• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Ubuyapani bwatanze miliyoni 135Frw zo kunganira ibigo bibiri by’amashuri

Editorial 13 Mar 2019 POLITIKI

Ibigo byahawe iyo nkunga ni Collège de Bethel (APARUDE) ryo mu Ruhango na Samaritan International School ryo mu karere ka Nyagatare akazabifasha kongera inyubako zinyuranye byari bikeneye.

Ikigo cya Collège de Bethel cyigisha imyuga, cyahawe asaga miliyoni 74Frw ngo akazagifasha kubaka inzu y’uburyamo bw’abakobwa bagera kuri 600 biga muri icyo kigo kuko ngo ntaho bari bafite hahagije, na ho ikigo kindi gihabwa asaga miliyoni 61Frw kizubakisha ibyumba by’amashuri bitatu, icyo kwigishirizamo ikoranabuhanga n’ibindi.

Umuyobozi w’Inama y’ubutegetsi ya Collège Bethel wasinye ku masezerano y’iyo nkunga, Jean Marie Nkurunziza, yavuze ko yari ikenewe kuko abakobwa batagiraga aho barara bose.

Ati “Dufite abanyeshuri barenga 1200 barimo abakobwa 600, ariko abakobwa bose ntitwabashaga kubacumbikira ku buryo hari abo twakodesherezaga hanze. Iyi nkunga rero ije gukemura icyo kibazo bikazanatuma twongera umubare w’abakobwa biga imyuga nk’uko na Leta ibishyigikiye”.

Uretse inyubako, iyo nkunga izanadufasha kugura ibitanda 200 byo kuyishyiramo ndetse n’ibindi bikoresho by’abashinzwe abakobwa, iyo mirimo yose ngo ikazaba yarangiye mu mezi atandatu.

Umuyobozi w’ishuri rya Samaritan International School riherereye mu murenge wa Karangazi, Kabasinga Fatier, avuga ko yishimiye iyo nkunga kuko ibyumba by’amashuri byari bikenewe.

JPEG - 278.3 kb
Amb Takayuki Miyashita ahererekanya ayo masezerano na Mme Kabasinga

Ati “Twari dufite ibyumba bitandatu byonyine kandi tugomba kugira icyenda kugira ngo abana bige kuva mu kiburamwaka. Ikindi nta cyumba cy’ikoranabuhanga twari dufite kandi abana baba bagomba kuryiga nk’uko biri muri gahunda ya Leta, turashimira cyane Ubuyapani kuko busanzwe budufasha”.

Iyo nkunga kandi ngo izafasha iryo shuri kubaka inzu mberabyombi (salle polyvalente), ubwiherero ndetse no kugura ibigega byo kubika amazi bibiri.

Ambasaderi w’Ubuyapani mu Rwanda, Takayuki Miyashita wasinyanye amasezerano y’iyo nkunga n’abayihawe, yavuze ko igihugu cye gikorana neza n’u Rwanda kandi ko iyo mikoranire izakomeza.

Ati “Dushyigikira u Rwanda mu mishinga rwihitiyemo, ntabwo dutegeka ibyo duteramo inkunga, ubwo ni bwo buryo dukorana n’u Rwanda kandi tuzabikomeza, igikuru ni uko bigirira akamaro abaturage. Nishimiye iyo mikoranire kandi nizeye ko abaturage bafata neza ibyo bagezwaho”.

Mu myaka 21 ishize, Ubuyapani bwateye inkunga imishinga 95 mu rwego rw’uburezi, amazi, isuku n’isukura ndetse no mu buhinzi.

2019-03-13
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Uganda: Maj. Gen (Rtd) Mugisha Muntu yasezeye mu ishyaka FDC

Editorial 26 Sep 2018
Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi

Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia yahawe igihembo cya Nobel 2019 gihabwa uwaharaniye amahoro ku isi

Editorial 11 Oct 2019
Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Uganda : Bombori bombori mu kazu k’abahima bayoboye Uganda, Lt Gen Tumukunde yafashwe n’ingabo zihuriweho na Polisi n’ingabo ziki gihugu

Editorial 12 Mar 2020
Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Cyril Ramaphosa yatowe nk’umusimbura wa Zuma

Editorial 15 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa
SHOWBIZ

Byari ibyishimo bisendereye ku bitabiriye igitaramo cya Kayirebwa

Editorial 23 Dec 2017
Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo
INKURU NYAMUKURU

Umusirikare w’u Burundi yafatiwe mpiri muri Congo

Editorial 06 Nov 2018
Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere
HIRYA NO HINO

Umunyarwanda yajugunwe ku Mupaka wa Cyanika yagizwe intere

Editorial 01 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru