• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Maj. Dr Rugombwa ushinjwa kwica, yateye utwatsi ubuhamya bw’umugore we

Ubwanditsi 06 Jun 2017 ITOHOZA

Urukiko rw’ibanze rwa gisirikare rwa Nyamirambo rwakomeje kuburanisha urubanza Maj. Dr Rugomwa Aimable aregwamo kwica barushimana Théogène, humvwa abatangabuhamya barimo umugore we wivugiye ko yabujije umugabo we kwica akabyanga.

Muri uru rubanza rwitabiriwe n’abantu benshi cyane kuva rwatangira, Maj. Rugomwa yagaragaye mu rukiko ari kumwe n’abunganizi babiri.

Ubushinjacyaha bwatangiye bubaza Maj. Rugomwa niba ibiri mu nyandiko y’ibazwa rya Uwase Scovia, umugore we, abyemera byose.

Maj. Rugomwa yavuze ko iyi nyandiko atayemera yose kuko umugore we yayikoreshejwe mu buryo budakurikije amategeko nta mwunganizi afite wamugira inama, bityo akaba atakirengera ibyayivuzwemo byose kuko abayimukoresheje muri ubu buryo wasanga bari bafite icyo bagamije.

Me Ngabonziza wunganira Maj. Rugomwa, yavuze ko Uwase atigeze agera aho barwaniye, akaba ashobora kuba yariyitiriye ibyabaye. Yagize “Ibyo scovia yavugaga bimwe yarabyiyitiriye, ntabyo yabonye ako kanya kuko atari aho barwaniye.”

Maj. Rugomwa yongeye kubazwa uko yabonye abajura avuga ko yababonye ari mu rugo rwe bambaye imipira y’umukara n’ingofero, akabasha gufata Mbarushimana warimo gufungura ipine y’imodoka yicaye.

Nyuma y’ibibazo by’ubushinjacyaha, bwasabye urukiko niba bishoboka ko umuntu yafungura ipine y’imodoka yicaye nta nijeke yateye.

Bwagarutse ku nyandiko y’umukozi n’umugore wa Maj. Rugomwa bavuze ko bamuhamagaye babonye abajura, we akavuga ko baje ari mu modoka, bityo bikaba ari ibintu bigaragaza kwivuguruza.

Maj. Rugomwa wakunze kwihanizwa cyane n’inteko iburanisha kubera ibisubizo bidakurikije amahame y’iburanisha yahaga ubushinjacyaha, abamwunganira bavuze ko kuba hari ukunyuranya mu byavuzwe mu ibazwa, ari uko atabyibuka kuko amaze amezi icyenda afunze.

Ni igitekerezo umucamanza yavuze ko nubwo atabisubiramo byose uko byagenze, atananirwa kugaragaza ishusho y’ibikubiye muri dosiye ye kuko yabonye umwanya wo kuyisoma.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko yari afite umugambi wo kwica kuko yabibujijwe n’umugore we, akaba yarakubise mu cyico.

Humviswe umutangabuhamya wa mbere w’ubushinjacyaha, Harerimana Charles, umwe mu bahamagawe n’umuyobozi w’umudugudu wari aho Maj. Rugomwa yakoreye icyaha akurikiranyweho. Yavuze ko basanze Mbarushimana asa n’uwapfuye bagatangira gushaka ubutabazi Maj. Rugomwa akavuga ko yabyirangirije ntacyo baramira.

Yagize ati “Namusanze mu kidendezi cy’amaraso aryamye arimo gusamba.”

-6820.jpg

Maj. Dr Rugomwa Aimable mu rukiko

2017-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

I Rubaya na Ngungu, isosi y’Abarundi yaguyemo inshishi.

Ubwanditsi 02 May 2024
Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Amerika yohereje indege kabuhariwe mu gusuka ibisasu hafi n’umupaka wa Koreya ya Ruguru

Ubwanditsi 24 Sep 2017
Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Iryavuzwe riratashye :Uganda ibaye indiri y’abanzi b’u Rwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2017
Perezida  KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Perezida KIM JONG UN amaze kumena amaraso y’abantu benshi

Ubwanditsi 31 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo
Amakuru

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024
Nyabihu: Abamotari basabwe  kuba mu bashinzwe  gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza
Mu Mahanga

Nyabihu: Abamotari basabwe kuba mu bashinzwe gukumira ibyaha hagamijwe impinduka nziza

Ubwanditsi 28 Jan 2016
Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda
Amakuru

Ibyo Museveni na Nyamwasa bita umuvuno, bizakomeza kubaviramo umuvumo, Ubu noneho barategura kohereza abamamazamatwara yabo imbere mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Sep 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru