikorwa ba Polisi mutangira amakuru ku gihe ndetse munakumira ibyaha igihe bitaraba”.

IP Kaburabuza yari aherekejwe n’ushinzwe umutekano wo mu muhanda Inspector of Police (IP) Jean Claude Ndamage nawe wasabye abanyeshuri kwirinda impanuka bubahiriza amategeko y’umuhanda, birinda gukinira mu nzira nyabagendwa no kubanza gushishoza mbere yo kwambukiranya imihanda.

Aba banyeshuri basoza banashinze ihuriro rishinzwe gukumira no kurwanya ibyaha (Anti-crime club), aho bashyizeho Innocent Zawadi nk’umukuru w’iri huriro.

Mu Karere ka Gatsibo Polisi yahuye n’abanyeshuri 481 bo mu ishuri ry’isumbuye rya Gasange baganira ku ngamba zafatwa mu gukumira ibiyobyabwenge.

Aha Inspector of Police (IP) Roger Rwakayiro ushinzwe imikoranire ya Polisi y’u Rwanda n’izindi nzego hagamijwe ubufatanye mu kwicungira umutekano muri aka karere yagize ati” tugomba kurwanya no gukumira ibiyobyabwenge kuko aribyo bikurura ibindi byaha harimo nk’ubujura, ubwicanyi, ihohotera ndetse n’ubujura.

IP Rwakayiro yongeyeho kandi ko ibiyobyabwenge ari ntandaro ituma abakobwa bakiri bato batwara inda z’indaro, abasaba kwirinda kubikoresha ahubwo bakagaragaza ababigurisha bakanatungira Polisi agatoki k’aho bikorerwa.

Ubu butumwa kandi bwahawe n’abanyeshuri biga mu rwunge rw’amahuri i Mahembe aho Senior Superintendent of Police (SSP) Marc Gasangwa, Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ngororero yaganiriye n’abanyeshuri 435 abereka uruhare rwabo mu bufatanye na Polisi y’Igihugu mu guhashya ibyaha anabereka ingaruka mbi zo gukoresha ibiyobyabwenge.

Aba banyeshuri kandi baganirirjwe ku birebana n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ndetse banabwirwa ku birebana n’imikorere y’ikigo Isange One Stop Center gishinzwe gutanga ubufasha ku barikorewe.

RNP

2016-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yegukanye  igihembo mu guharanira iterambere  k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Perezida Kagame yegukanye igihembo mu guharanira iterambere k’Ubumenyi n’Ikoranabuhanga

Editorial 14 Nov 2016
Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Kicukiro: Abagabo babiri bafashwe bagerageza guha umupolisi ruswa

Editorial 25 Jan 2016
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Editorial 17 Sep 2021
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Editorial 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.
Amakuru

Nyuma y’aho Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, atangarije ko yakiriye umuryango w’umugizi wa nabi Paul Rusesabagina, abantu bakomeje kumubaza igihe azakirira abo Rusesabagina yagize imfubyi.

Editorial 15 Jun 2021
Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki
INKURU NYAMUKURU

Urubanza rwa Kizito Mihigo mu bujurire rwahawe itariki

Editorial 18 Apr 2018
Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera
Amakuru

Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Editorial 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru